Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afite indirimbo zirimo iyamamaye bidasanzwe: Ibiteye amatsiko ku musirikare wahawe inshingo muri RDF

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Afite indirimbo zirimo iyamamaye bidasanzwe: Ibiteye amatsiko ku musirikare wahawe inshingo muri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

“Mfashe inanga yanjye ndirimbe, ngutuye ineza yo wangiriye…” ni agace k’indirimbo ‘Mfashe inanga’ yaririmbwe na Lt Col Simon Kabera, wagizwe Umuvugizi Wungirije wa RDF. Umwanya yahawe na Perezida Paul Kagame.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwashyize hanze itangazo rivuga ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, yagize Lt Col Simon Kabera, Umuvugizi Wungirije w’Igisirikare cy’u Rwanda.

 

Asanzwe afite izina rizwi muri Gospel nyarwanda

Izina Simon Kabera, ryihuta cyane mu matwi y’abakurikiranira hafi indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, by’umwihariko abazi indirimbo ‘Mfashe Inanga’ izwi na benshi cyane, akaba ari we wayiririmbye.

Nyuma y’uko Lt Col Simon Kabera ahawe uyu mwanya w’Umuvugizi Wungirije wa RDF, bamwe mu basanzwe basengana na we mu itorero rya ADEPR, bagaragaje akanyamuneza batewe na byo, aho bamwe bavugaga ko “Mwenedata ishyuka mu nshingano.”

Lt Col Simon Kabera, amaze igihe mu buhanzi bw’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, yatangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda ubwo yari umunyeshuri waho.

Ni umukristu usengera muri ADEPR-Remera, akaba ari umuhanzi w’igikundiro kubera ijwi rye rifasha benshi kwinjira mu mwuka.

Si mushya mu mirimo ya gisirikare, kuko muri Mutarama 2019 yari yahawe Umwanya n’Inama y’Abaminisitiri, wo kuba umwe mu bagize Inama y’Ubutegetsi y’Ibitaro Bikuru bya Gisirikare, ubwo yari afite ipeti rya Major.

Asanzwe afite indirimbo zinyuranye zirimo iyi “Mfashe Inanga” yamamaye, aho ubu imaze kurebwa n’abasaga miliyoni 1 kuri YouTube, hakaba iyitwa ‘Ku musaraba’, ‘Ukwiye amashimwe’, ‘Munsi yawo’, n’iyitwa ‘Inshuti nizera’.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

AMAFOTO: Byari ibyishimo ku miryango y’abayobozi barimo abakuru muri RDF barahiye

Next Post

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.