Mukansanga ukomeje kuvugwa imyato na benshi imbamutima zamurenze ararira

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadia wabaye umusifuzi wa mbere w’igitsinagore usifuye mu mikino y’igikombe cya Africa, yabajijwe uko yiyumva biramurenga araturika ararira.

Mukansanga Salima yanditse aya mateka kuri uyu wa Kabiri mu mukino wahuzaga Zimbabwe na Guinea yari abareye umusifuzi wa mbere.

Izindi Nkuru

Abanyarwanda, inshuti zabo, ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’amakipe atandukanye arimo akomeye ku Isi, yagaragaje ko yishimiye uyu Munyarwandakazi wakoze amateka adasanzwe.

Mu butumwa bwanyuze ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, zavugaga ko uyu Mukansanga Salima azamuye ibendera ry’u Rwanda.

Yayoboye umukino wa Guinea Vs Zimbabwe

Nyuma y’uyu mukino Zimbabwe yatsinzemo 2-1 Guinea, Mukansanga yaganiriye na kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda kiri gukurikirana Igikombe cy’Isi abazwa uko yiyumva nyuma yo kwandika aya mateka ndetse n’uburyo yagaragarijwe ko ashyigikiwe n’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga batandukanye.

Muri iki kiganiro cyabaye kigufi kubera imbamutima za Mukansanga na we wishimiye iyi ntambwe idasanzwe, yagize ati “Ndumva ntacyo navuga kirenze kubashimira kuko ni iby’agaciro cyane.”

Ako kanya yahise afatwa n’ikiniga ahita arira amarira y’ibyishimo ahita atandukana n’Umunyamakuru.

Izi mbamutima za Mukansanga na zo ziri mu byagarutsweho n’abantu batandukanye barimo Ingabire Ange Kagame.

Mu butumwa Ange Kagame yashyize kuri Twitter, yagize ati “Mbega ibihe bidasanzwe kuri we no ku bagore n’abakobwa bamurebye. Ishyuke Salima.”

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru