Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Agahinda k’imiryango 10 yacumbikiwe mu nzu imwe igorwa na byinshi birimo gutera akabariro

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Agahinda k’imiryango 10 yacumbikiwe mu nzu imwe igorwa na byinshi birimo gutera akabariro
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango icumi y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu, yacumbikwe mu nzu imwe, irarira ayo kwarika kubera kubangamirwa n’iyi mibereho, yatumye hari bimwe bacikaho nko kugira uko bigenza mu buriri.

Iyi miryango icumi, yacumbikiwe mu nzu iherereye mu Mudugudu wa Bunyove mu Kagari ka Buhungwe, nyuma yo gusenyerwa inzu zabo zendaga kubagwaho.

Aba baturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, yabwiye RADIOTV10 ko ibayeho mu buzima bugoye kuruta ubwo bari barimo nubwo babaga mu nzu zishaje, kuko bwo babashaga kubaha ubuzima bwabo bwite.

Umuturage umwe yagize ati”Turi mu nzu turi abadamu icumi n’abagabo bacu icumi n’abana, ugasanga kuganira iby’umuryango bwite ntibishobotse kubera kuba mu nzu imwe dutandukanye.”

Mugenzi we na we ati “Baryama ari abantu nka 20 mu nzu imwe, buri wese yumva ibyo abandi baganira, mbese kugira ngo bakore icyumba batambikamo umwenda kugira ngo batarebana, hano buri wese yaryamaga mu kiraro cye, ntawumva iby’undi.”

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, yavuze ko agiye gufatanya n’izindi nzego kugira ngo iki kibazo gikemuke.

Icyakora avuga ko aba baturage na bo bajya bishyira mu bibazo nk’ibi. Ati “Hari igihe umuntu bamucumbikira ari amwe abandi bakaza bamusanga, nagiye numva amakuru ko hari n’abandi bo mu tundi Turere bahaza. Uko biri kose ntawakubaka inzu imwe ngo ayishyiremo imiryango icumi, ahubwo haba hari ikindi kintu cyabayeho nyuma y’uko umuha iyo nzu hakavuka ibindi bibazo abantu bagashaka kubikemurira muri iyo nzu cyangwa umuntu akagira abashyitsi bakanga gutaha.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Abaturarwanda bategujwe ko imvura izakomeza kuba nyinshi hanagaragazwa ibice izagwamo kurusha ahandi

Next Post

Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.