Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

radiotv10by radiotv10
14/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi minsi, cyane cyane nyuma yo gutangizwa kwa ligne nshya ya Nyanza-Bugesera-Kigali.

Ibi bituma ibinyabiziga byinshi biparika mu muhanda no mu bice bitemewe, ibintu abagenzi, abamotari ndetse n’abashoferi bavuga ko bishobora guteza impanuka ndetse no gukurura akajagari mu mujyi.

Abamotari bavuga ko na bo babura aho bahagarara, bigatuma bamwe bandikirwa n’inzego z’umutekano.

Hategekimana Jean Marie Vianney ati “Imodoka ndetse na moto ni nyinshi cyane ugereranyije n’ubutaka gare ifite. Hari igihe usanga moto ziri ku muhanda hagati cyangwa ku modoka z’abagenzi. Abapolisi na bo batwandikira kenshi kuko tubura aho guparika.”

Uretse kuba batabona aho guparika, ngo usanga no kugira ngo imodoka zibone uko zisohoka cyangwa zinjira muri gare biba bitoroshye.

Mbarubukeye Eric ati “Tugera hano mu gare ya Nyanza, ugasanga imodoka nyinshi bitewe na ligne nshya yiyongereyemo kandi na mbere iyi gare yari nto kandi inashaje. Hari n’igihe duparika ku muhanda bikadutera impungenge z’uko haba impanuka. Byaba byiza gare bayiguye cyangwa bakubaka indi ifite aho guparika hahagije.”

Kajyambere Patrick, uyobora Akarere ka Nyanza by’agateganyo, yemeza ko hari gahunda yo gukemura iki kibazo mu gihe cya vuba.

Ati “Bitarenze umwaka utaha, iyi gare izaba yatangiye kubakwa. Bimwe mu byaburaga ngo itangire kubakwa byarabonetse.”

Uretse iyi gare ya Nyanza iteganywa kubakwa, uyu muyobozi avuga ko hari n’ibindi bikorwa biteganywa kubakwa umwaka utaha birimo isoko rya Nyanza, na ryo risanzwe rishaje kandi rikaba rito ugereranyije n’abarikoreramo.

Bavuga ko Gare yababanye nto
Basaba ko yasanwa cyangwa ikagurwa

Ibi biterwa n’umuhanda mushya baherutse kunguka

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 4 =

Previous Post

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Related Posts

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

by radiotv10
14/11/2025
0

In Kigali today, a quiet revolution is happening, one that involves fruits, protein bars, and blender sounds. The city’s youth...

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

IZIHERUKA

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo
IMIBEREHO MYIZA

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

14/11/2025
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

13/11/2025
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.