Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAFOTO: Tunisia yisubije igikombe cya #AFROBASKET, Senegal yongera kuba iya gatatu

radiotv10by radiotv10
06/09/2021
in SIPORO
0
AMAFOTO: Tunisia yisubije igikombe cya #AFROBASKET, Senegal yongera kuba iya gatatu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’igihugu ya Tunisia yatwaye igikombe cya Afurika cy’ibihugu mu mukino w’intoki wa Basketball nyuma yo gutsinda Ivory Coast amanota 78-75 (25-18, 22-16,18-25,13-16) ku mukino wa nyuma wakinwe ku mugoroba w’iki cyumweru muri Kigali Arena.

Ikipe y’igihugu ya Tunisia yatwaye igikombe cya Afurika 2021

Tunisia yatwaye igikombe cya Afurika ku nshuro yayo ya gatatu iba inshuro ya kabiri bikurikiranya kuko bagitwaye mu 2017 batsinze Nigeria ku mukino wa nyuma.

Ikipe y’igihugu ya Senegal yongeye gutwara umwanya wa gatatu itsinze Cape Verde amanota 86-73.

Muri uyu mukino, Salah Mejri wa Tunisia niwe wagize umusaruro rusange urusha abandi (+27) kuko yanatsinze amanota 22, ebounds 6, akora blocks eshatu. Gusa nta mupira wabyaye amanota mu minota 23’37” yamaze mu kibuga. Undi wafashije Tunisia kuzamura amanota ni Michael Roll wakinnye iminota 33’45” yatsinze amanota 18.

Salah Mejri wa Tunisia niwe wagize umusaruro rusange urusha abandi (+27)

Jean Francois Kebe wa Ivory Coast yagize umusaruro wa +14, amanota 10, rbounds 3 anatanga imipira ine yabyaye amanota.

Souleyman Diabate wa Ivory Coast yakinnye iminota 28’59” yatsinze amanota 20, Matt Costello yakinnye 36’43” atsinda amanota icyenda.

Tunisia yakinaga AfroBasket ku nshuro nshuro ya 23 ikaba igihugu kimaze kuritwara inshuro eshatu (2011, 2017, 2021), yabaye iya kabiri mu 1965 mu gihe yasoje ku mwanya wa gatatu inshuro enye (1970, 1974, 2009, 2015).

Makram Ben Romdhane (Tunisia) niwe wabaye umukinnyi w’irushanwa (MVP) mu gihe u Rwanda rwahawe igihembo nk’igihugu cyagaragaje ubworoherane mu kibuga (Fair Play award).

Makram Ben Romdhane (Tunisia) kandi yaje mu ikipe y’irushanwa (Team of the Tourney) ari kumwe na mugenzi we Omar Abada, Gorgui Dieng (Senegal), Matt Costello (Cote d’Ivoire) and Walter Tavares (Cape Verde).

Ikipe y’irushanwa ry’uyu mwaka wa 2021

Aurore Mimosa Munyangaju ashyikiriza Tunisia igikombe cya Afurika

Cote d’Ivoire yasoje ku mwanya wa kabiri

Abakinnyi ba Tunisia bishimira intsinzi

Umukino wa nyuma wahuje Tunisia na Cote d’Ivoire

PHOTOS: FIBA

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − four =

Previous Post

AFROBASKET2021: Imikino ya ½ cy’irangiza irakinwa kuri uyu wa gatandatu, Tunisia ibitse igikokombe izahura na Cape Verde

Next Post

CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
MU RWANDA

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana

CRICKET: Ikipe y’igihugu y’abagore yahawe ibendera n’impanuro mbere yo kujya muri Botswana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.