Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abazi umugabo ukekwaho gukorera umuturanyi we ubugome bamuvuzeho amakuru

radiotv10by radiotv10
05/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abazi umugabo ukekwaho gukorera umuturanyi we ubugome bamuvuzeho amakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, hatawe muri yombi umugabo ukekwaho kwirara mu rutoki rw’umuturanyi we agatemamo insina nyinshi, akangiza n’ibitoki byeze, aho abamuzi bavuga ko asanzwe arangwa no kutabanira neza abandi.

Uyu mugabo w’imyaka 32 utuye mu Mudugudu wa Nyenyeri mu Kagari ka Bunyoma mu Murenge wa Karama, yatawe muri yombi ku wa Kabiri tariki 03 Kamena 2025 nyuma yuko muri aka gace hagaragaye ubugome bwakorewe umuturanyi we watemewe intsina 36.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Intyoza.com, avuga ko uyu watawe muri yombi, asanzwe afitanye amakimbirane n’uwo akekwaho gukorera ubu bugome, ashingiye ku kutumvikana ku mbibi z’ubutaka bwabo.

Ubwo ubu bugome bwagaragaraga, abatuye muri aka gace basanze insina 36 z’uyu wabukorewe zatemwe ndetse zirimo n’izifite ibitoki byari bigejeje igihe cyo gusarurwa, ku buryo bemeza ko byakorewe ubugome, kuko uwabitemye atigeze anabijyana wenda bavuge ko byaba ari ubujura, ahubwo ko yabyangije ubundi akigendera.

Nyuma yuko ibi bigaragaye, Inzego zahise zitangira igikorwa cyo gushakisha ukekwaho kubikora, zita muri yombi uyu mugabo w’imyaka 32 ubu ufungiye kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Kayenzi.

Abaturanyi b’uyu ukekwaho guhemukira mugenzi we, bavuga ko asanzwe arangwa n’imyitwarire itanoze, ndetse ko umugore we n’abana be bamuhunze kuko bahoraga mu ntonganya zabaga zazamuwe n’uyu mugabo.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye wavuze ko yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hatangire gukorwa iperereza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yaboneyeho kuburira abishora mu bikorwa nk’ibi bigize ibyaha, kubireka kuko uru rwego rutazihanganira abakora ibyaha bibangamira abandi.

Ukekwaho ubu bugome ubu ari mu maboko ya RIB
Bimwe mu bitoki yarabyangije asiga bihagaze
Ibindi abitemera hasi arabicoca
Izindi nsina yaratemye arambika hasi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Next Post

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.