Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akagari kavuzweho gufungirwamo abaturage hari abandi barimo umugore utwite bahafungiwe bazira isuku nke

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bagenzi babo umunani barimo umugore utwite bafungiwe ku Biro by’Akagari mu cyumba kimwe ari abagabo n’abagore, ngo bazizwa kutagira ubwiherero bumeze neza n’isuku nke.

Aba bantu bafunzwe kuva ku isaha ya saa sita z’amanywa zo ku wa Gatatu ku mpamvu zirimo kutagira ubwiherero no kugaragaza isuku nke.

Umugore witwa Uwingeneye Anonsiyata ufite inda nk’uko bivugwa n’umugabo we Niyonkuru Vincent, ari mu bagore batatu bafunganywe n’abagabo batanu.

Niyonkuru Vincent ati “Bamufashe saa sita nibwo nari nkiva mu kazi abantu barambwira ngo baramujyanye. Ikibazo ngo ni ubwiherero budasakaye kandi nari ndi gushaka amafaranga yo kugura ibati ngo mbusakare. Aratwite afite inda igeze mu mezi kandi ijya imukoroga.”

Undi muturage wahaye amakuru atabariza bagenzi be bafunzwe muri ubwo buryo, yabwiye RADIOTV10 ko babafungiye hamwe ari abagabo n’abagore ndeste ko babujijwe uburenganzira bwo kujya ku bwiherero.

Ati “Ikibabaje ni uko abagore n’abagabo babavanze, kandi bakaba banze ko banjya kuri wese.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura, Sindayiheba Aphrodis yemereye RADIOTV10 ko aba baturage bafungiwe mu Biro by’Akagari, mu rwego rwo kugira ngo baganirizwe ngo bisubireho ku bijyanye n’isuku.

Yagize ati “Abaturage bahari ku buryo buzwi, ni gahunda turimo yo kuganiriza abaturage bafite isuku nke, harimo n’abatagira ubwiherero cyangwa abafite ubukoze nabi, n’umwanda muri rusange cyangwa isuku nke. Rero bari kuganirizwa buri wese ukwe akaniyemeza ingamb aagiye gufata.”

Ubwo iyi nkuru yandikwaga, hari amakuru yamenyekanye ko abagore batatu bari kumwe n’abagabo batanu bo bari bamaze kurekurwa batashye.

Si ubwa mbere abaturage bo muri aka Kagari bumvikanye bataka gufungirwa mu biro byako kuko hari abo Umunyamakuru aherutse gusanga babiri bari bafunzwe na Gitifu w’aka kagari, aho ngo bari basabwe gutanga amafaranga ngo barekurwe umwe akayatanga undi akararamo.

Icyo gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yari yavuze ko gufungira abaturage mu Kagari muri ubwo buryo biramutse ari byo kwaba ari ukubahohotera kandi ko bitemewe ndetse ko byari bigiye gukurikiranwa, icyakora na nyuma uyu muyobozi yakomeje kuhafungira abaturage.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + one =

Previous Post

Umubare w’abandura icyorezo cya Korera muri Sudan ukomeje gutumbagira

Next Post

Ikivugwaho gutera isubikwa ry’urubanza ruregwamo abarimo abasirikare ba RDF n’abanyamakuru

Related Posts

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Ikivugwaho gutera isubikwa ry’urubanza ruregwamo abarimo abasirikare ba RDF n’abanyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.