Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza

radiotv10by radiotv10
09/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Amahitamo ni ay’Abanyarwanda- Perezida Kagame asubije abibaza niba muri 2024 aziyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba yaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2024, bizagenwa n’amahitamo y’Abanyarwanda kuko baramutse bavuze ko bifuza gukomeza kuyoborwa n’ubayobora cyangwa ko bashaka undi, byombi azabyemera.

Yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri France 24 mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Nyakanga 2022 ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru w’iki gitangazamakuru witwa Marc Perelman.

Ni ikiganiro kibanze ku mubano w’u Rwanda n’amahanga byumwihariko ku bibazo biri hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho Perezida Kagame yongeye gushimangira ko nta ruhare na ruto u Rwanda rufite mu guteza umutekano mucye muri iki Gihugu giherereye mu Burengerazuba bwarwo.

Ubwo ki kiganiro cyariho gihumuza, Umunyamakuru yabajije Perezida Kagame niba ateganya kuzongera kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2024.

Perezida Kagame wahise amusubiza, yagize ati “Nzareba ko nakwiyamamaza mu yindi myaka 20, nta kibazo na kimwe mbifiteho.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko mbere na mbere ibi bireba Abanyarwanda kuko ari amahitamo yabo ariko ko icyo bazahitamo adashobora kugica ku ruhande.

Ati “Bashobora kuvuga ko bashaka undi muyobozi mushya nzabyemera, ariko nibavuga ko bifuza kuyoborwa n’usanzwe na byo nabyemera.”

Perezida Paul Kagame watsinze amatora ya 2017, yari yatanzwe n’umukandi w’Umuryango wa RPF-Inkotanyi nyuma yuko bisabwe n’Abanyarwanda babanje kuvugurura Itegeko Nshinga ryabo kugira ngo rihe uburenganzira Kagame kongera kwiymamaza.

Iri tegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015 ryemerera Perezida Paul Kagame kuzongera kwiyamamaza izindi manda ebyiri z’imyaka itanu [imwe imwe].

Muri iki kiganiro na France 24, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yagarutse ku banenga u Rwanda ko rutabahiriza ihame rya Demokarasi, yongera kwibutsa ko Demokarasi isobanutse ko ari amahitamo y’abaturage.

Yavuze ko mu banega u Rwanda, batajya bagaragaza niba amatora yo mu Rwanda ataba mu mucyo no mu bwisanzure mu gihe mu Bihugu byirirwa bivuga ko ari abarimu ba Demokarasi ari ho hakomeza kugaragara ibibazo mu miyoborere yabyo.

Ati “No muri iki gihe tuvugana hari ahari kuba ibyo bibazo mu Bihugu byateye imbere. Nemera ko abatuarge ari bo bakwiye guhitamo ibyo bashaka gukora.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abo birirwa bahanganye n’ibibazo by’imiyoborere atari bo bari bakwiye kunenga u Rwanda cyangwa ibindi Bihugu bigendera ku mahitamo y’Abaturage.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzabonimpa Theoneste says:
    4 years ago

    Ntawutakifuza kuyoborwana biganza bigaba amariza. Nyiri umudende ugaba umudendezo

    Reply

Leave a Reply to Nzabonimpa Theoneste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 5 =

Previous Post

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Next Post

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Related Posts

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

IZIHERUKA

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane
IBYAMAMARE

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

by radiotv10
04/02/2026
0

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

M23&FARDC: Rwabuze gica ku bagenzura Rutshuru, buri wese arivuga imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.