Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yagaragaye asarura inyanya zirimo izipima 2Kg ari rumwe

radiotv10by radiotv10
21/10/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yagaragaye asarura inyanya zirimo izipima 2Kg ari rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye yagiye gusarura inyanya mu murima we uherereye muri Komini ya Bugendana mu Ntara ya Gitega, wezemo inyanya zashimye ifumbire n’inyongeramusaruro.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, avuga ko iki gikorwa cyo gusasarura inyanya cyakozwe na Perezida Evariste Ndayishimiye, cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2023.

Ibiro by’Umukuru w’u Burundi, bigira biti “Ibilo 300 by’inyanya byahinzwe ku buso bwa are 4 gusa, ni byo Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye yasaruye kuri uyu wa Kane mu murima we w’icyitegererezo uri ku musozi wa Bitare muri Komini ya Bugendana i Gitega.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Burundi, ivuga kandi ko Perezida Evariste Ndayishimiye yasabye Abarundi gufatira urugero kuri ubu buhinzi bwa kijyambere kuko butanga umusaruro ushimishije.

Mu mafoto yashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, agaragaza ko muri izi nyanya zasaruwe na Perezida, harimo izipima ibilo bibiri ku runyanya rumwe.

Perezida Evariste Ndayishimiye asanzwe agaragaza ko akunda ubuhinzi, dore ko ajya anagaragara ari mu bikorwa byabwo nko gusarura ibirayi no kubagara imyaka.

Uyu Mukuru w’u Burundi kandi yakunze kubwira Abarundi bavuga ko babuze icyo bakora, ko ari ubunebwe, ahubwo ko ibyo gukora bihari birimo n’ubuhinzi nk’ubu bugezweho kandi bwabatunga bukanateza imbere Igihugu cyabo.

Perezida Evariste Ndayishimiye yasaruye inyanya mu murima we
Yasabye Abarundi kumufatiraho urugero
Yishimiye umusaruro yejeje
Harimo inyanya zipima ibilo bibiri ari rumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 18 =

Previous Post

Niger: Hashyizwe hanze amakuru arambuye y’umugambi waburijwemo w’uwari Perezida wakorewe ‘Coup d’Etat’

Next Post

Amakipe abiri y’i Burayi mu nkundura yo kwegukana umukinnyi w’ikipe ikomeye

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakipe abiri y’i Burayi mu nkundura yo kwegukana umukinnyi w’ikipe ikomeye

Amakipe abiri y’i Burayi mu nkundura yo kwegukana umukinnyi w’ikipe ikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.