Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
30/08/2022
in MU RWANDA
0
Ab’i Gatore basuye Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside batahana ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Muganza mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, basuye Ingoro y’Amateka yo Guhagarika Jenoside, bataha biyemeje guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba baturage bari mu ngeri zinyuranye barimo urubyiriko n’abakuze, bavuga ko bari bafite inyota yo kumenya byimbitse amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora Igihugu, rwabaye umusingi wo kuzura u Rwanda rwari rwarazahajwe n’imiyoborere mibi.

Umwe yagize ati “Twishimiye uburyo twabonye uru rugamba rwagenze, n’uburyo babohoye u Rwanda kandi ababigizemo uruhare tukaba tubashimira.”

Umwe mu rubyiruko waje muri uru ruzinduko, avuga ko amateka yaranze u Rwanda basanzwe bayasoma mu bitabo, bakaba bishimiye gusura iyi Ngoro igaragaza inzira y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Yagize ati “Nungutse byinshi nk’Umunyarwanda kuko amateka yaranze Igihugu byumwihariko Jenoside Yakorewe Abatutsi, tubisoma mu bitabo ariko dukeneye no kumenya amateka byimbitse, nkimara kugera aha rero nungutse byinshi.”

Uwera Sandrine umwe mu bagize Njyanama y’Akarere ka Kirehe na we uri mu basuye iyi Ngoro, avuga ko nk’urubyiruko rwiboneye ishusho y’urugamba rwo guhagarika Jenoside, batahanye ingamba zikomeye.

Ati “Biradufasha guhangana n’abapfobya Jenoside kuko tuzajya turushaho kubasobanurira ibintu nkuko twabibonye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatore, Oswald Ntagwabira avuga ko uru rugendo rwateguwe nyuma yuko byifujwe n’abaturage ubwabo.

Ati “Harimo urubyiruko, harimo abasheshakanguhe, ababyeyi, bose bifuza kuza kugira ngo aya mateka bayamenye bajye babasha kuyaganiriza abaturage cyane cyane ko harimo n’abahagarariye Inzego z’Umudugudu.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko biboneye ko mu rugamba rwo guhagarika Jenoside no kubohora u Rwanda, hari abemeye kumena amaraso yabo, bityo ko biyemeje kongera ingufu mu gusigasira ibyagezweho kugira ngo imbaraga bakoresheje zikomeze guhabwa agaciro.

Aba baturage kandi bavuye ku Ngoro y’amateka yo guhagarika Jenoside, berecyeza mu Murenge wa Kanombe ahatuye bamwe mu basirikare bamugariye ku rugamba, babashyikiriza inkunga babageneye.

Basobanuriwe byinshi ku rugamba rwo guhagarika Jenoside no kuboha Igihugu

Batahanye ingamba

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Kenya: Urw’Ikirenga rwateye utwatsi ikirego cya Ruto watsinze amatora ya Perezida

Next Post

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Raila Odinga utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yahawe amahirwe ku byo yaregeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.