Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in MU RWANDA
0
Akeza yashyinguwe mu marira menshi, ababyeyi be bavuga ijambo rikomeye n’uburyo yatangaga umunezero
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka itanu witwa Akeza Elisie Rutiyomba witabye Imana mu cyumweru gishize bigashengura abatari bacye, yashyinguwe mu muhango wavugiwemo uburyo yari umwana utanga umunezero ndetse ababyeyi be bavuga ko bakeneye ubutabera.

Uyu mwana witabye Imana bikabanza gutangazwa ko yaguye mu kidomoro cy’amazi ariko RIB ikaba yarataye muri yombi abantu babiri bakurikiranyweho kugira uruhare muri uru rupfu barimo Mukase w’uyu mwana.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Mutarama 2022, Akeza yasezeweho bwa nyuma anashyingurwa mu irimbi rya Rusororo ahavugiwe ibyaranze uyu mwana wari ukiri muto ariko washimishaga benshi.

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho y’uyu mwana akiri muzima, ari gusenga amasengesho nk’ay’umuntu mukuru ndetse ari no gusubiramo indirimbo z’abahanzi bakomeye.

Mu kumushyingura, abafashe ijambo bose bahurizaga ku kuba uyu mwana yari ashimishije cyane kubera amagambo atangaje yavugaga ndetse n’uburyo yitwaraga.

Umuturanye w’umubyeyi wa Akeza, yavuze ko nyakwigendera yajyaga abasura akababwira ukuntu azavamo icyamamare ndetse ko azitabira irushanwa ry’ubwiza rizwi ka Miss Rwanda.

Yagize ati “Ndabyibuka kenshi yazaga kudusura, maze akatwicaza akatubwira ati ‘ariko njyewe nzaba umu Star ndetse nzajya no muri Miss.”

Yari umwana ushimisha cyane

Papa wa Akeza yavuze ko ubwo umana we yitabaga Imana atari ahari ariko ko bamubwiye ko yazize impanuka, ati “ariko Impanuka ziratandukanye, ishobora kuba impanuka isanzwe cyangwa ari impanuka yatejwe. Rero reka dutegereze Ubutabera.”

Naho mama wa nyakwigendera we yavuze ko umwana we yari nk’akamalayika, agasaba ko hakwiye gutangwa ubutabera.

Urupfu rwe rwababaje benshi
Umubyeyi wa Akeza na Nyinawabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Birakekwa ko ubwoko bushya bwa COVID-19 buturuka ku nyamaswa nyuma y’uko Intare ziyisanganywe

Next Post

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.