Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi mu Rwanda bakiranye ubwuzu ab’i Burundi bagenzwa n’ingingo ikomeye

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi mu Rwanda bakiranye ubwuzu ab’i Burundi bagenzwa n’ingingo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi baturutse mu Burundi, baje mu Rwanda mu bukangurambaga bwo gushishikariza impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, gutahuka mu Gihugu cyababyaye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, aho izi ntumwa ziyobowe n’umwe mu bayobozi ku rwego rwo hejuru mu Gihugu cy’u Burundi, zageraga mu Rwanda zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Izi ntuma z’abayobozi ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu cy’u Burundi, zakiriwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel ndetse n’uw’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi.

Abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda, bahaye ikaze bagenzi babo bo mu Burundi, babakiranye ubwuzu, babaramutsa mu Kinyarwanda n’Ikirundi, indimi zombi zijya gusa.

Biteganyijwe ko aba bayobozi baturutse i Burundi baherekejwe n’abo mu Rwanda, berecyeza mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, kuganiriza impunzi z’Abarundi, bazishishikariza gutahuka mu Gihugu cyababyaye.

Mu Rwanda habarwa impunzi z’abarundi zisaga ibihumbi 50, zahunze u Burundi, mu 2015 ubwo muri iki Gihugu hari imvururu zazamutse nyuma yuko mu Burundi hari hageragejwe ihirikwa ry’ubutegetsi bw’uwari Perezida w’iki Gihugu, Pierre Nkurunziza wamaze kwitaba Imana.

Ibi byanazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi bwashinjaga u Rwanda kwakira abasize bagerageje ririya hirika ry’ubutegetsi ndetse rukabakingira ikibaba, ariko u Rwanda rukabihakana na rwo rugashinja iki Gihugu cy’igituranyi gushyigikira imwe mu mitwe ihungabanya u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse kugirana na France 24 na Radio Mpuzamhanga y’Abafaransa (RFI), mu kwezi gushize k’Ugushyingo 2022, yavuze ko “kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda, n’ibibazo bigisigaye, bizakemurwa hifashishijwe inzira z’ibiganiro, kandi turacyari kuvugana.”

Perezida Ndayishimiye yanagarutse ku bakekwaho kugerageza ririya hirika ry’ubutegetsi, bari mu Rwanda, avuga ko hakiri kuganirwa uburyo bakoherezwa mu Burundi bagacirwa imanza.

Babahaye ikaze

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Umusirikare mukuru muri FARDC woherejwe kurwanya M23 yapfuye urupfu rubi

Next Post

Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.