Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika yungutse Abasirikari b’indorerezi mu butumwa bw’amahoro

radiotv10by radiotv10
03/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Afurika yungutse Abasirikari b’indorerezi mu butumwa bw’amahoro

Umugabane wa Afurika wungutse Abasirikari b’indorerezi mu butumwa bw’amahoro

Share on FacebookShare on Twitter

Abofisiye bakuru 24 bo mu ngabo zo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern Africa Standby Force – EASF), bari bamaze ibyumweru bisaga bibiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro(Rwanda Peace Academy), bahugurwa ibirebana no kuba indorerezi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Abarangije aya mahugurwa African Union Military Expert on Mission (AUMEOM) yaberaga muri iki kigo giherereye I Nyakinama mu Karere ka Musanze, barimo Lt Col Jacinta Mumo Nganu wo mu gihugu cya Kenya uvuga ko yarushijeho gusobanukirwa tekiniki Indorerezi mu bya gisirikari yagenderaho, akabasha kunoza akazi ke.

Yagize ati: “Twabashije kwigira hamwe imikorere n’inshingazo bikwiye kuranga umusirikari w’indorerezi y’ubutumwa bw’amahoro, nsobanukirwa ko mbere na mbere aba akwiye kuba azi neza amahame ubutumwa bw’amahoro bushingiyeho n’intego zabwo, gusesengura ibibazo biri mu gace yoherejwe gukoreramo kandi agaharanira kubikemura agendeye ku bunyamwuga, ubushishozi, kwitwararika ari nako ajya inama na bagenzi be. Ibi nkatekereza ko biri mu bintu bikomeye nungukiye ahangaha nzashingiraho nkanoza akazi karimo n’ak’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro.

Ku bw’aba ba Ofisiye basanga aya mahugurwa ari ingenzi cyane mu rwego rw’umutekano waba uwabo bwite n’aho bashobora koherezwa gukorera ubutumwa nk’uko Major Nathan Ndemezo yabibwiye Kigali Today.

Mu byo abasirikari bakuru b’Indorerezi baba bashinzwe harimo gusesengura no kugenzura iyubahirizwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano aba yarasinywe hagati y’impande zihanganye mu gihugu runaka, gutanga ubujyanama bwatuma umutekano w’abaturage urushaho kurindwa n’ibindi.

Izi nshingano bakaba batabasha kuzuzuza neza bataifitemo ubumenyi. Rtd Col Jill Rutaremara Umuyobozi wa Rwanda Peace Academy yagize ati: “Indorerezi za gisirikari zigira uruhare runini mu guhosha amakimbirane hagati y’impande zihanganye mu gace ubutumwa bw’amahoro bukorerwamo. Mu busanzwe impande zitavuga rumwe hari amasezerano ziba zaremeranyijweho y’ibyo buri ruhande rugomba kugenderaho no kubahiriza. Mu gihe hari nk’ugize ibyo arengaho, indorerezi zirasesengura, zigakora iperereza na za raporo, byaba na ngombwa bakaba abahuza cyangwa abajyanama b’igishobora gusubiza ibintu mu buryo.

Aba kandi twanabigishije ko mu gihe bari mu kazi kabo baba bagomba kwitega ko bagiriramo ingorane nko kugwa mu gaco k’umwanzi, kugabwaho ibitero, ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana bisaba kuba bafite ubumenyi mu guhangana nabyo bikagendana n’ubwirinzi bwabo ku giti cyabo. Ni ngombwa kuba basobanukiwe neza uko babyitwaramo mu gihe hari nk’ikibazo bahuye nacyo”.

Ni amahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda binyuze mu Kigo Rwanda Peace Academy ku bufatanye bw’ubunyamabanga bw’Ibihugu bigize Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye Eastern Africa Standby Force (EASF) n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Abayitabiriye baturuka mu bihugu umunani birimo u Burundi, Comoros, Ethiopia, Kenya, Somalia, Sudan, Uganda n’u Rwanda rwayakiriye.

RADIOTV10RWANDA

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − nine =

Previous Post

Ngoma: Hafashwe icyemezo cyihuse ku hiswe ‘Gabanyifiriti’ hakorerwaga amasengesho

Next Post

Messengers Singers yo mu Itorero ry’Abadiventiste igiye gukora Album yatumiye Israel Mbonyi 

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Messengers Singers yo mu Itorero ry’Abadiventiste igiye gukora Album yatumiye Israel Mbonyi 

Messengers Singers yo mu Itorero ry'Abadiventiste igiye gukora Album yatumiye Israel Mbonyi 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.