Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abinubira imikorere y’imodoka za sosiyete ya KBS bahawe ikizere

radiotv10by radiotv10
20/09/2021
in MU RWANDA
0
Abinubira imikorere y’imodoka za sosiyete ya KBS bahawe ikizere
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abatega imodoka banenze cyane imikorere ya Sosiyeti ya KBS bitewe no kutagira imodoka zihagije ndetse icyo kibazo bagasaba ikigo ngenzura mikorere (RURA) kugikurikirana, Iyi Sososiyeti nyuma yo kubisabwa ivuga ko mu ntangiro z’ukwakira iki kibazo kizaba cyakemutse dore ko yatumijeho imodoka nshya zizaza kuziba icyo cyuho.

Ubusanzwe abatega imodoka rusange hari sosiyeti runaka ziba zarahawe kubatwara, abagenda mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali ku mirorongo ikoraho iza sosiyeti itwara abagenzi ya KBS bagiye kenshi binubira imikorere itanoze hakaba abavuga ko iyi sosiyeti ifite imodoka nke mumuhanda, ku buryo abagenzi bamara igihe kirekire ku murongo batarabona imodoka ibatwara, abandi bakavuga ko zimwe no mu modoka z’iyi sosiyeti zishaje, bavuga ko ibyo bafata biba byaracitse, ibirahure bimwe byaramenetse ngo ahandi intebe zarakutse   ku buryo hari ubwo bigorana kuzigendamo.

Ishami rishinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu mu kigo ngenzura mikorere mu Rwanda (RURA) bashyikirijwe iki kibazo kenshi, bavuga ko bari kugikurikirana by’umwihariko, ku buryo iyi sosiyeti yanasabwe kugura imodoka nshya.

Tony Kuramba umuyobozi mukuru w’iri shami yagarutse kuri iyi ngingo agira ati “Icyo kibazo kirakomeye kandi turi kugikurikirana by’umwihariko KBS twaravuganye ndetse batwemerera gukosora bahereye ku kugura imodoka. Tuzakomeza tubakurikirane ku buryo iki kibazo kizakemuka vuba bidatinze”

Image

Tony Kuramba umuyobozi muri RURA ushinzwe ubwikorezi bw’abantu n’ibintu 

Marie Josee Mukanyamwasa, umuyobozi w’iyi sosiyeti ya KBS avuga ko iki kibazo bakizi kandi koko kimaze igihe ngo ariko hari umutu urabye kiri kuvugutirwa.

“Nibyo rwose iki kibazo turakizi kandi kimaze igihe, ariko turizeza ko hari umuti urambye turi kugikivugutira. Ubu hari kontineri zacu ebyiri ziri muri MAGERWA zigomba gusohokamo muri iki cyumweru zuzuye ibikoresho tugomba kwifashisha dukora imodoka zacu ku buryo mu ntangiriro z’ukwakira 2021 tuzaba dufite imodoka nshya 25” Marie Josee Mukanyamwasa

Image

Marie Josée  Mukanyamwasa umuyobozi w’iyi sosiyeti ya KBS

Ikigo ngenzura mikorere kivuga ko kugeza ubu mu mujyi wa Kigali hakora sosiyeti eshatu zitwara abagenzi mu bice bitandukanye arizo KBS, Royale na JALI  Transport Investment Ltd,  izi sose buri yose ikaba iba ifite imirongo (ligne) igenewe gukoreramo ku buryo hatabaho kugongana ariyo mpamvu umurongo wagize ikibazo biba bigomba kubazwa Sosiyeti ishinzwe kuhakorera.

Image

Abagenzi banenga KBS kugirao imodoka nke n’izihari zikaba zishaje

Inkuru ya Olivier TUYISENGE/RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 11 =

Previous Post

Zimwe mu mpunzi zabaga mu nkambi ya Gihembe zimuriwe mu ya Mahama

Next Post

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Manasseh Mutatu Mbeddy yatangiye imyitozo muri Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.