Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in MU RWANDA
0
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi kayo gahemba amafaranga make, ariko bo bahisemo kugendera ku muhamagaro wo kuyiga kuko babikunze.

Iyo uganiriye na bamwe mu banyeshuri biga amashami atandukanye mu Ishuri Nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, bavuga ko bakimenya ko batsindiye kwiga muri iri shuri byabaye nk’inzozi zibaye impamo kuri bo. Icyakora ngo hari ababakunze kubacamo intege bababwira ko ibyo biga bihemba make, cyangwa ko nta cyubahiro bifite.

Igiraneza Joyeuse ati “Baduca intege bavuga ngo iyo usoje uba ugiye gukora akazi kahemba make, ngo birasuzuguritse, ngo kurya ingwa n’ibindi nk’ibyo.”

Mugisha Richard nawe ati “Benshi bari barahawe amashuri ya TVET, bakajya bambwira ngo ugiye kwiga ubwarimu, ngo tubona nta kazi.”

Umuyobozi w’iri shuri nderabarezi rya TTC Byumba de La Salle, Frère Jean Paul Niyonshuti, avuga ko hari byinshi Leta yabafashije bituma umunyeshuri urangije muri TTC aba ashoboye ku isoko ry’umurimo ritanga uburezi bufite ireme.

Ati “Tugira n’abarimu b’abanyamahanga baza kutwigishiriza. Mu bikoresho twahawe harimo ibifasha abanyeshuri kwitegura kwigisha abafite ubumuga, ibyuma by’amashuri, laboratwari n’ibindi byinshi byateje imbere ishuri ryacu.”

Abayobora amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 y’abiga bataha bemeza ko kuba bahabwa abimenyereza kwigisha ndetse n’abize mu mashuri nderabarezi bibafasha kuzamura imitsindire mu bigo bayobora.

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amashuri nderabarezi yashyizwemo imbaraga ku buryo ubu umwarimu w’iki gihe ahindutse, ndetse n’imyumvire yari isanzweho kuri aya mashuri ikaba iri guhinduka, nk’uko bisobanurwa na Hashakimana Jean Claude, Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe itumanaho.

Ati “Umunyeshuri wiga muri TTC ubu, urwego rw’icyongereza afite rutandukanye cyane n’urw’uwarangizaga mu myaka yashize. Ntituragera aho twifuza, ariko mu cyerekezo cya Minisiteri mu myaka iri imbere, abana barangiza bazajya baba bari ku rwego rwa B2 Level mu cyongereza. Ubu abifuza kwiga muri TTC ni benshi, kandi harimo n’abana b’abahanga, bitandukanye n’uko byahoze.”

Bimwe mu byafashije aya mashuri nderabarezi harimo integanyanyigisho yavuguruwe ishingiye ku bushobozi bw’umwana (Competency-Based Curriculum), kubakirwa ibikorwaremezo, kwimakaza ikoranabuhanga no kugabanyirizwa ikiguzi cy’amashuri. Ibi byose byatumye abanyeshuri benshi bitabira ayo mashuri.

Ishuri rya TTC Byumba de La Salle ryigamo abanyeshuri 993, rikaba rimwe mu mashuri nderabarezi 16 yigwamo n’abasaga ibihumbi 12 hirya no hino mu gihugu. Leta ikomeje gufasha ayo mashuri mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 1 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Next Post

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Related Posts

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiya ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.