Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko imbaraga za gisirikare atari zo zizatanga umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu Muryango kandi wasabye iki Gihugu n’u Rwanda gushyigikira ibyemerejwe mu biganiro.

Bikubiye mu itangazo rya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat; ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Moussa Faki Mahamat atewe impungenge cyane n’izamuka ry’imvururu zikomeje mu burasirazuba bwa RDC, kandi akaba asaba ko bihagarara byihuse.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko uyu muyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe “ahamagarira abayobozi bo mu karere, by’umwihariko aba RDC n’ab’u Rwanda gushyikira ibiganiro byatangijwe mu nzira ebyiri zo ku rwego rwa Afurika ziyobowe na Joâo Lorenzo Perezida wa Angola na Uhuru Kenyatta wari Perezida wa Kenya, zigamije ubufatanye mu gushaka umuti ufatika mu buryo bwa Politiki.”

Moussa Faki Mahamat ukomeza avuga ko ubusugire n’ituze by’Ibihugu byose byo mu karere bigomba kubahirizwa mu nyungu z’ababituye, yagaragaje ko ibibazo byo muri Congo bitazakemurwa n’intambara.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Perezida wa Komisiyo aributsa yivuye inyuma ko nta muti wa gisirikare uzakemura ibibazo no gutatanya Umuryango Nyafurika.”

Ni kenshi Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikeneye umuti wa Politiki, ko bitazakemurwa n’imbaraga za gisirikare, ahubwo ko hakenewe ibiganiro bigamije kurandura umuzi w’ibi bibazo.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yaboneyeho guhamagarira Ibihugu by’ibihangange by’amahanga kwirinda kwivanga mu bibazo bya Politiki by’imbere mu Bihugu bya Afurika, by’umwihariko ibyo muri Karere k’Ibiyaga Bigari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Next Post

TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye ‘Maillot Jaune’ ahinduka

Related Posts

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wakunze guseka Joe Biden yasimbuye ubwo yabaga yasitaye ku madaragi (Escalier)...

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

by radiotv10
09/06/2025
0

Imirwano hagati y’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 na Wazalendo yongeye gukomera mu gace ka Malema muri Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari...

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

by radiotv10
09/06/2025
0

Mu muhango wo kuzirikana imyaka itanu ishinze Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi yitabye Imana, Umukuru w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye,...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

by radiotv10
09/06/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko Col. James Kasule yafunzwe n’inzego z’ubutasi, asaba ko...

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

IZIHERUKA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho
AMAHANGA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye ‘Maillot Jaune’ ahinduka

TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye 'Maillot Jaune' ahinduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.