Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, Robert Fico, nyuma y’amasaha macye arasiwe mu gitero yagabweho n’abitwaje intwaro, amakuru aravuga ko hari icyizere cyo gukira.

Byatangajwe na Tomas Taraba Umwungirije, mu kiganiro yagiranye na BBC kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi, nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe arashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gicurasi 2024.

Tomas Taraba avuga ku gikorwa cy’ubuvuzi bwo kubaga Minisitiri w’Intebe Robert Fico, yavuze ko “byagenze neza kandi ndakeka ko azakira.”

Fico w’imyaka 59 y’amavuko yajyanywe mu Bitaro igitaraganya nyuma yo kuraswa inshuro zitandukanye kuri uyu wa Gatatu mu Mujyi wa Handlova.

Ubwo yajyanwaga kwa muganga, byatangazwaga ko ubuzima bwe “buri hagati yo gupfa no gukira kubera ibikomere byinshi yasigiwe n’uku kuraswa.”

Ukekwaho iki gitero yahise afatirwa aho cyabereye, ndetse Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Slovakia, Matus Sutaj Estoka atangaza ko gifitanye isano n’impamvu za Politiki.

Tomas Taraba yamaze impungenge abari bagize ikikango ku buzima bwa Minisitiri w’Intebe, agira ati “ntabwo ubuzima bwe bukiri mu kangaratete.”

Yagize ati “Nkurikije amakuru mfite, operasiyo [yo kumuvura] yagenze neza, kandi nizeye ko azakira.”

Umugabo witwaje intwaro warashe Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, yari mu kivunge cy’abaturage bamushyigikiye bari hanze ku kigo cy’umuco cyo muri Handlova, aho Minisitiri w’Intebe yari yagiriye Inama.

Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, Robert Fico yarashwe amasasu atanu, arimo iryo yarashwe mu nda ndetse no ku kaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Next Post

Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

Related Posts

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yavuze ko igitero Israel yagabye kuri Iran cyahitanye abasirikare bakomeye barimo...

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasuye umujyi wa Mthatha mu Ntara ya Eastern Cape iheruka kwibasirwa n'ibiza by’imvura nyinshi...

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuvandimwe w’umuntu umwe warokotse impanuka y’indege yahitanye abagenzi 241 mu Buhindi, yavuze ko akimara kurokoka yahamagaye umubyeyi we akamubwira ko...

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n'abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo...

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Indenge ya Sosiyete y’u Buhindi (Air India) yari yerecyeje i London mu Bwongereza irimo abagenzi 242, yakoze impanuka nyuma y’igihe...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.