Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
11/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho anejeje ku mukinnyi w’izina rikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umufaransa, Paul Pogba wanyuze mu makipe akomeye ku Isi, ubu yemerewe kugaruka agaconga ruhago nk’uwabigize umwuga, nyuma y’umwaka n’igice ari mu bihano byo guhagarikwa.

Uyu mukinnyi wo hagati w’imyaka 31 y’amavuko, yarangije igihano cye kuri uyu wa 11 Werurwe 2025, ndetse ubu yemerewe kujya mu ikipe yamwifuza, dore ko ubu ari umukinnyi wigenga.

Muri Nzeri 2023, Pogba yari yafatiwe igihano cyo guhagarikwa imyaka ine adakira umupira w’amaguru nyuma yuko isuzuma ryari rimaze kugaragaza ko akoresha imiti yongera ingufu, ariko iki gihe cyaje kugabanywa n’Urukiko rushinzwe imisifurire muri Siporo, rwagishyize ku mezi 18.

Kuva tariki 03 Nzeri 2023 ubwo yakinaga umukino we wa nyuma, Pogba yakomeje kwitoza ku giti cye kugira ngo akomeze kuringaniza imbaraga ze, nubwo ibyo yagiye avugwaho bishobora kumubera imbogamizi mu kugaruka muri ruhago kwe.

Amakuru ava mu bakurikiranira hafi ibya ruhago, avuga ko Pogba ubu ari gushakisha amahirwe mu isoko ry’umupira w’amaguru kugira ngo yongere yigaragaze, nubwo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryamaze gufungwa.

Shampiyona y’iwabo mu Bufaransa (Ligue 1) bisa nk’aho nta mahirwe ayifitemo kuko imiterere yayo itemerera ko umukinnyi asinyishwa nta masezerano mu gice cya kabiri cy’umwaka w’imikino, nubwo hari amakipe yari yagaragaje kumwifuza.

Nanone kandi abasesengura ruhago, bavuga ko izindi shampiyona nk’iyo mu Butaliyani (Serie A) na yo bigaragara ko nta mahirwe yo kuyinjiramo afite nubwo amakipe yayo yo yemerewe gusinyisha umukinnyi wigenga na nyuma y’igura n’igurisha, kuko bisa nk’ibigoye ko yasubira muri iyi shamiyona ari na yo yahozemo. Ni kimwe no muri LaLiga yo muri Espagne, Bundesliga yo mu Budage, na Premier League yo mu Bwongereza.

Amakuru avuga ko uyu rurangiranwa muri ruhago, ashobora kwerecyeza muri shampiyona ziri kuzamuka, nk’iyo muri Saudi Arabia. Bivugwa kandi ko ikipe ya Inter Miami yo muri Leta Zunze Ubumwe za America isanzwe ikinamo ba rurangiranwa Lionel Messi, Luis Suárez, iri kumwifuza dore ko ngo yanahuye na David Beckham inshuro zinyuranye, ariko na ho hakaba hakiri imbogamizi zijyanye n’amategeko.

Muri Saudi Arabia, amakipe nka Al Ittihad ni yo ihabwa amahirwe yo kuba yakwegukana Pogba, ku buryo yajya akinana n’inshuti ze banakinanye mu ikipe y’Igihugu Karim Benzema na N’Golo Kanté.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Mu rubanza rwa Gitifu uregwa ruswa ya 300.000Frw hazamuwe ingingo nshya yerecyeye uwamureze

Next Post

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Hafashwe abandi bakekwaho ubutekamutwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.