Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka itanu witwa Akeza Elisie Rutiyomba witabye Imana mu cyumweru gishize bigashengura abatari bacye, yashyinguwe mu muhango wavugiwemo uburyo yari umwana utanga umunezero ndetse ababyeyi be bavuga ko bakeneye ubutabera.

Uyu mwana witabye Imana bikabanza gutangazwa ko yaguye mu kidomoro cy’amazi ariko RIB ikaba yarataye muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho kugira uruhare muri uru rupfu barimo Mukase w’uyu mwana.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama 2022, Akeza yasezeweho bwa nyuma anashyingurwa mu irimbi rya Rusororo ahavugiwe ibyaranze uyu mwana wari ukiri muto ariko washimishaga benshi.

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho y’uyu mwana akiri muzima, ari gusenga amasengesho nk’ay’umuntu mukuru ndetse ari no gusubiramo indirimbo z’abahanzi bakomeye.

Mu kumushyingura, abafashe ijambo bose bahurizaga ku kuba uyu mwana yari ashimishije cyane kubera amagambo atangaje yavugaga ndetse n’uburyo yitwaraga.

Umuturanye w’umubyeyi wa Akeza, yavuze ko nyakwigendera yajyaga abasura akababwira ukuntu azavamo icyamamare ndetse ko azitabira irushanwa ry’ubwiza rizwi ka Miss Rwanda.

Yagize ati “Ndabyibuka kenshi yazaga kudusura, maze akatwicaza akatubwira ati ‘ariko njyewe nzaba umu Star ndetse nzajya no muri Miss.”

Yari umwana ushimisha cyane

Papa wa Akeza yavuze ko ubwo umana we yitabaga Imana atari ahari ariko ko bamubwiye ko yazize impanuka, ati “ariko Impanuka ziratandukanye, ishobora kuba impanuka isanzwe cyangwa ari impanuka yatejwe. Rero reka dutegereze Ubutabera.”

Naho mama wa nyakwigendera we yavuze ko umwana we yari nk’akamalayika, agasaba ko hakwiye gutangwa ubutabera.

Urupfu rwe rwababaje benshi
Umubyeyi wa Akeza na Nyinawabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 5 =

Previous Post

Birakekwa ko ubwoko bushya bwa COVID-19 buturuka ku nyamaswa nyuma y’uko Intare ziyisanganywe

Next Post

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.