Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bagaragarijwe icyubahiro n’urugwiro bihebuje muri Seychelles
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 47 y’Ubwigenge bwa Seychelles, aho bari abashyitsi b’icyubahiro, bakiranywe urugwiro rwinshi mu birori binogeye ijisho.

Ni ibirori byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri iki Gihugu cya Seychelles.

Ibi birori byaranzwe n’akarasisi k’inzego z’umutekano muri Seychelles ndetse n’imbyino gakondo zo muri iki Gihugu n’indi mihango, byakozwe n’Abanyagihugu bari bizihiye kwakira Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame nk’abashyitsi b’icyubahiro.

Mbere y’uko Umukuru w’u Rwanda yerecyeza ahabereye ibi birori, yabanje gusura ubusitani bwo mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu wa Victoria, anatera igiti cy’urwibutso muri ubu busitani busanzwe busurwa na ba mukerarugendo benshi.

Ku munsi wabanjirije uw’ibi birori, umukuru w’u Rwanda yagiranye ikiganiro cyihariye na mugenzi we wa Seychelles, Wavel Ramkalawan.

Nyuma y’iki kiganiro, Abakuru b’Ibihugu banatanze imbwirwaruhame, aho Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda na Seychelles, ari Ibihugu bifite ibyo bihuje by’umwihariko bikaba bihuriye ku cyerekezo kimwe cyo guteza imbere imibereho y’abaturage.

Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan na we yashimiye Umukuru w’u Rwanda kuba yasuye iki Gihugu, avuga ko ari icyitegererezo cya benshi yaba muri Afurika ndetse no ku Isi yose.

Wavel Ramkalawan yavuze ko imiyoborere ya Perezida Paul Kagame irangwa n’ubushishozi no kureba kure, yabereye urugero benshi, kandi ko abishimirwa.

Perezida yabanje gusura ubusitani anatera igiti

Byari ibyishimo ku Banya-Seychelles kwakira Perezida Paul Kagame

Hakozwe akarasisi

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yageraga ahabereye ibi birori

Perezida wa Seychelles avuga Kagame yabereye urugero benshi ku Isi

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fifteen =

Previous Post

Indi nkuru ibabaje y’uwamamaye mu Rwanda

Next Post

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Afurika y’Epfo yatanze igisubizo gitunguranye ku bifuza ko yazata muri yombi Putin

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.