Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in MU RWANDA
0
Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ishinzwe Iterambere rya Afurika ivuga ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa gikomereye uyu Mugabane, ryakemurwa no gushyiraho inganda zatunganya ibyagurishwa hanze, bikavamo ubushobozi bwo gutunga Abanyafurika bakomeje kugarizwa n’inzara.

Umugabane wa Afurika, ubarwaho abaturage bagera muri miliyoni 283 buri mwaka bagendana ikibazo cy’inzara. Banki Nyafurika ishinzwe Iterambere ivuga ko ibi biterwa n’uko umubare w’abaturage muri Afurika n’inganda zikenera umusaruro w’ubuhinzi byiyongera.

Umuyobozi w’iyi Banki, Dr Akinwumi Akin Adesina avuga ko hari icyo Afurika ikwiye gukora kugira ngo irandure iki kibazo cy’inzara yugariza abaturage bayo.

Yagize ati “Afurika igomba guhagarika kohereza mu mahanga umusaruro w’ubuhinzi utongerewe agaciro. Tugomba kumenya ko uburyo bumwe bwo kwihuta mu nzira ijya mu bukene ari ukugurisha umusaruro udatunganyije.”

Yakomeje agira ati “Indi nzira yihuta ibuvamo [ubukene]; ni ukugurisha ibyongerewe ubwiza. Ni yo mpamvu hakenewe inganda zitunganya umusaruro w’ubuhinzi. Bizatuma twohereza imyenda aho kuba ipamba, tukohoreza ikawa itunganyije, amababi y’icyayi azoherezwa aseye neza, tuzohereza shokora ifunze neza ku isoko rya Afurika no hanze yayo.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi; ushinzwe Imari ya Leta, Richard Tusabe; avuga ko umusaruro utangwa n’izo nganda, na wo ukwiye kwitabwaho, ku buryo uza ufite ireme n’ubuziranenge.

Ati “Ndatekereza uburyo tutashyiraho izi nganda gusa, ahubwo ndareba n’abakora muri izo nganda umusaruro batanga, ndabizi ko zimwe muri izo nganda zitanga umusaruro uri munsi y’ubushobozi bwazo, ni umukoro wacu nka Guverinoma gushaka uburyo zatanga umusaruro unarenze ubushobozi bwazo. Kimwe muri ibyo ni ukureba bimwe mu bitera icyo kibazo; birimo n’umusaruro.”

Richard Tusabe avuga kandi ko n’urwego rw’ubuhinzi rukwiye gutekerezwaho, ku buryo rufashwa kugira ngo umusaruro ubuvamo udakwiye kwangirika kuko hakiri ikigero kinini cyawo kicyangirika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Burundi: Gen.Bunyoni wabaye PM uregwa ibirimo gushaka kwica Perezida yasabiwe gufungwa burundu

Next Post

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Amahirwe akomeje kwiyongera ko rurangiranwa Mbappe yakwerecyeza mu yindi kipe ikorana n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.