Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA
0
Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba muri Canada, bakomeje kugaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa mugenzi wabo, Erixon Kabera wari usanzwe ari mu buyobozi bw’ababa muri Toronto, uherutse kwicirwa muri Iki Gihugu yari amazemo imyaka 20, bagasaba ko hatangwa ibisobanuro ndetse n’ubutabera.

Erixon Kabera yishwe arashwe na Polisi yo muri Canada, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 09 Ugushyingo 2024, aho yarasiwe mu Mujyi wa Hamilton wegeranye na Toronto.

Urupfu rwe rwashenguye benshi byumwihariko umuryango we [uwo akomokamo n’uwo yari yarashinze], ndetse n’Abanyarwanda baba muri iki Gihugu cya Canada.

Amakuru yabanje gutangazwa, yavugaga ko nyakwigendera yarashwe nyuma yo guhangana n’Abapolisi abarashe, bikaza gutuma na bo bamurasa, ariko biza kwemezwa ko nta kurasana kwabayeho.

Lydia Nimbeshaho, umugore wa nyakwegendera avuga ko ibyatangajwe ko umugabo we yarashe, ari ikinyoma cyambaye ubusa, kuko “nta mbunda yagiraga.”

Lydia Nimbeshaho avuga ko umugabo we yari umuntu urangwa n’imyitwarire iboneye, kandi ko mu buzima bwe yakundaga gukorera Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’ababa muri Toronto.

Ati “Si na kominote y’Abanyarwanda gusa, ni umuntu wakoranye na Polisi ya hano mu bikorwa byo kwita kuri kominote. Twebwe abamuzi twese nta muntu uzi Erixon agira intwaro. Ni umuntu w’amahoro, mu bintu byose yakora, ntabwo yarwana cyangwa ngo asagarire abapolisi.”

Umunyarwandakazi Josephone Murphy usanzwe atuye muri Canada, na we uri mu bashenguwe n’urupfu rwa nyakwingedera, yatangaje ko mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Ugushyingo 2024, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri iki Gihugu, bongeye guteranira hamwe mu kiriyo cyo kumwunamira.

Yagize ati “Umurage we uzahora ari inkingi y’urukundo n’umuhate kuri Kominote. Turakomeza gusaba dushikamye ko ahabwa ubutabera, dusaba ko habaho kubazwa inshingano mu iperereza kuri uru rupfu rw’agashinyaguro.”

Alain Patrick Ndengera uyobora Kominote y’Abanyarwanda baba muri Canada, avuga ko amakuru yabanje gutangwa na Polisi yagiye ahindagurika, aho yabanje gutangaza ko habayeho kurasana hagati y’umupolisi n’uyu Munyarwanda, ariko nyuma ikaza kuvuga ko habayeho kumwitiranya, ndetse ko hahise hatangira iperereza.

Yagize ati “Njye nka Perezida wa RCA Canada ndasaba Ubuyobozi bwa Canada ko habaho iperereza rinyuze mu mucyo, ukuri kose kukajya ahagaragara. Niba hari abakoze amakosa mu ba-Polisi bajye mu nkiko bisobanure.”

Nyakwigendera asize abana batatu, akaba yari amaze imyaka 20 aba muri Canada, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Toronto.

Nyakwigendera yazirikanywe
Abanyarwanda baba muri Canada bari mu kiriyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eighteen =

Previous Post

AMAFOTO: Myugariro uri mu bigaragaje mu Rwanda yamaze gutangira akazi aherutse kubona

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Related Posts

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

IZIHERUKA

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege
FOOTBALL

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

by radiotv10
04/11/2025
0

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

04/11/2025
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

04/11/2025
Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clementine

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.