Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amagambo aryohera ya Perezida Museveni wavuze imyato Madamu we amwifuriza isabukuru nziza

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amagambo aryohera ya Perezida Museveni wavuze imyato Madamu we amwifuriza isabukuru nziza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ibigwi Madamu Janet Museveni amwifuriza isabukuru nziza y’amavuko, amushimira by’umwihariko uburyo yamurereye abana neza.

Janet Museveni wavutse tariki 24 Kamena 1948, yujuje imyaka 76 uyu munsi, aho akomeje kwifurizwa isabukuru nziza n’abantu banyuranye barimo ab’ingenzi mu buzima bwe, nka Yoweri Museveni bamaranye imyaka 51 bashakanye dore ko bashyingiranywe mu 1973.

Perezida Museveni, mu butumwa bwo kwifuriza isabukuru nziza Madamu we, yavuze ko yagize uruhare rukomeye mu mateka y’umuryango wabo by’umwihariko hagati yo mu 1981 no mu 1986 ubwo bahunganaga n’abana babo barimo abari bakiri bato, nk’uwari ufite imyaka itandatu n’undi wari ufite amezi atandatu.

Museveni yavuze ko na we yari kumwe n’umuryango mu buhungiro muri Tanzania hagati yo mu 1971 na 1979. Ati “Ariko muri icyo gihe yari kumwe n’abana ari wenyine muri Kenya no muri Sweden.”

Yaboneyeho gushimira kandi abafashije umuryango we, ati “Ndashimira Imana yampaye Madamu Janet kugira ngo ampe umuryango nubwo njye mufata nk’impirimbanyi yaharaniye ukishyira ukizana.”

Museveni yakomeje asaba Abanya-Uganda kumufasha kwifuriza isabukuru nziza Madamu we Janet Museveni bamaranye imyaka 51 babana nk’umugore n’umugabo. Ati “Umugore w’inshuti yanjye Madamu Janet Kainembabazi Kataaha Museveni, yujije imyaka 76 y’amavuko.”

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yakomeje agira ati “Ndashima Imana yadufashishije kunyurana muri byinshi ikanaduha imigisha itabarika.”

Perezida Museveni na Madamu n’abana n’abuzukuru babo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro yavuye imuzi uko yisanze yakoze ibyatumye atabwa muri yombi

Next Post

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.