Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA
1
Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, bavuga ko kubari ryo ryakira abanyeshuri benshi, bituma havuka imbogamizi yo kugorwa no kubona amacumbi, dore ko ifite ay’iri shami ashobora kwakira abanyeshuri 30% gusa.

Iri shami rya Kaminuza y’u Rwanda, ubu ryigamo abanyeshuri barenga ibihumbi 10 biga mu mashami atandukanye. Muri bo abatarenga 3 000 ni bo bonyine bashobora gucumbikirwa n’amacumbi y’iyi Kaminuza.

Nkurunziza Straton wiga muri iyi Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, avuga ko uretse kuba iyi kaminuza ifite amacumbi macye, no hanze yayo bitoroshye kubona aho abanyeshuri bacumbika.

Ati “Muri Kaminuza hari macye cyane ku buryo hafi y’abanyeshuri bose biga muri kaminuza bibasaba kwicumbikira hanze kandi na ho amacumbi ni macye cyane aranahenze.”

Uwimana Console na we ati “Usanga ubuzima bw’umunyeshuri wa Kaminuza bugoye kuko usanga bimusaba gushaka ibyo kurya na byo byahenze, icumbi rirahenze kandi binadusaba kujya kurishaka aho riri haba ari kure kandi rihenze.”

Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice avuga ko hakenewe umusanzu w’abikorera mu gushaka umuti w’iki kibazo kuko bitakorwa na Leta gusa.

Ati “Ni ugufatanya na ba Rwiyemezamirimo tukubaka amacumbi  kugira ngo abanyeshuri babashe kubona aho bacumbikirwa mu buryo bworoshye.”

Umujyi wa Huye ni umwe mu mijyi yunganira Kigali ukagira umwihariko wo gucumbikira ibigo byinshi by’amashuri birimo na za kaminuza zirangajwe imbere n’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ubu rifite abanyeshuri barenga ibihumbi 10, ariko bikaba biteganyijwe ko umwaka utaha uyu mubare uzazamukaho hafi 40%.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Aimable says:
    8 months ago

    Abo banyeshuri biga i Huye baratebya cyane😀😀😀😀.
    Bazatubaze twe twiga i Kigali, mwene icyo kibazo ntitukikivuga, bo bafite amahirwe kuko amazu yaho aracyahendutse, uwabaha ayo mubiryogo bakwihanagura.
    Ikintu nka Hec yadufasha, yareba uburyo itwongerera Living allowance, tukareba ko byajya bivamo.

    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

Hagaragajwe intandaro y’ikibazo kinubirwa n’abajya kwivuriza mu Bitaro bya Gisenyi

Next Post

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.