Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Afurika yungutse Abasirikari b’indorerezi mu butumwa bw’amahoro

radiotv10by radiotv10
03/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Afurika yungutse Abasirikari b’indorerezi mu butumwa bw’amahoro

Umugabane wa Afurika wungutse Abasirikari b’indorerezi mu butumwa bw’amahoro

Share on FacebookShare on Twitter

Abofisiye bakuru 24 bo mu ngabo zo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern Africa Standby Force – EASF), bari bamaze ibyumweru bisaga bibiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro(Rwanda Peace Academy), bahugurwa ibirebana no kuba indorerezi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Abarangije aya mahugurwa African Union Military Expert on Mission (AUMEOM) yaberaga muri iki kigo giherereye I Nyakinama mu Karere ka Musanze, barimo Lt Col Jacinta Mumo Nganu wo mu gihugu cya Kenya uvuga ko yarushijeho gusobanukirwa tekiniki Indorerezi mu bya gisirikari yagenderaho, akabasha kunoza akazi ke.

Yagize ati: “Twabashije kwigira hamwe imikorere n’inshingazo bikwiye kuranga umusirikari w’indorerezi y’ubutumwa bw’amahoro, nsobanukirwa ko mbere na mbere aba akwiye kuba azi neza amahame ubutumwa bw’amahoro bushingiyeho n’intego zabwo, gusesengura ibibazo biri mu gace yoherejwe gukoreramo kandi agaharanira kubikemura agendeye ku bunyamwuga, ubushishozi, kwitwararika ari nako ajya inama na bagenzi be. Ibi nkatekereza ko biri mu bintu bikomeye nungukiye ahangaha nzashingiraho nkanoza akazi karimo n’ak’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro.

Ku bw’aba ba Ofisiye basanga aya mahugurwa ari ingenzi cyane mu rwego rw’umutekano waba uwabo bwite n’aho bashobora koherezwa gukorera ubutumwa nk’uko Major Nathan Ndemezo yabibwiye Kigali Today.

Mu byo abasirikari bakuru b’Indorerezi baba bashinzwe harimo gusesengura no kugenzura iyubahirizwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano aba yarasinywe hagati y’impande zihanganye mu gihugu runaka, gutanga ubujyanama bwatuma umutekano w’abaturage urushaho kurindwa n’ibindi.

Izi nshingano bakaba batabasha kuzuzuza neza bataifitemo ubumenyi. Rtd Col Jill Rutaremara Umuyobozi wa Rwanda Peace Academy yagize ati: “Indorerezi za gisirikari zigira uruhare runini mu guhosha amakimbirane hagati y’impande zihanganye mu gace ubutumwa bw’amahoro bukorerwamo. Mu busanzwe impande zitavuga rumwe hari amasezerano ziba zaremeranyijweho y’ibyo buri ruhande rugomba kugenderaho no kubahiriza. Mu gihe hari nk’ugize ibyo arengaho, indorerezi zirasesengura, zigakora iperereza na za raporo, byaba na ngombwa bakaba abahuza cyangwa abajyanama b’igishobora gusubiza ibintu mu buryo.

Aba kandi twanabigishije ko mu gihe bari mu kazi kabo baba bagomba kwitega ko bagiriramo ingorane nko kugwa mu gaco k’umwanzi, kugabwaho ibitero, ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana bisaba kuba bafite ubumenyi mu guhangana nabyo bikagendana n’ubwirinzi bwabo ku giti cyabo. Ni ngombwa kuba basobanukiwe neza uko babyitwaramo mu gihe hari nk’ikibazo bahuye nacyo”.

Ni amahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda binyuze mu Kigo Rwanda Peace Academy ku bufatanye bw’ubunyamabanga bw’Ibihugu bigize Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye Eastern Africa Standby Force (EASF) n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Abayitabiriye baturuka mu bihugu umunani birimo u Burundi, Comoros, Ethiopia, Kenya, Somalia, Sudan, Uganda n’u Rwanda rwayakiriye.

RADIOTV10RWANDA

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ngoma: Hafashwe icyemezo cyihuse ku hiswe ‘Gabanyifiriti’ hakorerwaga amasengesho

Next Post

Messengers Singers yo mu Itorero ry’Abadiventiste igiye gukora Album yatumiye Israel Mbonyi 

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

by radiotv10
16/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that it has agreed...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

IZIHERUKA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora
IMIBEREHO MYIZA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

16/12/2025
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

16/12/2025
Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

16/12/2025
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Messengers Singers yo mu Itorero ry’Abadiventiste igiye gukora Album yatumiye Israel Mbonyi 

Messengers Singers yo mu Itorero ry'Abadiventiste igiye gukora Album yatumiye Israel Mbonyi 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.