Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basuye ahantu h’ingenzi muri Türkiye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu ruzinduko rw’akazi muri Türkiye, basuye aharuhukiye Mustafa Kemal Atatürk, wabaye Perezida wa mbere w’iki Gihugu.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, nk’uko amakuru dukesha Ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, abitangaza.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, bugira bugira buti “Muri iki gitondo muri Ankara, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basusuye Anitkabir ahashyinguye Perezida wa mbere wa Türkiye, Mustafa Kemal Atatürk.”

Mustafa Kemal Atatürk ufatwa nk’Intwari y’imbanza muri iki Gihugu cya Türkiye akaba n’umwe mu banyabigwi ku Isi, yavutse mu 1881 atabaruka mu 1938, akaba yari umwe mu basirikare b’icyubahiro bagize uruhare mu mpinduramatwara z’iki Gihugu, mu kugira ubwigenge ubwo cyigobotoraga ubukoloni bw’Ubwami Bwami bwa Ottoman nyuma y’Intambara ya Mbere y’Isi Yose.

Anitkabir ni inyubako y’amateka ishyinguyemo Mustafa Kemal Atatürk yubatswe mu 1994, yuzura mu 1953. Iherereye mu Karere ka Çankaya mu Murwa Mukuru wa Turikiya, Ankara.

Ni igikorwa kibaye ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame ari na wo munsi wabo wa nyuma muri iki Gihugu.

Kuri uyu wa Kane kandi, Perezida Paul Kagame arahura na mugenzi we wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan, bagirane ibiganiro byo mu muhezo, biza gukurikirwa n’ikiganiro bagirana n’itangazamakuru.

Biteganyijwe ko kandi amatsinda y’abayobozi ku mpande z’Ibihugu byombi, aza kugirana ibiganiro byagutse bigamije gukomeza gutsimbataza umubano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Next Post

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.