Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
Agezweho muri Congo: Hatahuwe umugambi w’ibyo FARDC n’Ingabo z’u Burundi bahugiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko mu gihe rikomeje kubahiriza icyemezo cy’agahenge ryafashe, uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR, bo bari kwisuganya ngo bagarukane ingufu nyinshi mu mirwano.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025, rivuga ko mu rwego rwo kubahiriza ibyemezo byagiye bifatwa ku rwego rw’akarere, iri huriro rikomeje kubahiriza icyemezo ryafashe ku giti cyaryo cyo kuba rihagaritse imirwano, cyatangiye kubahirizwa tariki 04 kikongera kwemezwa ku ya 22 Gashyantare 2025.

Iri Huriro rigakomeza rigira riti “Gusa, ubutegetsi bwa Kinshasa n’ingabo bihuje, zirimo FARDC, FDLR, Inyeshyamba za Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi (FDNB) bakomeje kwisuganya kugira ngo bongere imbaraga mu ntambara.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko ibi bigaragazwa no kongera imbaraga mu bikorwa bya gisirikare, birimo kohereza abandi basirikare b’inyongera, kuzana ibindi bikoresho, ndetse no kwisuganya kw’udutsiko tw’abarwanyi biri kugaragara mu bice bya Ruzizi ndetse na Walikare, Masisi na Lubero.

Iri huriro ribarizwamo umutwe wa M23, rivuga ko nubwo ryemeje aka gahenge ko guhagarika imirwano, ariko abarwanyi b’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bo bakomeje kwibasira abaturage, ndetse bakomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote (drone) ndetse n’iby’indege z’intambara bigamije kurimbura imiryango migari y’Abanyekongo yibasiwe.

AFC/M23 ikomeza igaragaza zimwe mu ngero z’ibitero biherutse vuba aha, birimo ibyo kuri uyu wa 25 Gashyantare 2025 byagabwe mu bice bya Minembwe by’umwihariko mu duce twa Irundu na Nyarujoka, byanahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zimwe, kimwe n’ibindi bitero byabaye muri Uvira byibasira Abanyamulenge.

Iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 iramagana yivuye inyuma uku guhonyora uburenganzira bwa muntu n’uburenganzira mpuzamahanga bw’ikiramwamuntu, unababazwa n’imyitwarire y’Umuryango mpuzamahanga kuri ibi bikorwa bigize ibyaha bikomeye. Guceceka no kutagira igikorwa bikomeje kugaragazwa n’abagakwiye kugira icyo bakora bitiza umurindi abari gushyira mu bikorwa iyi migambi ibangamira ubuzima bw’abasivile.”

Iri huriro ryongeye kwibutsa ko rishyize imbere inzira z’ibiganiro bya politiki mu gushaka umuti w’aya makimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, rikanasaba abayobozi bo mu karere gushyiraho uburyo bwatuma ibi biganiro bibaho, ndetse no gushyiraho ingamba zihuse zo gutumwa ubutegetsi bwa Congo buryozwa ibi bikorwa bigize ibyaha bukora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Donna Kristii says:
    1 year ago

    Ntakeza kintambara

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + nine =

Previous Post

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Next Post

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

America yavuze umushinga ukomeye ihanzego amaso Igihugu yafashije mu ntambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.