Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira kwiyandikishaho, ndetse n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Muri iri tangazo, Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko “bumenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rwa Ofisiye ko kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge bizatangira tariki ya 20 Ukwakira kugeza ku ya 11 Ugushyingo 2025.”

RDF ikomeza igira iti “Abatazabona umwanya wo kwiyandikisha ntibyababuza kuza ku munsi w’ikizamini.”

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Abakozi mu Ngabo z’u Rwanda, Col Lambert Sendegeya, RDF ivuga ko hari abaziyandikisha ku rwego rwa ba ofisiye baziga umwaka umwe ndetse n’abaziga imyaka ine, ikanagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje.

Mu byo uwiyandikisha agomba kuba yujuje, harimo kuba ari Umunyarwanda, afite ubuzima buzira umuze, atarigeze uhamwa n’icyaha, adakurikiranweho icyaha.

Harimo kandi kuba atarirukanywe burundu mu kazi ko mu butegetsi bwa Leta keretse warakorewe ihanagurwabusembwa, kuba atagaragara ku rutonde rw’ababujijwe kuba abakozi ba Leta, kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire, kuba afite ubushake bwo kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.

Byumwihariko kuba baziga umwaka umwe, ho uziyandikisha agomba kuba, atarengeje imyaka 24, kuba yararangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, afite impamyabumenyi ya AO, kuba yararangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza IPRC, afite impamyabumenyi ya A1.

Naho abafite umwihariko ku byo bize nk’abaganga na ba Injeniyeri (Engineers) bagomba kuba batarengeje imyaka 27.

Naho ku baziga imyaka ine, uwiyandikisha agomba kuba afite imyaka 18 kandi atarengeje 21, kuba yararangije amashuri yisumbuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Next Post

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Related Posts

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

by radiotv10
13/10/2025
0

Former Minister of Finance Emmanuel Ndindabahizi, who served only three months in the transitional government, has passed away in Benin...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

by radiotv10
13/10/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri...

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC na rwiyemezamirimo umwe, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

IZIHERUKA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence
MU RWANDA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

by radiotv10
13/10/2025
0

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.