Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yahaye umugisha TdRwanda2022 atangiza agace ka nyuma kayo

radiotv10by radiotv10
27/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
AMAFOTO: Perezida Kagame yahaye umugisha TdRwanda2022 atangiza agace ka nyuma kayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije agace ka nyuma k’irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda 2022 kari gukinirwa mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame Paul yatangije aka gace ari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, Perezida w’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare (FERWACY), Murenzi Abdallah ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa.

Iki gikorwa cya Perezida Paul Kagame cyashimishije abakunzi b’umukino w’amagare bari baje kwihera ijisho itangizwa ry’uyu mukino umaze kwigarurira imitima ya benshi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri gukurikirana iri rushanwa, avuga ko uretse abaturarwanda bishimiye kuba babonye Perezida Kagame aza gutangiza aka gace, n’abakinnyi bari gusiganwa na bo bagaragaje akanyamuneza ubwo babonaga umukuru w’u Rwanda abatangirije aka gace.

Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi wa Siporo muri rusange, yagaragaje ko ashyigikiye uyu mukino w’amagare, ndetse muri 2015 yari yaraguriye ikipe y’Igihugu amagare agezweho nyuma y’uko bari bamaze igihe bitwara neza muri uyu mukino.

Aka gace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, katangiriye i Rebero mu Mujyi wa Kigali aho abakinnyi bahise batangira kuzenguruka ibice binyuranye bo mu Mujyi wa Kigali, aho gafite ibilometero 75,3.

Perezida Kagame ubwo yarageze i Rebero
Perezida Kagame yari kumwe n’abayobozi barimo Minisitiri wa Siporo

Abasiganwa bishimiye kubona Perezida Kagame aza kubatangiriza aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − two =

Previous Post

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Next Post

Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.