Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

radiotv10by radiotv10
27/09/2025
in SIPORO
0
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Espagne Ostiz Taco Paula yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa mu muhanda mu cyiciro cy’abangavu batarengeje imyaka 19, noneho Umunyafurikakazi w’Umunya-Ethiopia aza mu icumi ba mbere, Abanyarwandakazi babiri na bo babasha kurangiza ku nshuro ya mbere.

Ni irushanwa ryabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, ahasiganwaga abangavu batarengeje imyaka 19, bakoze intera y’ibilometero 74, aho batangiye saa mbiri na makumyabiri (08:20′).

Uyu Munya-Espagne Ostiz Taco Paula atwaye shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’Abangavu akoresheje amasaha 2:09’:19’’, aho yaje akurikirwa n’Umutaliyani Chantal Pegolo.

Ku mwanya wa gatatu kandi, haje Umusuwisikazi Anja Grossmann, mu gihe ku mwanya wa kane haza Umunya-Canada Sidney Swierenga, na we wakurikiwe ku mwanya wa gatanu n’Umutaliyani Giada Silo, mu gihe ku mwanya wa gatandatu haje Umufaransakazi Thais Poirier, warushijwe amasegonda 03”.

Umunya-Ethiopia Tsige Kiros uri mu bigaragaje uyu munsi, kuva iyi shampiyona yatangira mu Rwanda, ni we ubaye Umunyafurika uje mu icumi ba mbere, aho yaje ku mwanya wa karindwi, akaba yarushijwe amasegonda 08’’.

Ku mwanya wa munani haje Umunya-Australia Neve Parslow, ku wa cyenda haza Umunya-Pologne, Maria Okrucinska, mu gihe ku mwanya wa 10 haje Umunyamerikakazi Alyssa Sarkisov.

Abanyarwandakazi babiri, Masengesho Yvonne na Uwiringiyimana Liliane muri bane bari mu bakinnyi bitabiriye iyi shampiyona mu cyiciro cy’abangavu, babashije gusoza irushanwa, ibintu bibaye bwa mbere mu mateka ya Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Masengesho Yvonne yabaye uwa 48, naho mugenzi we Uwiringiyimana Liliane aza ku mwanya wa 49, bombi bakaba basizwe ibihe bingana n’iminota 12:’ 20 ” na Paula Ostiz wegukanye iyi Shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’Abangavu batarengeje imyaka 19.

Mu myaka itanu ishize, Abanyarwandakazi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro nk’iki cy’abangavu, inshuro imwe, iyabreye i Glasgow aho hari hitabiriye Byukusenge Mariate na Uwera Aline batabashije gusoza.

Paula Ostiz yegukanye shampiyona
Ostiz Taco Paula ubwo yari yegukanye shampiyona y’Isi
Abaturutse mu Bihugu byose ku Isi baje kwihera ijisho iri rushanwa riri kubera mu Rwanda

Abanyarwanda na bo baberetse ko bahora bishimiye abashyitsi
Uwiringiyimana Liliane na Masengesho Yvonne babaye aba mbere babashije kurangiza shampiyona y’Isi mu bangavu batarengeje imyaka 19

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 15 =

Previous Post

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Next Post

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.