Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afite indirimbo zirimo iyamamaye bidasanzwe: Ibiteye amatsiko ku musirikare wahawe inshingo muri RDF

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Afite indirimbo zirimo iyamamaye bidasanzwe: Ibiteye amatsiko ku musirikare wahawe inshingo muri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

“Mfashe inanga yanjye ndirimbe, ngutuye ineza yo wangiriye…” ni agace k’indirimbo ‘Mfashe inanga’ yaririmbwe na Lt Col Simon Kabera, wagizwe Umuvugizi Wungirije wa RDF. Umwanya yahawe na Perezida Paul Kagame.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwashyize hanze itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, yagize Lt Col Simon Kabera, Umuvugizi Wungirije w’Igisirikare cy’u Rwanda.

 

Asanzwe afite izina rizwi muri Gospel nyarwanda

Izina Simon Kabera, ryihuta cyane mu matwi y’abakurikiranira hafi indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, by’umwihariko abazi indirimbo ‘Mfashe Inanga’ izwi na benshi cyane, akaba ari we wayiririmbye.

Nyuma y’uko Lt Col Simon Kabera ahawe uyu mwanya w’Umuvugizi Wungirije wa RDF, bamwe mu basanzwe basengana na we mu itorero rya ADEPR, bagaragaje akanyamuneza batewe na byo, aho bamwe bavugaga ko “Mwenedata ishyuka mu nshingano.”

Lt Col Simon Kabera, amaze igihe mu buhanzi bw’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, yatangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda ubwo yari umunyeshuri waho.

Ni umukristu usengera muri ADEPR-Remera, akaba ari umuhanzi w’igikundiro kubera ijwi rye rifasha benshi kwinjira mu mwuka.

Si mushya mu mirimo ya gisirikare, kuko muri Mutarama 2019 yari yahawe Umwanya n’Inama y’Abaminisitiri, wo kuba umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Ibitaro Bikuru bya Gisirikare, ubwo yari afite ipeti rya Major.

Asanzwe afite indirimbo zinyuranye zirimo iyi “Mfashe Inanga” yamamaye, aho ubu imaze kurebwa n’abasaga miliyoni 1 kuri YouTube, hakaba iyitwa ‘Ku musaraba’, ‘Ukwiye amashimwe’, ‘Munsi yawo’, n’iyitwa ‘Inshuti nizera’.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

AMAFOTO: Byari ibyishimo ku miryango y’abayobozi barimo abakuru muri RDF barahiye

Next Post

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.