Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahubwo bizateza ubukene- Ntiyemeranya n’icyemezo cya BNR kigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ahubwo bizateza ubukene- Ntiyemeranya n’icyemezo cya BNR kigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ifashe icyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko, umusesenguzi mu by’ubukungu avuga ko iki cyemezo kizateza ibibazo kurusha uko cyabikemura kuko kizateza ubukene kinazamure ubushomeri.

Ku wa Kabiri tariki 15 Ugushyingo 2022, Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko inyungu ku nguzanyo yazamuwe ikagera kuri 6.5% ivuye kuri 6% yariho mu kwezi kwa 8/2022 mu gihe mu kwa 02/2022 yari iri kuri 5%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko iki cyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo zakwa amabanki, kiba kigamije kugabanya inguzanyo zihabwa abantu bityo n’amafaranga ari gukoreshwa hanze, agabanuke mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Ibiciro bishobora kuzamuka kubera ko iyo mfite amafaranga ngasanga igiciro cyazamutse, ndagura ntacyo mba nitayeho, ariko iyo mfite amafaranga macye, n’iyo igiciro kizamutse, ntekereza kabiri mbere yuko ngura. Icyo gihe wa wundi wazamuraga igiciro bikamuca intege ntakomeze kuzamura kubera ko yabuze abaguzi.”

Uyu muyobozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda avuga ko nubwo iki cyemezo kigira uruhare mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko, ariko ko atari byo biza imbere kurusha kuba umusaruro w’ibikenerwa ku masoko wakwiyongera.

Umuhanga mu bijyanye n’ubukungu, Teddy Kaberuka, avuga ko iki cyemezo cyafashwe na BNR gishobora kugira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu.

Avuga ko uretse kuba hari benshi bifuzaga kwaka inguzanyo batazaba bakizatse, ariko n’abazazifata zizaba zibahenze ku buryo na bo ibyo bazakora bizagera ku babikeneye bihenze.

Ati “Niba ari umuntu ufite uruganda ibyo azakora azabihenda kuko na we yabikoresheje inguzanyo yamuhenze, niba ari umucuruzi usanzwe na we azajya kurangura ariko yaranguje amafaranga yamuhenze, bitume na we ahenda abandi.”

Uyu musesenguzi avuga ko kiriya cyemezo cyafashwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kitatanga umuti w’ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Kiriya cyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo gituma abashoramari bacika intege yo gufata inguzanyo. Ibiciro byacu ku masoko ikibitera kuzamuka, ni ubucye bw’ibintu dufite, ni umusaruro mucye, ntabwo ibiciro bizamuka kubera amafaranga ari menshi mu bantu, ahubwo bizatuma abantu barushaho gukena.”

Teddy Kaberuka avuga ko uku gukomeza kuzamura inyungu ku nguzanyo zitangwa n’amabanki, bizagira ingaruka ku bifuza gushora imari ndetse n’abasanganywe imishinga, bitume ubushomeri burushaho kwiyongera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + six =

Previous Post

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Next Post

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.