Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ahubwo bizateza ubukene- Ntiyemeranya n’icyemezo cya BNR kigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro

radiotv10by radiotv10
17/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ahubwo bizateza ubukene- Ntiyemeranya n’icyemezo cya BNR kigamije guhangana n’itumbagira ry’ibiciro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ifashe icyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko, umusesenguzi mu by’ubukungu avuga ko iki cyemezo kizateza ibibazo kurusha uko cyabikemura kuko kizateza ubukene kinazamure ubushomeri.

Ku wa Kabiri tariki 15 Ugushyingo 2022, Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko inyungu ku nguzanyo yazamuwe ikagera kuri 6.5% ivuye kuri 6% yariho mu kwezi kwa 8/2022 mu gihe mu kwa 02/2022 yari iri kuri 5%.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa avuga ko iki cyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo zakwa amabanki, kiba kigamije kugabanya inguzanyo zihabwa abantu bityo n’amafaranga ari gukoreshwa hanze, agabanuke mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Ibiciro bishobora kuzamuka kubera ko iyo mfite amafaranga ngasanga igiciro cyazamutse, ndagura ntacyo mba nitayeho, ariko iyo mfite amafaranga macye, n’iyo igiciro kizamutse, ntekereza kabiri mbere yuko ngura. Icyo gihe wa wundi wazamuraga igiciro bikamuca intege ntakomeze kuzamura kubera ko yabuze abaguzi.”

Uyu muyobozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda avuga ko nubwo iki cyemezo kigira uruhare mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku masoko, ariko ko atari byo biza imbere kurusha kuba umusaruro w’ibikenerwa ku masoko wakwiyongera.

Umuhanga mu bijyanye n’ubukungu, Teddy Kaberuka, avuga ko iki cyemezo cyafashwe na BNR gishobora kugira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu.

Avuga ko uretse kuba hari benshi bifuzaga kwaka inguzanyo batazaba bakizatse, ariko n’abazazifata zizaba zibahenze ku buryo na bo ibyo bazakora bizagera ku babikeneye bihenze.

Ati “Niba ari umuntu ufite uruganda ibyo azakora azabihenda kuko na we yabikoresheje inguzanyo yamuhenze, niba ari umucuruzi usanzwe na we azajya kurangura ariko yaranguje amafaranga yamuhenze, bitume na we ahenda abandi.”

Uyu musesenguzi avuga ko kiriya cyemezo cyafashwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kitatanga umuti w’ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko.

Ati “Kiriya cyemezo cyo kuzamura inyungu ku nguzanyo gituma abashoramari bacika intege yo gufata inguzanyo. Ibiciro byacu ku masoko ikibitera kuzamuka, ni ubucye bw’ibintu dufite, ni umusaruro mucye, ntabwo ibiciro bizamuka kubera amafaranga ari menshi mu bantu, ahubwo bizatuma abantu barushaho gukena.”

Teddy Kaberuka avuga ko uku gukomeza kuzamura inyungu ku nguzanyo zitangwa n’amabanki, bizagira ingaruka ku bifuza gushora imari ndetse n’abasanganywe imishinga, bitume ubushomeri burushaho kwiyongera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Rwamagana: Umwana yicanywe ubunyamaswa uwabikoze acikana umutwe we

Next Post

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Dj Brianne yageze i Burundi agaragarizwa ko naho akunzwe nk’i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.