Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika

radiotv10by radiotv10
11/10/2022
in MU RWANDA
0
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Abashoramari b’u Rwanda batangiye gucuruza ku isoko rusange Nyafurika, bavuga ko ari amahirwe atagira uko asa kandi ko bizeye ko bizatuma barushaho gutera imbere no guteza imbere Igihugu cyabo.

Mu cyumweru gishize, tariki 07 Ukwakira 2022, i Accra muri Ghana habaye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isoko rusange nyafurika riri kugeragerezwa mu Bihugu umunani.

Ibi Bihugu umunani; ni u Rwanda, Ghana, Kenya, Tanzania, Egypt, Ibirwa bya Maurice, Cameroon na Tunisia.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome wari mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro iri soko, yavuze ko kuba u Rwanda ruri mu Bihugu byatangiye kugeragerezwamo iri soko, ari amahirwe ku bashoramari bo mu Rwanda.

Yavuze ko ubuhahirane hagati y’Ibihugu bya Afurika bwari busanzweho ariko ko iri soko rusange rizakuraho imbogamizi zose zari zirimo.

Yagize ati “Muri iri soko rusange ni intangiriro nziza, tukaba tunashishikariza n’abandi kurizamo inzira ntigoye. Turimo turategura uburyo twashishikariza abacuruzi bacu bibumbiye mu bikorere (PSF) twatangiye kumenyekanisha imikorere y’iri soko ndetse tumaze kugera mu bigo byinshi.”

Igicuruzwa cya mbere cyacurujwe kuri iri soko rusange, ni ikawa yaturutse mu Rwanda, yagurishijwe muri Ghana.

Pascal Tuyishime, umukozi wa Kompanyi yitwa Vivovita icuruza icyayi cy’u Rwanda, avuga ko ari amahirwe adasanzwe kuba u Rwanda ruri mu Bihugu bya mbere byatangiye gusogongera kuri iri soko.

Agaruka ku ikawa yo mu Rwanda yabaye igicuruzwa cya mbere cyacurujwe kuri iri soko, uyu mushoramari avuga ko imaze kogera amahanga kuko abantu benshi bayikunda.

Ati “Kandi biragenda kuko tumaze kubona mu maguriro makuru (supermarket) mu mahoteli, biratanga icyizere.”

Yavuze ko hagikenewe n’imbaraga mu kwigisha Abanyafurika ko bagomba gukoresha ibicuruzwa baguze mu Bihugu byabo kuko hari abagifite imyumvire ko ibituruka za Burayi na America, biba bifite ireme kurusha ibyo muri Afurika.

Umunyamabanga mukuru w’Isoko Rusange Nyafurika, Wamkele Mene avuga ko iri soko rizatanga umusanzu mu gukemura ibibazo by’urubyiruko rwa Afurika rwajyaga gushakishiriza imibereho i Burayi no muri America.

Yagize ati “Nk’Abanyafurika uyu munsi twavuga ko uretse kuba dufite ibyangombwa byemewe, turi guhuza Afurika y’Iburasirazuba n’Uburengerazuba, Amajyaruguru ya Afurika n’Amajyepfo ya Afurika kandi ubucuruzi buzaba ikiraro cyo guhanga imirimo ku rubyiruko rw’abanyafurika kugira ngo Abanyafurika ntibakomeze gupfira mu Nyanja ya Mediterane bambuka bajya gushaka ubuzima bwiza ku yindi Migabane.”

Yakomeje avuga ko aya ari andi mateka Afurika yanditse, ati “nizera ko mu myaka 15 iri imbere nkuko banki y’Isi yabiragaraje tuzaba twarakuye amamiliyoni y’Abanyafurika mu bukene.”

Gusa avuga ko kugira ngo ibi bigerweho bisaba ko Ibihugu bya Afurika bihuza umugambi, kandi bikarangwa n’ubushake bwa politiki kuko ari byo shingiro ry’ibyiza byose uyu Mugabe wifuza kugeraho.

INKURU MU MASHUSHO

Denise. M. MPAMBARA
RADIOTV10/ACCRA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nineteen =

Previous Post

Sena y’u Rwanda yasubije Abashingamatageko ba Congo bavuze ko batazakandagira mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Perezida Kagame yagaragaje uruhare rw’abagore mu byo u Rwanda rumaze kugeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.