Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 47 y’Ubwigenge bwa Seychelles, aho bari abashyitsi b’icyubahiro, bakiranywe urugwiro rwinshi mu birori binogeye ijisho.

Ni ibirori byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri iki Gihugu cya Seychelles.

Ibi birori byaranzwe n’akarasisi k’inzego z’umutekano muri Seychelles ndetse n’imbyino gakondo zo muri iki Gihugu n’indi mihango, byakozwe n’Abanyagihugu bari bizihiye kwakira Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame nk’abashyitsi b’icyubahiro.

Mbere y’uko Umukuru w’u Rwanda yerecyeza ahabereye ibi birori, yabanje gusura ubusitani bwo mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu wa Victoria, anatera igiti cy’urwibutso muri ubu busitani busanzwe busurwa na ba mukerarugendo benshi.

Ku munsi wabanjirije uw’ibi birori, umukuru w’u Rwanda yagiranye ikiganiro cyihariye na mugenzi we wa Seychelles, Wavel Ramkalawan.

Nyuma y’iki kiganiro, Abakuru b’Ibihugu banatanze imbwirwaruhame, aho Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda na Seychelles, ari Ibihugu bifite ibyo bihuje by’umwihariko bikaba bihuriye ku cyerekezo kimwe cyo guteza imbere imibereho y’abaturage.

Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan na we yashimiye Umukuru w’u Rwanda kuba yasuye iki Gihugu, avuga ko ari icyitegererezo cya benshi yaba muri Afurika ndetse no ku Isi yose.

Wavel Ramkalawan yavuze ko imiyoborere ya Perezida Paul Kagame irangwa n’ubushishozi no kureba kure, yabereye urugero benshi, kandi ko abishimirwa.

Perezida yabanje gusura ubusitani anatera igiti

Byari ibyishimo ku Banya-Seychelles kwakira Perezida Paul Kagame

Hakozwe akarasisi

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yageraga ahabereye ibi birori

Perezida wa Seychelles avuga Kagame yabereye urugero benshi ku Isi

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Indi nkuru ibabaje y’uwamamaye mu Rwanda

Next Post

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.