Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aboherezaga amafaranga kuri MoMo bakibeshya nimero bashyiriweho uburyo bwo kuyagarura bitabagoye

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
11
Aboherezaga amafaranga kuri MoMo bakibeshya nimero bashyiriweho uburyo bwo kuyagarura bitabagoye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Mobile Money Rwanda Ltd gishamikiye kuri MTN Rwanda, cyashyizeho uburyo buzajya bufasha abakiliya bacyo bayobeje amafaranga akajya ku bo batashaka, kujya babasha kuyagarura babyikoreye ubwabo.

Si rimwe cyangwa kabiri humvikanye abantu bibeshye bakohereza amafaranga kuri nimero batashakaga, bigatuma amafaranga ajya ku wundi muntu.

Byasabaga ko uwagize iki kibazo avunyisha kuri MTN Mobile Money Rwanda Ltd kugira ngo iki kigo kimufashe kugaruza ayo mafaranga, rimwe na rimwe uwayohererejwe agahita ayabikuza.

MTN Mobile Money Rwanda Ltd yatangije uburyo buzafasha abahuraga n’iki kibazo kubasha kwigarurira amafaranga bari bohereje kuri nimero bibeshye, aho bazajya bakanda *182*7# ubundi bagakurikiza amabwiriza.

Uwohererejwe ayo mafaranga, azajya ashyiramo umubare w’ibanga wa Mobile Money ubundi amafaranga abashe gusubira kuri nimero yavuyeho.

Mu gihe abyanze, uwayoherereje azajya yohererezwa ubutumwa bubimumenyesha, ubundi hakorwe igenzura mu gihe cy’iminsi 90 uhereye ku itariki yoherejweho, ubundi ayasubizwe.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Mobile Money Rwanda, Chantal Kagame yavuze ko bazanye ubu buryo mu rwego rwo gukuraho imbogamizi zajyaga ziba ku bakiriya babo.

Yagize ati “Twahurije bamwe imbaraga z’ikoranabuhanga ndetse no guhanga udushya tugamije gukemura ibibazo by’abakiliya bacu.”

Chantal Kagame avuga ko ubu buryo bwo kwisubiza amafaranga yoherejwe kuri MoMo habayeho kwibeshya, ari kimwe mu bikorwa bigamije gukomeza gufasha abakiliya b’iki Kigo kunogerwa na serivisi zacyo.

Chantal Kagame uyobora MTN Mobile Money Rwanda yavuze ko habayeho guhuza imbaraga z’ikoranabuganga n’izo guhanga udushya

RADIOTV10

Comments 11

  1. KWIZERA Obed says:
    3 years ago

    Mutekerezeho kuriyo minsi 90 ubwo uyakeneye cyane waba utaranogonotse

    Reply
  2. Emery says:
    3 years ago

    Yego batekereje neza cyane kuko bibaho inshuro nyinshi ariko imisi 90 nimyinshi cyane bagakwiye gushyira kuminsi 3 gusa

    Reply
  3. Gilbert says:
    3 years ago

    Gutegereza iminsi 90 ni service mbi mwaba mutanze itagendanye nintego yanyu

    Reply
    • Augustin Kayigire says:
      1 year ago

      Mwagizeneza, arikose iyo wibeshye kuri code ya MTN yo bigenda gute. Amafranga wayagaruza gute

      Reply
  4. Mugiraneza Charles says:
    3 years ago

    Ubutabazi bw’iminsi 90 ni hafi ya ntabwo kabs

    Reply
  5. Bamvumirora Jean damascene says:
    3 years ago

    Ahubwo c ko harigihe nimero wayayobejeho uyihamagara ugasanga itariho ubwo mwabitekerejeho iki

    Reply
  6. Iradukunda Olivier says:
    3 years ago

    Ndumva ntacyo mwahinduyeho kbs peee eeeh iminsi 90 knd uhorerejwe akaba ariwe ushyiramo umubare wibanga mbega intama wee ntacyahindutse tuh

    Reply
  7. Baptiste says:
    3 years ago

    ubwo c koko muretse koko murumva byizewe ko uwohererejwe yashyiramo pin bigakunda . ku mafaranga sha!!

    Reply
  8. Nsengiyumva says:
    3 years ago

    Mwakoze kubitekereza rwose nibyiza ariko nibwo bigiye kuba bibi cyane nawese ngo uwayohererejwe gushyiramo umubare wibanga kd hakazabaho gutegereza iminsi 90 ntago muba mwatekerejeko wenda ayo mafaranga aribwo buryo bwonyine bwari butabare uwo mukiriya wanyu

    Reply
  9. Pierre says:
    3 years ago

    Ubwo niba ntayisubiza njyewe ubwanjye kd uwayakiriye akaba ariwe wemeza igikirwa, ubundi ibyo biradufasha iki? Nihashyirweho system ihuza izo nimero zombi k’uburyo ntawakwisubiza arenga Ayo yohereje kd uwohereje Abe ariwe ukora ibikorwa byose.

    Reply
  10. Babu saleh says:
    3 years ago

    Nuwo mutweretse si Chantal

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Huye: Yahamijwe kwica mushiki we ahanishwa igihano kiruta ibindi mu Rwanda

Next Post

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.