Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Abashoramari b’u Rwanda batangiye gucuruza ku isoko rusange Nyafurika, bavuga ko ari amahirwe atagira uko asa kandi ko bizeye ko bizatuma barushaho gutera imbere no guteza imbere Igihugu cyabo.

Mu cyumweru gishize, tariki 07 Ukwakira 2022, i Accra muri Ghana habaye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isoko rusange nyafurika riri kugeragerezwa mu Bihugu umunani.

Ibi Bihugu umunani; ni u Rwanda, Ghana, Kenya, Tanzania, Egypt, Ibirwa bya Maurice, Cameroon na Tunisia.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro iri soko, yavuze ko kuba u Rwanda ruri mu Bihugu byatangiye kugeragerezwamo iri soko, ari amahirwe ku bashoramari bo mu Rwanda.

Yavuze ko ubuhahirane hagati y’Ibihugu bya Afurika bwari busanzweho ariko ko iri soko rusange rizakuraho imbogamizi zose zari zirimo.

Yagize ati “Muri iri soko rusange ni intangiriro nziza, tukaba tunashishikariza n’abandi kurizamo inzira ntigoye. Turimo turategura uburyo twashishikariza abacuruzi bacu bibumbiye mu bikorere (PSF) twatangiye kumenyekanisha imikorere y’iri soko ndetse tumaze kugera mu bigo byinshi.”

Igicuruzwa cya mbere cyacurujwe kuri iri soko rusange, ni ikawa yaturutse mu Rwanda, yagurishijwe muri Ghana.

Pascal Tuyishime, umukozi wa Kompanyi yitwa Vivovita icuruza icyayi cy’u Rwanda, avuga ko ari amahirwe adasanzwe kuba u Rwanda ruri mu Bihugu bya mbere byatangiye gusogongera kuri iri soko.

Agaruka ku ikawa yo mu Rwanda yabaye igicuruzwa cya mbere cyacurujwe kuri iri soko, uyu mushoramari avuga ko imaze kogera amahanga kuko abantu benshi bayikunda.

Ati “Kandi biragenda kuko tumaze kubona mu maguriro makuru (supermarket) mu mahoteli, biratanga icyizere.”

Yavuze ko hagikenewe n’imbaraga mu kwigisha Abanyafurika ko bagomba gukoresha ibicuruzwa baguze mu Bihugu byabo kuko hari abagifite imyumvire ko ibituruka za Burayi na America, biba bifite ireme kurusha ibyo muri Afurika.

Umunyamabanga mukuru w’Isoko Rusange Nyafurika, Wamkele Mene avuga ko iri soko rizatanga umusanzu mu gukemura ibibazo by’urubyiruko rwa Afurika rwajyaga gushakishiriza imibereho i Burayi no muri America.

Yagize ati “Nk’Abanyafurika uyu munsi twavuga ko uretse kuba dufite ibyangombwa byemewe, turi guhuza Afurika y’Iburasirazuba n’Uburengerazuba, Amajyaruguru ya Afurika n’Amajyepfo ya Afurika kandi ubucuruzi buzaba ikiraro cyo guhanga imirimo ku rubyiruko rw’abanyafurika kugira ngo Abanyafurika ntibakomeze gupfira mu Nyanja ya Mediterane bambuka bajya gushaka ubuzima bwiza ku yindi Migabane.”

Yakomeje avuga ko aya ari andi mateka Afurika yanditse, ati “nizera ko mu myaka 15 iri imbere nkuko banki y’Isi yabiragaraje tuzaba twarakuye amamiliyoni y’Abanyafurika mu bukene.”

Gusa avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba ko Ibihugu bya Afurika bihuza umugambi, kandi bikarangwa n’ubushake bwa politiki kuko ari byo shingiro ry’ibyiza byose uyu Mugabe wifuza kugeraho.

INKURU MU MASHUSHO

Denise. M. MPAMBARA
RADIOTV10/ACCRA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Sena y’u Rwanda yasubije Abashingamatageko ba Congo bavuze ko batazakandagira mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.