Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Agahinda k’imiryango 10 yacumbikiwe mu nzu imwe igorwa na byinshi birimo gutera akabariro

radiotv10by radiotv10
01/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Agahinda k’imiryango 10 yacumbikiwe mu nzu imwe igorwa na byinshi birimo gutera akabariro
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango icumi y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu, yacumbikwe mu nzu imwe, irarira ayo kwarika kubera kubangamirwa n’iyi mibereho, yatumye hari bimwe bacikaho nko kugira uko bigenza mu buriri.

Iyi miryango icumi, yacumbikiwe mu nzu iherereye mu Mudugudu wa Bunyove mu Kagari ka Buhungwe, nyuma yo gusenyerwa inzu zabo zendaga kubagwaho.

Aba baturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, yabwiye RADIOTV10 ko ibayeho mu buzima bugoye kuruta ubwo bari barimo nubwo babaga mu nzu zishaje, kuko bwo babashaga kubaha ubuzima bwabo bwite.

Umuturage umwe yagize ati”Turi mu nzu turi abadamu icumi n’abagabo bacu icumi n’abana, ugasanga kuganira iby’umuryango bwite ntibishobotse kubera kuba mu nzu imwe dutandukanye.”

Mugenzi we na we ati “Baryama ari abantu nka 20 mu nzu imwe, buri wese yumva ibyo abandi baganira, mbese kugira ngo bakore icyumba batambikamo umwenda kugira ngo batarebana, hano buri wese yaryamaga mu kiraro cye, ntawumva iby’undi.”

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, yavuze ko agiye gufatanya n’izindi nzego kugira ngo iki kibazo gikemuke.

Icyakora avuga ko aba baturage na bo bajya bishyira mu bibazo nk’ibi. Ati “Hari igihe umuntu bamucumbikira ari amwe abandi bakaza bamusanga, nagiye numva amakuru ko hari n’abandi bo mu tundi Turere bahaza. Uko biri kose ntawakubaka inzu imwe ngo ayishyiremo imiryango icumi, ahubwo haba hari ikindi kintu cyabayeho nyuma y’uko umuha iyo nzu hakavuka ibindi bibazo abantu bagashaka kubikemurira muri iyo nzu cyangwa umuntu akagira abashyitsi bakanga gutaha.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 6 =

Previous Post

Abaturarwanda bategujwe ko imvura izakomeza kuba nyinshi hanagaragazwa ibice izagwamo kurusha ahandi

Next Post

Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Perezida Kagame wageze muri America yahuye n’abanyapolitiki baho ba mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.