Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aboherezaga amafaranga kuri MoMo bakibeshya nimero bashyiriweho uburyo bwo kuyagarura bitabagoye

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
11
Aboherezaga amafaranga kuri MoMo bakibeshya nimero bashyiriweho uburyo bwo kuyagarura bitabagoye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Mobile Money Rwanda Ltd gishamikiye kuri MTN Rwanda, cyashyizeho uburyo buzajya bufasha abakiliya bacyo bayobeje amafaranga akajya ku bo batashaka, kujya babasha kuyagarura babyikoreye ubwabo.

Si rimwe cyangwa kabiri humvikanye abantu bibeshye bakohereza amafaranga kuri nimero batashakaga, bigatuma amafaranga ajya ku wundi muntu.

Byasabaga ko uwagize iki kibazo avunyisha kuri MTN Mobile Money Rwanda Ltd kugira ngo iki kigo kimufashe kugaruza ayo mafaranga, rimwe na rimwe uwayohererejwe agahita ayabikuza.

MTN Mobile Money Rwanda Ltd yatangije uburyo buzafasha abahuraga n’iki kibazo kubasha kwigarurira amafaranga bari bohereje kuri nimero bibeshye, aho bazajya bakanda *182*7# ubundi bagakurikiza amabwiriza.

Uwohererejwe ayo mafaranga, azajya ashyiramo umubare w’ibanga wa Mobile Money ubundi amafaranga abashe gusubira kuri nimero yavuyeho.

Mu gihe abyanze, uwayoherereje azajya yohererezwa ubutumwa bubimumenyesha, ubundi hakorwe igenzura mu gihe cy’iminsi 90 uhereye ku itariki yoherejweho, ubundi ayasubizwe.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Mobile Money Rwanda, Chantal Kagame yavuze ko bazanye ubu buryo mu rwego rwo gukuraho imbogamizi zajyaga ziba ku bakiriya babo.

Yagize ati “Twahurije bamwe imbaraga z’ikoranabuhanga ndetse no guhanga udushya tugamije gukemura ibibazo by’abakiliya bacu.”

Chantal Kagame avuga ko ubu buryo bwo kwisubiza amafaranga yoherejwe kuri MoMo habayeho kwibeshya, ari kimwe mu bikorwa bigamije gukomeza gufasha abakiliya b’iki Kigo kunogerwa na serivisi zacyo.

Chantal Kagame uyobora MTN Mobile Money Rwanda yavuze ko habayeho guhuza imbaraga z’ikoranabuganga n’izo guhanga udushya

RADIOTV10

Comments 11

  1. KWIZERA Obed says:
    3 years ago

    Mutekerezeho kuriyo minsi 90 ubwo uyakeneye cyane waba utaranogonotse

    Reply
  2. Emery says:
    3 years ago

    Yego batekereje neza cyane kuko bibaho inshuro nyinshi ariko imisi 90 nimyinshi cyane bagakwiye gushyira kuminsi 3 gusa

    Reply
  3. Gilbert says:
    3 years ago

    Gutegereza iminsi 90 ni service mbi mwaba mutanze itagendanye nintego yanyu

    Reply
    • Augustin Kayigire says:
      2 years ago

      Mwagizeneza, arikose iyo wibeshye kuri code ya MTN yo bigenda gute. Amafranga wayagaruza gute

      Reply
  4. Mugiraneza Charles says:
    3 years ago

    Ubutabazi bw’iminsi 90 ni hafi ya ntabwo kabs

    Reply
  5. Bamvumirora Jean damascene says:
    3 years ago

    Ahubwo c ko harigihe nimero wayayobejeho uyihamagara ugasanga itariho ubwo mwabitekerejeho iki

    Reply
  6. Iradukunda Olivier says:
    3 years ago

    Ndumva ntacyo mwahinduyeho kbs peee eeeh iminsi 90 knd uhorerejwe akaba ariwe ushyiramo umubare wibanga mbega intama wee ntacyahindutse tuh

    Reply
  7. Baptiste says:
    3 years ago

    ubwo c koko muretse koko murumva byizewe ko uwohererejwe yashyiramo pin bigakunda . ku mafaranga sha!!

    Reply
  8. Nsengiyumva says:
    3 years ago

    Mwakoze kubitekereza rwose nibyiza ariko nibwo bigiye kuba bibi cyane nawese ngo uwayohererejwe gushyiramo umubare wibanga kd hakazabaho gutegereza iminsi 90 ntago muba mwatekerejeko wenda ayo mafaranga aribwo buryo bwonyine bwari butabare uwo mukiriya wanyu

    Reply
  9. Pierre says:
    3 years ago

    Ubwo niba ntayisubiza njyewe ubwanjye kd uwayakiriye akaba ariwe wemeza igikirwa, ubundi ibyo biradufasha iki? Nihashyirweho system ihuza izo nimero zombi k’uburyo ntawakwisubiza arenga Ayo yohereje kd uwohereje Abe ariwe ukora ibikorwa byose.

    Reply
  10. Babu saleh says:
    3 years ago

    Nuwo mutweretse si Chantal

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

Huye: Yahamijwe kwica mushiki we ahanishwa igihano kiruta ibindi mu Rwanda

Next Post

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.