Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi umugabo ukekwaho gukorera umuturanyi we ubugome bamuvuzeho amakuru

radiotv10by radiotv10
05/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abazi umugabo ukekwaho gukorera umuturanyi we ubugome bamuvuzeho amakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, hatawe muri yombi umugabo ukekwaho kwirara mu rutoki rw’umuturanyi we agatemamo insina nyinshi, akangiza n’ibitoki byeze, aho abamuzi bavuga ko asanzwe arangwa no kutabanira neza abandi.

Uyu mugabo w’imyaka 32 utuye mu Mudugudu wa Nyenyeri mu Kagari ka Bunyoma mu Murenge wa Karama, yatawe muri yombi ku wa Kabiri tariki 03 Kamena 2025 nyuma yuko muri aka gace hagaragaye ubugome bwakorewe umuturanyi we watemewe intsina 36.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Intyoza.com, avuga ko uyu watawe muri yombi, asanzwe afitanye amakimbirane n’uwo akekwaho gukorera ubu bugome, ashingiye ku kutumvikana ku mbibi z’ubutaka bwabo.

Ubwo ubu bugome bwagaragaraga, abatuye muri aka gace basanze insina 36 z’uyu wabukorewe zatemwe ndetse zirimo n’izifite ibitoki byari bigejeje igihe cyo gusarurwa, ku buryo bemeza ko byakorewe ubugome, kuko uwabitemye atigeze anabijyana wenda bavuge ko byaba ari ubujura, ahubwo ko yabyangije ubundi akigendera.

Nyuma yuko ibi bigaragaye, Inzego zahise zitangira igikorwa cyo gushakisha ukekwaho kubikora, zita muri yombi uyu mugabo w’imyaka 32 ubu ufungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Kayenzi.

Abaturanyi b’uyu ukekwaho guhemukira mugenzi we, bavuga ko asanzwe arangwa n’imyitwarire itanoze, ndetse ko umugore we n’abana be bamuhunze kuko bahoraga mu ntonganya zabaga zazamuwe n’uyu mugabo.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye wavuze ko yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hatangire gukorwa iperereza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yaboneyeho kuburira abishora mu bikorwa nk’ibi bigize ibyaha, kubireka kuko uru rwego rutazihanganira abakora ibyaha bibangamira abandi.

Ukekwaho ubu bugome ubu ari mu maboko ya RIB
Bimwe mu bitoki yarabyangije asiga bihagaze
Ibindi abitemera hasi arabicoca
Izindi nsina yaratemye arambika hasi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 20 =

Previous Post

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Next Post

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.