Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA
0
Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba muri Canada, bakomeje kugaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa mugenzi wabo, Erixon Kabera wari usanzwe ari mu buyobozi bw’ababa muri Toronto, uherutse kwicirwa muri Iki Gihugu yari amazemo imyaka 20, bagasaba ko hatangwa ibisobanuro ndetse n’ubutabera.

Erixon Kabera yishwe arashwe na Polisi yo muri Canada, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 09 Ugushyingo 2024, aho yarasiwe mu Mujyi wa Hamilton wegeranye na Toronto.

Urupfu rwe rwashenguye benshi byumwihariko umuryango we [uwo akomokamo n’uwo yari yarashinze], ndetse n’Abanyarwanda baba muri iki Gihugu cya Canada.

Amakuru yabanje gutangazwa, yavugaga ko nyakwigendera yarashwe nyuma yo guhangana n’Abapolisi abarashe, bikaza gutuma na bo bamurasa, ariko biza kwemezwa ko nta kurasana kwabayeho.

Lydia Nimbeshaho, umugore wa nyakwegendera avuga ko ibyatangajwe ko umugabo we yarashe, ari ikinyoma cyambaye ubusa, kuko “nta mbunda yagiraga.”

Lydia Nimbeshaho avuga ko umugabo we yari umuntu urangwa n’imyitwarire iboneye, kandi ko mu buzima bwe yakundaga gukorera Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’ababa muri Toronto.

Ati “Si na kominote y’Abanyarwanda gusa, ni umuntu wakoranye na Polisi ya hano mu bikorwa byo kwita kuri kominote. Twebwe abamuzi twese nta muntu uzi Erixon agira intwaro. Ni umuntu w’amahoro, mu bintu byose yakora, ntabwo yarwana cyangwa ngo asagarire abapolisi.”

Umunyarwandakazi Josephone Murphy usanzwe atuye muri Canada, na we uri mu bashenguwe n’urupfu rwa nyakwingedera, yatangaje ko mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Ugushyingo 2024, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri iki Gihugu, bongeye guteranira hamwe mu kiriyo cyo kumwunamira.

Yagize ati “Umurage we uzahora ari inkingi y’urukundo n’umuhate kuri Kominote. Turakomeza gusaba dushikamye ko ahabwa ubutabera, dusaba ko habaho kubazwa inshingano mu iperereza kuri uru rupfu rw’agashinyaguro.”

Alain Patrick Ndengera uyobora Kominote y’Abanyarwanda baba muri Canada, avuga ko amakuru yabanje gutangwa na Polisi yagiye ahindagurika, aho yabanje gutangaza ko habayeho kurasana hagati y’umupolisi n’uyu Munyarwanda, ariko nyuma ikaza kuvuga ko habayeho kumwitiranya, ndetse ko hahise hatangira iperereza.

Yagize ati “Njye nka Perezida wa RCA Canada ndasaba Ubuyobozi bwa Canada ko habaho iperereza rinyuze mu mucyo, ukuri kose kukajya ahagaragara. Niba hari abakoze amakosa mu ba-Polisi bajye mu nkiko bisobanure.”

Nyakwigendera asize abana batatu, akaba yari amaze imyaka 20 aba muri Canada, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Toronto.

Nyakwigendera yazirikanywe
Abanyarwanda baba muri Canada bari mu kiriyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

AMAFOTO: Myugariro uri mu bigaragaje mu Rwanda yamaze gutangira akazi aherutse kubona

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.