Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaze kwita ubw’iterabwoba, riravuga ko nyuma yuko ababurwanirira bagizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bakomeje kugaba ibitero ku baturage no ku birindiro byaryo, ryiyemeje kujya kubiburizamo rikabasanga ku isoko aho babitegurira.

Iri huriro kandi rirateganya kugirana ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025 kiza kuyobora n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa i Goma nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’iri Huriro, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka atangaje iki kiganiro nyuma yuko kuri iki Cyumweru tariki 31 Kanama 2025, ashyize hanze itangazo ryihanangiriza uruhande bahanganye.

Muri iri tangazo ry’amashusho, Lawrence Kanyuka wumvikana akoresha ijwi riri hejuru ririmo umujinya, avuga ko ku wa Gatandatu “Ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Kinshasa, bwatangije intambwe nshya mu mugambi wabwo mubisha.”

Avuga ko uru ruhande bahanganye “rwatangije intambara yagutse rukoresheje abasanzwe barurwanirira, bagizwe na FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo, Abacancuro, n’igisirikare cy’u Burundi, barashe ibisaru nta mpuhwe mu bice bituwemo n’abaturage, banagaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23.”

Kanyuka akomeza avuga ko ibi byose biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, nyamara harabayeho isinywa ry’amahame y’i Doha tariki 19 Nyakanga 2025.

Ati “Ubutegetsi bw’inkoramaraso bwakomeje politiki y’urwangano ndetse n’ibikorwa byo guhohotera abaturage. Bukomeje kandi gukwirakwiza propaganda yabwo mbi mu bice byose bugenzura, byumwihariko muri Uvira aho bamaze gushyira agace kabwo rusange. Aho ni ho bakorera ubuhuzabikorwa bw’ibikorwa bya gisirikare, no ho haturuka abasirikare ndetse hanategurirwa ibitero bya za drone.”

Avuga ko nyuma yo gutegurira ibitero by’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, bagabye ibitero mu bice birimo ibya Walikare ushyira Mpinga, Bunyakiri ushyira Kadasomwa na Kasika ushyira Mwenga.

Ati “Ibyo bitero bikomeye, byateye impfu z’abaturage bagenzi bacu, bitera abaturage benshi b’inzirakarengane kuva mu byabo, binashyira mu kaga abaturage benshi bakeneye ubutabazi.”

Kanyuka asoza ijambo rye yizeza abanyagihugu ko ihuriro AFC/M23 ridashobora gukomeza kurebera ibi bikorwa by’ubugome bikorwa n’ubutegetsi bwa DRC, bityo ko abarwanyi baryo biyemeje kurinda abaturage ndetse no kuburizamo ibyo bikorwa byose bakajya kubarwanya aho babitegurira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eighteen =

Previous Post

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje uruhare urubyiruko rukeneweho mu kurandura inzara yugarije Abanyafurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.