Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in SIPORO
0
AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu ya Cameroun yatsinze Burkina Faso 2-1 mu mukino ufungura igikombe cya Afurika, mu gihe Ethiopia yahawe ikarita itukura hacyiri kare yatsinzwe na CapeVerde 1-0.

Nyuma yo gusubikwa inshuro zigera kuri ebyiri, cyera kabaye imikino y’igikombe cya Afurika yinikije muri Cameroun ndetse iki gihugu gitangira neza cyegukana amanota atatu.

Cameroun yagombaga kwakira iri rushanwa mu 2019, ariko ryimurirwa mu Misiri kuko itari yiteguye neza. Mu mwaka ushize, na bwo ntiryabaye kubera icyorezo cya COVID-19, ariko hashyizweho ingamba zituma imikino ikinwa guhera kuri uyu wa 9 Mutarama kugeza ku wa 6 Gashyantare 2022.

Imbere y’abarimo Perezida Paul Biya wari witabiriye ibirori biryoheye ijisho byo gufungura irushanwa, Cameroun yatangiye isatira, ariko ntiyabyaza umusaruro uburyo burimo ubwabonywe na Vincent Aboubakar wateye umupira ku ruhande mu minota ya mbere mbere y’uko na Karl Toko-Ekambi acenga umunyezamu Hervé Koffi ariko ntabone izamu.                   Perezida wa Cameroon, Paul Biya n’umugore Jeanne Biya  

Burkina Faso niyo yafunguye amazamu ku munota wa 24 ku mupira muremure wari utewe na Bertrand Traore Sangare ahita atereka umupira mu rushundura. Bidatinze, Kapiteni wa Cameroun Vincent Aboubakar yaje gutsinda penariti ebyiri harimo iyo ku munota wa 40 ndetse no kumunota wa 45, igice cya mbere kirangira Cameroun iyoboye.

Mu gice cya kabiri nta mpinduka zabaye ku makipe yombi kuko umukino waje kurangira Cameroun yakiriye irushanwa itwaye amanota atatu nyuma yo kubanzwa igitego.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi :

Burkina Faso : Herve Koffi, Issa Kabore, Issoufou Dayo, Steeve Yago, Patrick Malo, Adama Guira, Gustavo Sangare, Blati Toure, Cyrille Bayala, Fessal tapsoba na Bertrand Traore Kapiteni w’iyi kipe.

Cameroun: Onana Andre, Fai Callins, Ngadeu Michael, Onguene Jerome, Nouhou Tolo, Oum Gout Samuel, Zambo Anguissa, Kunde Malong, Toko Ekambi Karl, Ngamaleu moumi na Aboubakar Vincent Kapiteni w’iyi kipe.

Undi mukino wabaye ku isaha ya Saa 21 :00’ wahuje Ethiopia na Cap-Vert, umukino iki gihigu gihagarariye ibindi mu karere ka CECAFA cyatsinzwe 1-0.

Itsinda A rizasubira mu kibuga ku wa Kabiri, tariki ya 13 Mutarama ubwo Cameroun izaba iri gukina na Ethiopia mu gihe Burkina Faso izakina na Cap-Vert.

Ethiopia irasabwa kuzatsitsinda Cameroun kugira ngo idasezererwa muri iri rushwa ku ikubitiro.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + two =

Previous Post

Jacques Tuyisenge yizeje ko Shampiyona nisubukurwa azagaruka kunyeganyeza incundura z’amakipe

Next Post

Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore

Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.