Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 47 y’Ubwigenge bwa Seychelles, aho bari abashyitsi b’icyubahiro, bakiranywe urugwiro rwinshi mu birori binogeye ijisho.

Ni ibirori byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri iki Gihugu cya Seychelles.

Ibi birori byaranzwe n’akarasisi k’inzego z’umutekano muri Seychelles ndetse n’imbyino gakondo zo muri iki Gihugu n’indi mihango, byakozwe n’Abanyagihugu bari bizihiye kwakira Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame nk’abashyitsi b’icyubahiro.

Mbere y’uko Umukuru w’u Rwanda yerecyeza ahabereye ibi birori, yabanje gusura ubusitani bwo mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu wa Victoria, anatera igiti cy’urwibutso muri ubu busitani busanzwe busurwa na ba mukerarugendo benshi.

Ku munsi wabanjirije uw’ibi birori, umukuru w’u Rwanda yagiranye ikiganiro cyihariye na mugenzi we wa Seychelles, Wavel Ramkalawan.

Nyuma y’iki kiganiro, Abakuru b’Ibihugu banatanze imbwirwaruhame, aho Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda na Seychelles, ari Ibihugu bifite ibyo bihuje by’umwihariko bikaba bihuriye ku cyerekezo kimwe cyo guteza imbere imibereho y’abaturage.

Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan na we yashimiye Umukuru w’u Rwanda kuba yasuye iki Gihugu, avuga ko ari icyitegererezo cya benshi yaba muri Afurika ndetse no ku Isi yose.

Wavel Ramkalawan yavuze ko imiyoborere ya Perezida Paul Kagame irangwa n’ubushishozi no kureba kure, yabereye urugero benshi, kandi ko abishimirwa.

Perezida yabanje gusura ubusitani anatera igiti

Byari ibyishimo ku Banya-Seychelles kwakira Perezida Paul Kagame

Hakozwe akarasisi

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yageraga ahabereye ibi birori

Perezida wa Seychelles avuga Kagame yabereye urugero benshi ku Isi

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eighteen =

Previous Post

Indi nkuru ibabaje y’uwamamaye mu Rwanda

Next Post

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.