• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, Robert Fico, nyuma y’amasaha macye arasiwe mu gitero yagabweho n’abitwaje intwaro, amakuru aravuga ko hari icyizere cyo gukira.

Byatangajwe na Tomas Taraba Umwungirije, mu kiganiro yagiranye na BBC kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi, nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe arashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gicurasi 2024.

Tomas Taraba avuga ku gikorwa cy’ubuvuzi bwo kubaga Minisitiri w’Intebe Robert Fico, yavuze ko “byagenze neza kandi ndakeka ko azakira.”

Fico w’imyaka 59 y’amavuko yajyanywe mu Bitaro igitaraganya nyuma yo kuraswa inshuro zitandukanye kuri uyu wa Gatatu mu Mujyi wa Handlova.

Ubwo yajyanwaga kwa muganga, byatangazwaga ko ubuzima bwe “buri hagati yo gupfa no gukira kubera ibikomere byinshi yasigiwe n’uku kuraswa.”

Ukekwaho iki gitero yahise afatirwa aho cyabereye, ndetse Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Slovakia, Matus Sutaj Estoka atangaza ko gifitanye isano n’impamvu za Politiki.

Tomas Taraba yamaze impungenge abari bagize ikikango ku buzima bwa Minisitiri w’Intebe, agira ati “ntabwo ubuzima bwe bukiri mu kangaratete.”

Yagize ati “Nkurikije amakuru mfite, operasiyo [yo kumuvura] yagenze neza, kandi nizeye ko azakira.”

Umugabo witwaje intwaro warashe Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, yari mu kivunge cy’abaturage bamushyigikiye bari hanze ku kigo cy’umuco cyo muri Handlova, aho Minisitiri w’Intebe yari yagiriye Inama.

Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, Robert Fico yarashwe amasasu atanu, arimo iryo yarashwe mu nda ndetse no ku kaboko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − thirteen =

Previous Post

Abifuza guhatanira kuyobora u Rwanda nk’abakandida bigenga bagaragarijwe icyo bajya babanza gutekereza

Next Post

Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.