Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora asaba abifuza kwinjira mu bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu by’umwihariko abashaka kuziyamamaza nk’abakandida bigenga, ko bari bakwiye kujya babanza kumva uburemere bw’izi nshingano, atari ukubyuka mu gitondo, umuntu avuge ngo “ndashaka kuba Perezida.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, cyagarukaga ku gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga, agiye kuba ku nshuro ya mbere yarahujwe n’ay’Abadepite.

Iki kiganiro kibaye nyuma y’amasaha macye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yibukije ko igikorwa cyo kwakira Kandidatire z’abifuza kuzahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, kizatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yanatangaje ko abagaragaje ubushake bwo kuzahatana ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu nk’abakandida bigenga, ari abantu umunani (8), mu gihe abagaraga ko bifuza kuzahana mu myanya y’Abadepite, ari abantu 41.

Iki gikorwa cyo kwakira kandidatire kigiye kuba nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ihaye inyandiko abifuza kuzahatana nk’abakandida bigenga, zo kujya gusinyisha abashyigikiye kandidatire zabo.

Itegeko riteganya ko hakenerwa imikono 600, kuri aba bifuza guhatana nk’abakandida bigenga, yaba ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ndetse n’imyanya y’Abadepite.

Bamwe mu bifuza guhatana muri ubu buryo ndetse n’ababigerageje mu bihe byatambutse, bakunze kuvuga ko iyi mikono 600 isabwa aho nibura muri buri Karere haboneka 12, ari myinshi.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa avuga ko abinubira ko iyi mibare ari myinshi, bakwiye kubanza kwiheraho bakisuzuma, bakareba koko niba baba babikwiye.

Ati “Urashaka kuba Perezida wa Repubulika. Perezida w’Igihugu cyose cya miliyoni cumi n’eshatu zirenga. Mbere y’uko ufata n’iyo ntambwe, tekereza n’icyo ushaka kuzakora. Abo magana atandatu dusaba ntabwo twebwe twumva ko ari benshi, kubera ko ni ba bandi b’ibanze, kuko uba uzatorwa, kugira ngo ugere kuri uwo mwanya ahubwo urashaka miliyoni 13 zose, ariko ubwo tugusabye 600 gusa kugira ngo babashe kugushyigikira tumenye nawe ko iyo ntego uyifite.”

Yakomeje agira ati “Si ukubyuka mu gitondo ngo ‘ndashaka kuba Perezida’ si ukubyuka mu gitondo ngo ‘ndashaka kuba Depite’. Niba warabitekereje, kuko ntabwo bihera igihe dutangiriye gutegura amatora, bihera tumaze gutora abo bayobozi muri manda.”

Perezida wa Komisiyo agira inama abifuza guhatana ku myanya nk’iyi y’inzego nkuru z’Igihugu, ko bakwiye kujya babijyamo bumva uburemere bw’izi nshingano, kandi bakabitegura kare.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora n’abayobozi muri iyi Komisiyo
Uyu munsi bakoze ikiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

Next Post

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.