Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Bunagana muri Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahamaze kimwe cya kabiri cy’umwaka hagenzurwa na M23, habaye imyigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi buri gukorerwa abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bwanamaganywe n’Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu Rwanda.

Iyi myigaragambyo yabereye umunsi umwe kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho Abanyekongo benshi bateraniye i Bunagana hafi y’umupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, bagakora iyi myigaragambyo.

Abitabiriye iyi myigaragarambyo yabereye i Bunagana, bari bafite ibyapa byanditseho ubutumwa bageneye ubutegetsi bw’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinja gukorana n’imitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi bavuga ko ari Jenoside.

Basabye imiryango mpuzamanga nk’Uwabibumbye, uwa Afurika Yunze Ubumwe, uwa Afurika y’Iburasirazuba ndetse na DADC kugira uruhare mu guhagarika ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

Umujyi wa Bunagana umaze amezi atandatu uri mu maboko y’umutwe wa M23, dore ko wawufashe muri Kamena 2022 nyuma y’imirwano ikomeye yari yawuhuje na FARDC.

Muri iyi myigaragambyo kandi, abayitabiriye bageneye ubutumwa umutwe wa M23, bawushimira kuba warabakuye mu menyo ya rubamba ndetse ukaba ukomeje kubacungira umutekano.

Imyigaragambyo yari ifite ubutumwa nk’ubu, yanakozwe mu Rwanda, aho yitabiriwe n’impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe.

Aba banyekongo barimo n’abamaze imyaka 25 mu buhungiro mu Rwanda, na bo bageneye ubutumwa ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, babusaba guhagarika ibikorwa byo guhohotera abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bavuga ko abanyekongo bakoresha ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gukorerwa Jenoside, nyamara amahanga arebera.

Izi mpunzi kandi zavuze ko zirambiwe gukomeza kuba mu buhungiro kandi Igihugu cyabo gihari, zisaba amahanga kuzifasha zigatahuka kuko “kumara kimwe cya kane cy’ikinyejana mu buhunzi, bibabaje.”

Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gishinjwa gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, irimo uwa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatusti.

Bageneye ubutumwa imiryango mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 17 =

Previous Post

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

Next Post

Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.