Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yahaye umugisha TdRwanda2022 atangiza agace ka nyuma kayo

radiotv10by radiotv10
27/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
AMAFOTO: Perezida Kagame yahaye umugisha TdRwanda2022 atangiza agace ka nyuma kayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije agace ka nyuma k’irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda 2022 kari gukinirwa mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame Paul yatangije aka gace ari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, Perezida w’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare (FERWACY), Murenzi Abdallah ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa.

Iki gikorwa cya Perezida Paul Kagame cyashimishije abakunzi b’umukino w’amagare bari baje kwihera ijisho itangizwa ry’uyu mukino umaze kwigarurira imitima ya benshi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri gukurikirana iri rushanwa, avuga ko uretse abaturarwanda bishimiye kuba babonye Perezida Kagame aza gutangiza aka gace, n’abakinnyi bari gusiganwa na bo bagaragaje akanyamuneza ubwo babonaga umukuru w’u Rwanda abatangirije aka gace.

Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi wa Siporo muri rusange, yagaragaje ko ashyigikiye uyu mukino w’amagare, ndetse muri 2015 yari yaraguriye ikipe y’Igihugu amagare agezweho nyuma y’uko bari bamaze igihe bitwara neza muri uyu mukino.

Aka gace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, katangiriye i Rebero mu Mujyi wa Kigali aho abakinnyi bahise batangira kuzenguruka ibice binyuranye bo mu Mujyi wa Kigali, aho gafite ibilometero 75,3.

Perezida Kagame ubwo yarageze i Rebero
Perezida Kagame yari kumwe n’abayobozi barimo Minisitiri wa Siporo

Abasiganwa bishimiye kubona Perezida Kagame aza kubatangiriza aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 3 =

Previous Post

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Next Post

Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.