• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

AMAFOTO: Ycee na Jaywillz twabakiriye bongera gukurira ingofero Kigali

radiotv10by radiotv10
18/03/2022
in Uncategorized
0
Bifunze bukwasi: Amafoto y’udukoryo y’abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda

Twanabakiriye muri studio ya TV10

Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi Oludemilade Martin Alejo uzwi nka Ycee na Victor Ome Uzwi nka Jaywillz bo muri Nigeria bari mu Rwanda, bakiriwe muri Studio za Radio 10 na TV 10, bongera kugaragaza ko batunguwe n’ubwiza bw’Umujyi wa Kigali.

Ycee na Jaywillz bageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, bucyeye bwaho bakiriwe muri studios za RADIOTV10, bongera kuvuga uko bumva bamerewe nyuma yo gusesekara i Kigali.

Aganira n’Umunyamakuru wa Radio 10, Jaywillz yavuze ko yishimiye Kigali kuko akigera ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, akabona Kigali yatunguwe n’ubwiza bw’uyu Mujyi.

Yavuze ko yahise abaza abari baje kumwakira niba Kigali atari umujyi washushanyijwe ukarimbishwa [designed] kubera ubwiza bwawo.

Jaywillz watangiye kwamamara umwaka ushize, yavuze ko mu Gihugu cyabo cya Nigeria buri mwaka hagaragara abanyempano b’agatangaza.

Gusa ngo bisaba gukora cyane kugira ngo umuhanzi amenyekane kuko haba hari abahanzi benshi kandi bose bifuza kuba inyenyeri.

Naho ku muziki nyarwanda, Jaywillz yavuze ko ataragira amahirwe yo kumva abahanzi benshi bo mu Rwanda ariko ko yumvise umuhanzi Comfy uri mu bagezweho muri iki gihe kandi yumvise afite impano idasanzwe.

Yararikiye abaturarwanda igitaramo cy’imbaturamugabo abasaba kuza kumushyigikira.

Ycee we watangiye umuziki kuva muri 2012, we yavuze ko yakunze abahanzi bo mu Rwanda by’umwihariki Ish Kevin bari gukorana indimbo dore ko yanaje mu bikorwa byo gufata amashusho y’indirimbo bakoranye.

Ycee muri Studio za Radio 10
Jaywillz yavuze ko akigera i Kigali yatunguwe kubera ubwiza bwayo
Twanabakiriye muri studio ya TV10

Ish Kevin ni umwe mu bahanzi bazwi muri Nigeria

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Bifunze bukwasi: Amafoto y’udukoryo y’abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda

Next Post

Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Umuryango ubana n’abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye

Umuryango ubana n'abana 6 mu nzu y’icyumba kimwe ngo iby’akabariro bahengera basinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.