Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

radiotv10by radiotv10
03/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
Share on FacebookShare on Twitter

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean Luc Ouédraogo, basezeranyijwe n’umukozi w’Imana wo mu rindi Torero, avuga ko ibyatangajwe ari ibinyoma, kuko uriya muhanzi atigeze amugana ngo amugezeho ubusabe bwo kubasezeranya.

Ishimwe Vestine n’umugabo we; Umunya-Burkina Faso Idriss Jean Luc Ouédraogo, bakoze ubukwe mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka, aho basezeranyijwe na Pasiteri Jackson Mugisha wa Spirit Revival Temple, mu gikorwa cyabereye mu busitani bwa Intore Conference Arena i Rusororo.

Nyuma y’ubu bukwe, hari amakuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ko Itorero rya ADEPR ryanze gusezeranya uriya muririmbyi Vestine n’umugabo we, nyamara uyu muhanzikazi n’umuryango we basanzwe babarizwa muri iri Torero.

Ni amakuru yazamuwe n’uwiyita umukozi w’Imana, wavuze ko Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora iri Torero yanze gusezeranya uriya muhanzi n’umugabo we.

Uyu mushumba mukuru wa ADEPR, Rev. Ndayizeye Isaïe yahakanye aya makuru, avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa cyatangajwe n’uriya wiyita Pasiteri.

Yagize ati “Ibyo yavuze byose yarambeshyeye. Vestine nta n’ubwo ndahura na we, mvuze ngo yaje mu biro byanjye [naba mbeshye]”

Uyu muyobozi wa ADEPR avuga ko iri Torero ritajya ryanga no gusezeranya abantu, kuko rihora ryifuriza abayoboke baryo ibyiza birimo no gushinga umuryango, bityo ko impamvu abantu bashobora gukeka ko yabuza iri Torero gusezeranya abantu, idashobora kubikoma mu nkokora.

Ati “Nta n’ubwo twanga gusezeranya abantu, tubagira inama, turabaganiriza, dukunda urubyiruko, dukunda umuryango.”

Rev. Ndayizeye Isaïe avuga ko uwatangaje ibintu nka biriya, aba adakwiye guhabwa umwanya muri sosiyete, kuko ashobora kuyobya abantu.

Ati “Mbega nimubona umuntu wagiye ku karubanda agakora inkuru y’ikinyoma kandi rwose ashishikaye muzabanze murebe ko hari n’izindi yakoze, murebe ko hari n’izindi nzima ajya avuga. Ntimukajye mutinda ku bantu batagira ibintu bizima, ahubwo mujye muhitamo kuvaga ibintu bizima.”

Ishimwe Vestine usanzwe aririmbana n’umuvandimwe we Dorcas, yakoze ubukwe ku myaka ye 22 y’amavuko, mu gihe umugabo we afite imyaka 36.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 4 =

Previous Post

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Next Post

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.