Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: Amavubi yakiranywe ubwuzu i Kanombe na bo baza bamwenyura

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: Amavubi yakiranywe ubwuzu i Kanombe na bo baza bamwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ndetse n’abatoza n’abandi bari kumwe muri Benin, baraye basesekaye ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, bakirwa n’abarimo abayobozi bakuru muri FERWAFA ndetse na bamwe mu bakunzi ba ruhago.

Baraye bageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, bakirwa n’abarimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Muhire Henry Brulart.

Bagisohoka mu kibuga cy’Indege, Umunyamabanga wa FERWAFA, yaramukije umutoza w’Amavubi, Carlos Alós Ferrer, babanza kuganira amubaza amakuru y’urugendo we n’abasore be.

Ku kibuga cy’Indege kandi hari Perezida w’Abafana b’Ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi, Claude Muhawenimana, na we wakirije umutoza w’Amavubi ibendera ry’u Rwanda.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu kandi bakiriwe na bamwe mu bafana, bari baje kubategerereza ku kibuga cy’indege, banaba impano y’indabyo mu kubagaragariza ko bishimiye umusaruro bavanye muri Benin.

Mugisha Gilbert watsindiye igitego kimwe cy’Amavubi, mu kiganiro kigufi yahereye RADIOTV10 ku kibuga cy’Indege, yavuze ko mbere na mbere yishimiye kongera kugirirwa icyizere agahamagarwa mu ikipe y’Igihugu.

Ku gitego yatsindiye Amavubi, yaboneyeho gushimira umukinnyi Sahabu wamuhaye umupira wavuyemo iki gitego, avuga ko uyu musore ukiri mushya mu ikipe y’u Rwanda, afite ubuhanga bwihariye mu guconga ruhago.

Ati “Twararebanye abona mouvement nkoze abasha kuba yampa iyo pase, ivamo umusaruro w’igitego. Ni umusore uzi gukina ufite impano uzatanga byinshi mu ikipe y’Igihugu.”

Umutoza w’Amavubi Carlos Alós Ferrer na we mu kiganiro yahaye RADIOTV10, yavuze ko bazanye umunaniro mwinshi kuko uretse urugendo bakoze aho bagiye banyura mu Bihugu bitandukanye, ariko banakinnye imikino ibiri irimo uwa gicuti bakinnye na Ethiopia ndetse n’uyu wa Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Avuga ko bageze mu Rwanda bagiye kwitegura umukino ukurikiraho uzaba mu cyumweru gitaha, kandi ko uko byagenda kose bagomba kuwutsinda.

Ati “Nishimira uko ikipe yanjye yitwaye. Ubwo twari tukiri 11 kuri 11 twarabarushaga, birangira tubonye inota rimwe, ubu ni ukugerageza uko dushoboye mu mukino ukurikira.”

Carlos Alós Ferrer kandi yagarutse ku mitego myinshi bagiye bategwa na Benin yari igamije kubaca intege irimo uwo kubakura mu kibuga ubwo bari mu myitozo, bakaza kumena amazi mu kibuga.

Baje bamwenyura
Baje bamwenyura

SG wa FERWAFA yakiriye umutoza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − sixteen =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku muhanzi wigeze kwamamara i Burundi no mu Rwanda

Next Post

Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye
MU RWANDA

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

28/07/2025
Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

Gisagara: Abakora ibitemewe n’amategeko bitwaje gushaka ubukire baravugwaho karenzaho n’urugomo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

Umukambwe w’imyaka 80 aremeza ko akiri imanzi atazi uko imibonano imera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.