Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Bunagana muri Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahamaze kimwe cya kabiri cy’umwaka hagenzurwa na M23, habaye imyigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi buri gukorerwa abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bwanamaganywe n’Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu Rwanda.

Iyi myigaragambyo yabereye umunsi umwe kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho Abanyekongo benshi bateraniye i Bunagana hafi y’umupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, bagakora iyi myigaragambyo.

Abitabiriye iyi myigaragarambyo yabereye i Bunagana, bari bafite ibyapa byanditseho ubutumwa bageneye ubutegetsi bw’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinja gukorana n’imitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi bavuga ko ari Jenoside.

Basabye imiryango mpuzamanga nk’Uwabibumbye, uwa Afurika Yunze Ubumwe, uwa Afurika y’Iburasirazuba ndetse na DADC kugira uruhare mu guhagarika ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

Umujyi wa Bunagana umaze amezi atandatu uri mu maboko y’umutwe wa M23, dore ko wawufashe muri Kamena 2022 nyuma y’imirwano ikomeye yari yawuhuje na FARDC.

Muri iyi myigaragambyo kandi, abayitabiriye bageneye ubutumwa umutwe wa M23, bawushimira kuba warabakuye mu menyo ya rubamba ndetse ukaba ukomeje kubacungira umutekano.

Imyigaragambyo yari ifite ubutumwa nk’ubu, yanakozwe mu Rwanda, aho yitabiriwe n’impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe.

Aba banyekongo barimo n’abamaze imyaka 25 mu buhungiro mu Rwanda, na bo bageneye ubutumwa ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, babusaba guhagarika ibikorwa byo guhohotera abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bavuga ko abanyekongo bakoresha ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gukorerwa Jenoside, nyamara amahanga arebera.

Izi mpunzi kandi zavuze ko zirambiwe gukomeza kuba mu buhungiro kandi Igihugu cyabo gihari, zisaba amahanga kuzifasha zigatahuka kuko “kumara kimwe cya kane cy’ikinyejana mu buhunzi, bibabaje.”

Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gishinjwa gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, irimo uwa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatusti.

Bageneye ubutumwa imiryango mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

Next Post

Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.