Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka itanu witwa Akeza Elisie Rutiyomba witabye Imana mu cyumweru gishize bigashengura abatari bacye, yashyinguwe mu muhango wavugiwemo uburyo yari umwana utanga umunezero ndetse ababyeyi be bavuga ko bakeneye ubutabera.

Uyu mwana witabye Imana bikabanza gutangazwa ko yaguye mu kidomoro cy’amazi ariko RIB ikaba yarataye muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho kugira uruhare muri uru rupfu barimo Mukase w’uyu mwana.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama 2022, Akeza yasezeweho bwa nyuma anashyingurwa mu irimbi rya Rusororo ahavugiwe ibyaranze uyu mwana wari ukiri muto ariko washimishaga benshi.

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho y’uyu mwana akiri muzima, ari gusenga amasengesho nk’ay’umuntu mukuru ndetse ari no gusubiramo indirimbo z’abahanzi bakomeye.

Mu kumushyingura, abafashe ijambo bose bahurizaga ku kuba uyu mwana yari ashimishije cyane kubera amagambo atangaje yavugaga ndetse n’uburyo yitwaraga.

Umuturanye w’umubyeyi wa Akeza, yavuze ko nyakwigendera yajyaga abasura akababwira ukuntu azavamo icyamamare ndetse ko azitabira irushanwa ry’ubwiza rizwi ka Miss Rwanda.

Yagize ati “Ndabyibuka kenshi yazaga kudusura, maze akatwicaza akatubwira ati ‘ariko njyewe nzaba umu Star ndetse nzajya no muri Miss.”

Yari umwana ushimisha cyane

Papa wa Akeza yavuze ko ubwo umana we yitabaga Imana atari ahari ariko ko bamubwiye ko yazize impanuka, ati “ariko Impanuka ziratandukanye, ishobora kuba impanuka isanzwe cyangwa ari impanuka yatejwe. Rero reka dutegereze Ubutabera.”

Naho mama wa nyakwigendera we yavuze ko umwana we yari nk’akamalayika, agasaba ko hakwiye gutangwa ubutabera.

Urupfu rwe rwababaje benshi
Umubyeyi wa Akeza na Nyinawabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − eight =

Previous Post

Birakekwa ko ubwoko bushya bwa COVID-19 buturuka ku nyamaswa nyuma y’uko Intare ziyisanganywe

Next Post

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.