Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko mu gihe rikomeje kubahiriza icyemezo cy’agahenge ryafashe, uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR, bo bari kwisuganya ngo bagarukane ingufu nyinshi mu mirwano.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025, rivuga ko mu rwego rwo kubahiriza ibyemezo byagiye bifatwa ku rwego rw’akarere, iri huriro rikomeje kubahiriza icyemezo ryafashe ku giti cyaryo cyo kuba rihagaritse imirwano, cyatangiye kubahirizwa tariki 04 kikongera kwemezwa ku ya 22 Gashyantare 2025.

Iri Huriro rigakomeza rigira riti “Gusa, ubutegetsi bwa Kinshasa n’ingabo bihuje, zirimo FARDC, FDLR, Inyeshyamba za Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi (FDNB) bakomeje kwisuganya kugira ngo bongere imbaraga mu ntambara.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ibi bigaragazwa no kongera imbaraga mu bikorwa bya gisirikare, birimo kohereza abandi basirikare b’inyongera, kuzana ibindi bikoresho, ndetse no kwisuganya kw’udutsiko tw’abarwanyi biri kugaragara mu bice bya Ruzizi ndetse na Walikare, Masisi na Lubero.

Iri huriro ribarizwamo umutwe wa M23, rivuga ko nubwo ryemeje aka gahenge ko guhagarika imirwano, ariko abarwanyi b’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bo bakomeje kwibasira abaturage, ndetse bakomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote (drone) ndetse n’iby’indege z’intambara bigamije kurimbura imiryango migari y’Abanyekongo yibasiwe.

AFC/M23 ikomeza igaragaza zimwe mu ngero z’ibitero biherutse vuba aha, birimo ibyo kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025 byagabwe mu bice bya Minembwe by’umwihariko mu duce twa Irundu na Nyarujoka, byanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zimwe, kimwe n’ibindi bitero byabaye muri Uvira byibasira Abanyamulenge.

Iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 iramagana yivuye inyuma uku guhonyora uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira mpuzamahanga bw’ikiramwamuntu, unababazwa n’imyitwarire y’Umuryango mpuzamahanga kuri ibi bikorwa bigize ibyaha bikomeye. Guceceka no kutagira igikorwa bikomeje kugaragazwa n’abagakwiye kugira icyo bakora bitiza umurindi abari gushyira mu bikorwa iyi migambi ibangamira ubuzima bw’abasivile.”

Iri huriro ryongeye kwibutsa ko rishyize imbere inzira z’ibiganiro bya politiki mu gushaka umuti w’aya makimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, rikanasaba abayobozi bo mu karere gushyiraho uburyo bwatuma ibi biganiro bibaho, ndetse no gushyiraho ingamba zihuse zo gutumwa ubutegetsi bwa Congo buryozwa ibi bikorwa bigize ibyaha bukora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Donna Kristii says:
    10 months ago

    Ntakeza kintambara

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 8 =

Previous Post

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Next Post

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.