Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko imbaraga za gisirikare atari zo zizatanga umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu Muryango kandi wasabye iki Gihugu n’u Rwanda gushyigikira ibyemerejwe mu biganiro.

Bikubiye mu itangazo rya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat; ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Moussa Faki Mahamat atewe impungenge cyane n’izamuka ry’imvururu zikomeje mu burasirazuba bwa RDC, kandi akaba asaba ko bihagarara byihuse.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko uyu muyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe “ahamagarira abayobozi bo mu karere, by’umwihariko aba RDC n’ab’u Rwanda gushyikira ibiganiro byatangijwe mu nzira ebyiri zo ku rwego rwa Afurika ziyobowe na Joâo Lorenzo Perezida wa Angola na Uhuru Kenyatta wari Perezida wa Kenya, zigamije ubufatanye mu gushaka umuti ufatika mu buryo bwa Politiki.”

Moussa Faki Mahamat ukomeza avuga ko ubusugire n’ituze by’Ibihugu byose byo mu karere bigomba kubahirizwa mu nyungu z’ababituye, yagaragaje ko ibibazo byo muri Congo bitazakemurwa n’intambara.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Perezida wa Komisiyo aributsa yivuye inyuma ko nta muti wa gisirikare uzakemura ibibazo no gutatanya Umuryango Nyafurika.”

Ni kenshi Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikeneye umuti wa Politiki, ko bitazakemurwa n’imbaraga za gisirikare, ahubwo ko hakenewe ibiganiro bigamije kurandura umuzi w’ibi bibazo.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yaboneyeho guhamagarira Ibihugu by’ibihangange by’amahanga kwirinda kwivanga mu bibazo bya Politiki by’imbere mu Bihugu bya Afurika, by’umwihariko ibyo muri Karere k’Ibiyaga Bigari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Next Post

TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye ‘Maillot Jaune’ ahinduka

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri
IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

by radiotv10
13/05/2025
0

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

13/05/2025
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

13/05/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye ‘Maillot Jaune’ ahinduka

TdRwanda2024: Umufaransa yegukanye Etape5 hahita habaho impinduka zatumye uwambaye 'Maillot Jaune' ahinduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ubuyobozi n’abaturage ntibavuga rumwe ku ntandaro y’ikibazo cy’Umudugudu ugaragaramo abana benshi bataye ishuri

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.