Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora asaba abifuza kwinjira mu bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu by’umwihariko abashaka kuziyamamaza nk’abakandida bigenga, ko bari bakwiye kujya babanza kumva uburemere bw’izi nshingano, atari ukubyuka mu gitondo, umuntu avuge ngo “ndashaka kuba Perezida.”

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, cyagarukaga ku gikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga, agiye kuba ku nshuro ya mbere yarahujwe n’ay’Abadepite.

Iki kiganiro kibaye nyuma y’amasaha macye Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yibukije ko igikorwa cyo kwakira Kandidatire z’abifuza kuzahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, kizatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, yanatangaje ko abagaragaje ubushake bwo kuzahatana ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu nk’abakandida bigenga, ari abantu umunani (8), mu gihe abagaraga ko bifuza kuzahana mu myanya y’Abadepite, ari abantu 41.

Iki gikorwa cyo kwakira kandidatire kigiye kuba nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ihaye inyandiko abifuza kuzahatana nk’abakandida bigenga, zo kujya gusinyisha abashyigikiye kandidatire zabo.

Itegeko riteganya ko hakenerwa imikono 600, kuri aba bifuza guhatana nk’abakandida bigenga, yaba ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ndetse n’imyanya y’Abadepite.

Bamwe mu bifuza guhatana muri ubu buryo ndetse n’ababigerageje mu bihe byatambutse, bakunze kuvuga ko iyi mikono 600 isabwa aho nibura muri buri Karere haboneka 12, ari myinshi.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa avuga ko abinubira ko iyi mibare ari myinshi, bakwiye kubanza kwiheraho bakisuzuma, bakareba koko niba baba babikwiye.

Ati “Urashaka kuba Perezida wa Repubulika. Perezida w’Igihugu cyose cya miliyoni cumi n’eshatu zirenga. Mbere y’uko ufata n’iyo ntambwe, tekereza n’icyo ushaka kuzakora. Abo magana atandatu dusaba ntabwo twebwe twumva ko ari benshi, kubera ko ni ba bandi b’ibanze, kuko uba uzatorwa, kugira ngo ugere kuri uwo mwanya ahubwo urashaka miliyoni 13 zose, ariko ubwo tugusabye 600 gusa kugira ngo babashe kugushyigikira tumenye nawe ko iyo ntego uyifite.”

Yakomeje agira ati “Si ukubyuka mu gitondo ngo ‘ndashaka kuba Perezida’ si ukubyuka mu gitondo ngo ‘ndashaka kuba Depite’. Niba warabitekereje, kuko ntabwo bihera igihe dutangiriye gutegura amatora, bihera tumaze gutora abo bayobozi muri manda.”

Perezida wa Komisiyo agira inama abifuza guhatana ku myanya nk’iyi y’inzego nkuru z’Igihugu, ko bakwiye kujya babijyamo bumva uburemere bw’izi nshingano, kandi bakabitegura kare.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora n’abayobozi muri iyi Komisiyo
Uyu munsi bakoze ikiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ibizafasha Afurika kugera ku byagezweho n’indi Migabane yateye imbere

Next Post

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.