Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in MU RWANDA
0
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi birimo intsinga na za mubazi, bamaze gutabwa muri yombi, nyuma yuko hatangijwe ibikorwa byo kubashakisha.

Aba bantu 12 bafashwe ku bufatanye bw’iki Kigo n’inzego z’umutekano, aho abamaze gufatwa bafungiye kuri sitasiyo zitandukanye muri aka Karere ka Rusizi.

Aba bafashwe, barimo n’abagiye bafatanwa ibikoresho nka mubazi, intsinga n’ibindi by’amashanyarazi bibaga, ubundi bakabigurisha ku bandi babikeneye.

Munezero Letitia wo mu Murenge wa Nyakabuye avuga ko yibwe mubazi n’urusinga muri ubu buryo bigatuma we n’izindi ngo 17 babura umuriro.

Agira ati “Baraje bahirika ipoto yasaga nk’ishaje bakata cash power barayitwara ndeste n’urusinga rwa metero 62, ku buryo twamaze icyumweru tudacana.”

Nzayinambaho Jacques uyobora REG ishami rya Rusizi, avuga ko mu byumweru bitatu bishize kugeza ubu hamaze gufatwa abahigi 12 mu Mirenge ya Nyakabuye, Muganza, Gashonga na Gitambi.

Ati “Ni abaturage twita abahigi, baba ari abantu bazi iby’amashanyarazi bagenda biba cash power, intsinga, n’udukoresho twita kipadi tuba turi ku nzu z’abaturage bakabigurisha ku bandi baturage rimwe na rimwe bakabyibiraho n’amashyanyarazi.”

Abaheruka gufatwa mu ijoro ryo ku ya 07 rishyira iya 8 Gicurasi, ni abahigi bagera kuri batanu bo mu Murenge wa Gitambi basanganywe mubazi eshatu ndeste n’ibindi bikoresho birimo ibyifashishwa mu kurira amapoto.

REG yibutsa abaturage ko bagomba kwirinda ababagurisha za mubazi ndeste n’ababakorera amashanyarazi atari abakozi bayo ahubwo bakihutira kuyimenyesha.

Aba baturage 12 bamaze gutabwa muri yombi bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyakabuye, iya Kamembe n’iya Muganza. Mu makuru bamwe muri bo batanze ni uko hari umukozi wa REG bakoranaga.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

Next Post

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Related Posts

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.