Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora asaba abifuza kwinjira mu bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu by’umwihariko abashaka kuziyamamaza nk’abakandida bigenga, ko bari bakwiye kujya babanza kumva uburemere bw’izi nshingano, atari ukubyuka mu gitondo, umuntu avuge ngo “ndashaka kuba Perezida.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, cyagarukaga ku gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga, agiye kuba ku nshuro ya mbere yarahujwe n’ay’Abadepite.

Iki kiganiro kibaye nyuma y’amasaha macye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yibukije ko igikorwa cyo kwakira Kandidatire z’abifuza kuzahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, kizatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yanatangaje ko abagaragaje ubushake bwo kuzahatana ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu nk’abakandida bigenga, ari abantu umunani (8), mu gihe abagaraga ko bifuza kuzahana mu myanya y’Abadepite, ari abantu 41.

Iki gikorwa cyo kwakira kandidatire kigiye kuba nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ihaye inyandiko abifuza kuzahatana nk’abakandida bigenga, zo kujya gusinyisha abashyigikiye kandidatire zabo.

Itegeko riteganya ko hakenerwa imikono 600, kuri aba bifuza guhatana nk’abakandida bigenga, yaba ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ndetse n’imyanya y’Abadepite.

Bamwe mu bifuza guhatana muri ubu buryo ndetse n’ababigerageje mu bihe byatambutse, bakunze kuvuga ko iyi mikono 600 isabwa aho nibura muri buri Karere haboneka 12, ari myinshi.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa avuga ko abinubira ko iyi mibare ari myinshi, bakwiye kubanza kwiheraho bakisuzuma, bakareba koko niba baba babikwiye.

Ati “Urashaka kuba Perezida wa Repubulika. Perezida w’Igihugu cyose cya miliyoni cumi n’eshatu zirenga. Mbere y’uko ufata n’iyo ntambwe, tekereza n’icyo ushaka kuzakora. Abo magana atandatu dusaba ntabwo twebwe twumva ko ari benshi, kubera ko ni ba bandi b’ibanze, kuko uba uzatorwa, kugira ngo ugere kuri uwo mwanya ahubwo urashaka miliyoni 13 zose, ariko ubwo tugusabye 600 gusa kugira ngo babashe kugushyigikira tumenye nawe ko iyo ntego uyifite.”

Yakomeje agira ati “Si ukubyuka mu gitondo ngo ‘ndashaka kuba Perezida’ si ukubyuka mu gitondo ngo ‘ndashaka kuba Depite’. Niba warabitekereje, kuko ntabwo bihera igihe dutangiriye gutegura amatora, bihera tumaze gutora abo bayobozi muri manda.”

Perezida wa Komisiyo agira inama abifuza guhatana ku myanya nk’iyi y’inzego nkuru z’Igihugu, ko bakwiye kujya babijyamo bumva uburemere bw’izi nshingano, kandi bakabitegura kare.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora n’abayobozi muri iyi Komisiyo
Uyu munsi bakoze ikiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

Next Post

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.