Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Abashoramari b’u Rwanda batangiye gucuruza ku isoko rusange Nyafurika, bavuga ko ari amahirwe atagira uko asa kandi ko bizeye ko bizatuma barushaho gutera imbere no guteza imbere Igihugu cyabo.

Mu cyumweru gishize, tariki 07 Ukwakira 2022, i Accra muri Ghana habaye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isoko rusange nyafurika riri kugeragerezwa mu Bihugu umunani.

Ibi Bihugu umunani; ni u Rwanda, Ghana, Kenya, Tanzania, Egypt, Ibirwa bya Maurice, Cameroon na Tunisia.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro iri soko, yavuze ko kuba u Rwanda ruri mu Bihugu byatangiye kugeragerezwamo iri soko, ari amahirwe ku bashoramari bo mu Rwanda.

Yavuze ko ubuhahirane hagati y’Ibihugu bya Afurika bwari busanzweho ariko ko iri soko rusange rizakuraho imbogamizi zose zari zirimo.

Yagize ati “Muri iri soko rusange ni intangiriro nziza, tukaba tunashishikariza n’abandi kurizamo inzira ntigoye. Turimo turategura uburyo twashishikariza abacuruzi bacu bibumbiye mu bikorere (PSF) twatangiye kumenyekanisha imikorere y’iri soko ndetse tumaze kugera mu bigo byinshi.”

Igicuruzwa cya mbere cyacurujwe kuri iri soko rusange, ni ikawa yaturutse mu Rwanda, yagurishijwe muri Ghana.

Pascal Tuyishime, umukozi wa Kompanyi yitwa Vivovita icuruza icyayi cy’u Rwanda, avuga ko ari amahirwe adasanzwe kuba u Rwanda ruri mu Bihugu bya mbere byatangiye gusogongera kuri iri soko.

Agaruka ku ikawa yo mu Rwanda yabaye igicuruzwa cya mbere cyacurujwe kuri iri soko, uyu mushoramari avuga ko imaze kogera amahanga kuko abantu benshi bayikunda.

Ati “Kandi biragenda kuko tumaze kubona mu maguriro makuru (supermarket) mu mahoteli, biratanga icyizere.”

Yavuze ko hagikenewe n’imbaraga mu kwigisha Abanyafurika ko bagomba gukoresha ibicuruzwa baguze mu Bihugu byabo kuko hari abagifite imyumvire ko ibituruka za Burayi na America, biba bifite ireme kurusha ibyo muri Afurika.

Umunyamabanga mukuru w’Isoko Rusange Nyafurika, Wamkele Mene avuga ko iri soko rizatanga umusanzu mu gukemura ibibazo by’urubyiruko rwa Afurika rwajyaga gushakishiriza imibereho i Burayi no muri America.

Yagize ati “Nk’Abanyafurika uyu munsi twavuga ko uretse kuba dufite ibyangombwa byemewe, turi guhuza Afurika y’Iburasirazuba n’Uburengerazuba, Amajyaruguru ya Afurika n’Amajyepfo ya Afurika kandi ubucuruzi buzaba ikiraro cyo guhanga imirimo ku rubyiruko rw’abanyafurika kugira ngo Abanyafurika ntibakomeze gupfira mu Nyanja ya Mediterane bambuka bajya gushaka ubuzima bwiza ku yindi Migabane.”

Yakomeje avuga ko aya ari andi mateka Afurika yanditse, ati “nizera ko mu myaka 15 iri imbere nkuko banki y’Isi yabiragaraje tuzaba twarakuye amamiliyoni y’Abanyafurika mu bukene.”

Gusa avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba ko Ibihugu bya Afurika bihuza umugambi, kandi bikarangwa n’ubushake bwa politiki kuko ari byo shingiro ry’ibyiza byose uyu Mugabe wifuza kugeraho.

INKURU MU MASHUSHO

Denise. M. MPAMBARA
RADIOTV10/ACCRA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + seven =

Previous Post

Sena y’u Rwanda yasubije Abashingamatageko ba Congo bavuze ko batazakandagira mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.