Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in MU RWANDA
0
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi birimo intsinga na za mubazi, bamaze gutabwa muri yombi, nyuma yuko hatangijwe ibikorwa byo kubashakisha.

Aba bantu 12 bafashwe ku bufatanye bw’iki Kigo n’inzego z’umutekano, aho abamaze gufatwa bafungiye kuri sitasiyo zitandukanye muri aka Karere ka Rusizi.

Aba bafashwe, barimo n’abagiye bafatanwa ibikoresho nka mubazi, intsinga n’ibindi by’amashanyarazi bibaga, ubundi bakabigurisha ku bandi babikeneye.

Munezero Letitia wo mu Murenge wa Nyakabuye avuga ko yibwe mubazi n’urusinga muri ubu buryo bigatuma we n’izindi ngo 17 babura umuriro.

Agira ati “Baraje bahirika ipoto yasaga nk’ishaje bakata cash power barayitwara ndeste n’urusinga rwa metero 62, ku buryo twamaze icyumweru tudacana.”

Nzayinambaho Jacques uyobora REG ishami rya Rusizi, avuga ko mu byumweru bitatu bishize kugeza ubu hamaze gufatwa abahigi 12 mu Mirenge ya Nyakabuye, Muganza, Gashonga na Gitambi.

Ati “Ni abaturage twita abahigi, baba ari abantu bazi iby’amashanyarazi bagenda biba cash power, intsinga, n’udukoresho twita kipadi tuba turi ku nzu z’abaturage bakabigurisha ku bandi baturage rimwe na rimwe bakabyibiraho n’amashyanyarazi.”

Abaheruka gufatwa mu ijoro ryo ku ya 07 rishyira iya 8 Gicurasi, ni abahigi bagera kuri batanu bo mu Murenge wa Gitambi basanganywe mubazi eshatu ndeste n’ibindi bikoresho birimo ibyifashishwa mu kurira amapoto.

REG yibutsa abaturage ko bagomba kwirinda ababagurisha za mubazi ndeste n’ababakorera amashanyarazi atari abakozi bayo ahubwo bakihutira kuyimenyesha.

Aba baturage 12 bamaze gutabwa muri yombi bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyakabuye, iya Kamembe n’iya Muganza. Mu makuru bamwe muri bo batanze ni uko hari umukozi wa REG bakoranaga.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

Next Post

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.