Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AKA KANYA: Uko byifashe kuri Petite Barrière ahamaze kurasirwa umusirikare wa FARDC

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
AKA KANYA: Uko byifashe kuri Petite Barrière ahamaze kurasirwa umusirikare wa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Aka kanya ku mupaka muto uzwi nka Petite Barrière uhuza u Rwanda na DRCongo, hari gukorwa ubugenzuzi bw’itsinda rishinzwe kugenzura imipaka mu Karere rizwi nka EJVM (The Expanded Joint Verification Mechanism) riri kureba iby’umusirikare wa FARDC warasiwe kuri uyu mupaka ubwo yinjiraga mu Rwanda arasa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri kuri uyu mupaka aharigukorwa ubu bugenzuzi, aravuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza DRC na zo ziri kumwe n’abasirikare ba EJVM.

Iri tsinda rya gisirikare risanzwe rikora ubugenzuzi bw’imipaka yo mu karere, riri gukora iperereza ry’uburyo uyu musirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa ndetse n’uburyo yarashwe.

Hakurya no hakuno ku mpande z’Ibihugu byombi, abaturage na bo bashungereye ari benshi aho bari kureba ibiri gukorerwa kuri uyu mupaka.

Uyu musirikare wa FARDC yarasiwe ku mupaka ubwo yinjiraga mu Rwanda arasa abarimo Abapolisi b’u Rwanda ndetse n’abaturage, akabakomeretsa aho bamwe bahise bajyanwa mu bitaro kugira ngo bitabweho.

Ubwo uyu musirikare wa FARDC, yinjiraga arasa mu Rwanda, udahusha umwe mu barinda umutekano mu nzego z’umutekano z’u Rwanda, yahise arasa uyu musirikare wa Congo, wari ukomeje kurasa, ahita agwa aho.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zakunze kuvuga ko zihora zihagaze bwuma mu kurinda umutekano w’Abanyarwanda ku buryo nta muntu uzaza ashaka kuwuhungabanya ngo zimurebere izuba.

EJVM yahise iza gukora iperereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eleven =

Previous Post

Rusizi: Ubuyobozi buri gusohora mu nzu umukecuru w’imyaka 92 none abaturanyi be bahagurutse

Next Post

RDF itangaje amakuru arambuye ku iraswa ry’Umusirikare wa FARDC winjiraga mu Rwanda afite imbunda y’intambara

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

RDF itangaje amakuru arambuye ku iraswa ry’Umusirikare wa FARDC winjiraga mu Rwanda afite imbunda y’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.