• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AKA KANYA: Uko byifashe kuri Petite Barrière ahamaze kurasirwa umusirikare wa FARDC

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
AKA KANYA: Uko byifashe kuri Petite Barrière ahamaze kurasirwa umusirikare wa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Aka kanya ku mupaka muto uzwi nka Petite Barrière uhuza u Rwanda na DRCongo, hari gukorwa ubugenzuzi bw’itsinda rishinzwe kugenzura imipaka mu Karere rizwi nka EJVM (The Expanded Joint Verification Mechanism) riri kureba iby’umusirikare wa FARDC warasiwe kuri uyu mupaka ubwo yinjiraga mu Rwanda arasa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri kuri uyu mupaka aharigukorwa ubu bugenzuzi, aravuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza DRC na zo ziri kumwe n’abasirikare ba EJVM.

Iri tsinda rya gisirikare risanzwe rikora ubugenzuzi bw’imipaka yo mu karere, riri gukora iperereza ry’uburyo uyu musirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa ndetse n’uburyo yarashwe.

Hakurya no hakuno ku mpande z’Ibihugu byombi, abaturage na bo bashungereye ari benshi aho bari kureba ibiri gukorerwa kuri uyu mupaka.

Uyu musirikare wa FARDC yarasiwe ku mupaka ubwo yinjiraga mu Rwanda arasa abarimo Abapolisi b’u Rwanda ndetse n’abaturage, akabakomeretsa aho bamwe bahise bajyanwa mu bitaro kugira ngo bitabweho.

Ubwo uyu musirikare wa FARDC, yinjiraga arasa mu Rwanda, udahusha umwe mu barinda umutekano mu nzego z’umutekano z’u Rwanda, yahise arasa uyu musirikare wa Congo, wari ukomeje kurasa, ahita agwa aho.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zakunze kuvuga ko zihora zihagaze bwuma mu kurinda umutekano w’Abanyarwanda ku buryo nta muntu uzaza ashaka kuwuhungabanya ngo zimurebere izuba.

EJVM yahise iza gukora iperereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Rusizi: Ubuyobozi buri gusohora mu nzu umukecuru w’imyaka 92 none abaturanyi be bahagurutse

Next Post

RDF itangaje amakuru arambuye ku iraswa ry’Umusirikare wa FARDC winjiraga mu Rwanda afite imbunda y’intambara

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post

RDF itangaje amakuru arambuye ku iraswa ry’Umusirikare wa FARDC winjiraga mu Rwanda afite imbunda y’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.