Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: Amavubi yakiranywe ubwuzu i Kanombe na bo baza bamwenyura

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: Amavubi yakiranywe ubwuzu i Kanombe na bo baza bamwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ndetse n’abatoza n’abandi bari kumwe muri Benin, baraye basesekaye ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, bakirwa n’abarimo abayobozi bakuru muri FERWAFA ndetse na bamwe mu bakunzi ba ruhago.

Baraye bageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, bakirwa n’abarimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Muhire Henry Brulart.

Bagisohoka mu kibuga cy’Indege, Umunyamabanga wa FERWAFA, yaramukije umutoza w’Amavubi, Carlos Alós Ferrer, babanza kuganira amubaza amakuru y’urugendo we n’abasore be.

Ku kibuga cy’Indege kandi hari Perezida w’Abafana b’Ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi, Claude Muhawenimana, na we wakirije umutoza w’Amavubi ibendera ry’u Rwanda.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu kandi bakiriwe na bamwe mu bafana, bari baje kubategerereza ku kibuga cy’indege, banaba impano y’indabyo mu kubagaragariza ko bishimiye umusaruro bavanye muri Benin.

Mugisha Gilbert watsindiye igitego kimwe cy’Amavubi, mu kiganiro kigufi yahereye RADIOTV10 ku kibuga cy’Indege, yavuze ko mbere na mbere yishimiye kongera kugirirwa icyizere agahamagarwa mu ikipe y’Igihugu.

Ku gitego yatsindiye Amavubi, yaboneyeho gushimira umukinnyi Sahabu wamuhaye umupira wavuyemo iki gitego, avuga ko uyu musore ukiri mushya mu ikipe y’u Rwanda, afite ubuhanga bwihariye mu guconga ruhago.

Ati “Twararebanye abona mouvement nkoze abasha kuba yampa iyo pase, ivamo umusaruro w’igitego. Ni umusore uzi gukina ufite impano uzatanga byinshi mu ikipe y’Igihugu.”

Umutoza w’Amavubi Carlos Alós Ferrer na we mu kiganiro yahaye RADIOTV10, yavuze ko bazanye umunaniro mwinshi kuko uretse urugendo bakoze aho bagiye banyura mu Bihugu bitandukanye, ariko banakinnye imikino ibiri irimo uwa gicuti bakinnye na Ethiopia ndetse n’uyu wa Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Avuga ko bageze mu Rwanda bagiye kwitegura umukino ukurikiraho uzaba mu cyumweru gitaha, kandi ko uko byagenda kose bagomba kuwutsinda.

Ati “Nishimira uko ikipe yanjye yitwaye. Ubwo twari tukiri 11 kuri 11 twarabarushaga, birangira tubonye inota rimwe, ubu ni ukugerageza uko dushoboye mu mukino ukurikira.”

Carlos Alós Ferrer kandi yagarutse ku mitego myinshi bagiye bategwa na Benin yari igamije kubaca intege irimo uwo kubakura mu kibuga ubwo bari mu myitozo, bakaza kumena amazi mu kibuga.

Baje bamwenyura
Baje bamwenyura

SG wa FERWAFA yakiriye umutoza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eight =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku muhanzi wigeze kwamamara i Burundi no mu Rwanda

Next Post

Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.