Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi mu Rwanda bakiranye ubwuzu ab’i Burundi bagenzwa n’ingingo ikomeye

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi mu Rwanda bakiranye ubwuzu ab’i Burundi bagenzwa n’ingingo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi baturutse mu Burundi, baje mu Rwanda mu bukangurambaga bwo gushishikariza impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, gutahuka mu Gihugu cyababyaye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, aho izi ntumwa ziyobowe n’umwe mu bayobozi ku rwego rwo hejuru mu Gihugu cy’u Burundi, zageraga mu Rwanda zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Izi ntuma z’abayobozi ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu cy’u Burundi, zakiriwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel ndetse n’uw’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi.

Abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda, bahaye ikaze bagenzi babo bo mu Burundi, babakiranye ubwuzu, babaramutsa mu Kinyarwanda n’Ikirundi, indimi zombi zijya gusa.

Biteganyijwe ko aba bayobozi baturutse i Burundi baherekejwe n’abo mu Rwanda, berecyeza mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, kuganiriza impunzi z’Abarundi, bazishishikariza gutahuka mu Gihugu cyababyaye.

Mu Rwanda habarwa impunzi z’abarundi zisaga ibihumbi 50, zahunze u Burundi, mu 2015 ubwo muri iki Gihugu hari imvururu zazamutse nyuma yuko mu Burundi hari hageragejwe ihirikwa ry’ubutegetsi bw’uwari Perezida w’iki Gihugu, Pierre Nkurunziza wamaze kwitaba Imana.

Ibi byanazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi bwashinjaga u Rwanda kwakira abasize bagerageje ririya hirika ry’ubutegetsi ndetse rukabakingira ikibaba, ariko u Rwanda rukabihakana na rwo rugashinja iki Gihugu cy’igituranyi gushyigikira imwe mu mitwe ihungabanya u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse kugirana na France 24 na Radio Mpuzamhanga y’Abafaransa (RFI), mu kwezi gushize k’Ugushyingo 2022, yavuze ko “kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda, n’ibibazo bigisigaye, bizakemurwa hifashishijwe inzira z’ibiganiro, kandi turacyari kuvugana.”

Perezida Ndayishimiye yanagarutse ku bakekwaho kugerageza ririya hirika ry’ubutegetsi, bari mu Rwanda, avuga ko hakiri kuganirwa uburyo bakoherezwa mu Burundi bagacirwa imanza.

Babahaye ikaze

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Umusirikare mukuru muri FARDC woherejwe kurwanya M23 yapfuye urupfu rubi

Next Post

Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.