Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari mu Mujyi wa Goma, nyuma yuko ufashwe na M23, bahungiye mu Rwanda, bishyikiriza Ingabo z’u Rwanda, zibambura intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Izi ngabo zakiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, nk’uko tubikesha abanyamakuru bari mu Karere ka Rubavu, aho aba basirikare ba Congo, banyuze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière.

Aba basirikare ba Congo, bageze mu Rwanda mu Karere ka Rubavu, bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, bakazishyikiriza intwaro barwanishaga mu rugamba bamazemo igihe.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zakiriye aba basirikare ba Congo, ziri kubashyira ahantu hamwe ari na ko zibambura intwaro zose, ndetse zikanabasaka ko nta bindi bishobora guhungabanya umutekano bafite.

Aba basirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda nyuma yuko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Umutwe wa M23 utangaje ko wamaze gufata Umujyi wa Goma, wari umaze uri kurwanirwa hagati yawo na FARDC.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’uyu mutwe wa M23, wari wasabye abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari muri uyu Mujyi wa Goma, gushyikiriza intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye-MONUSCO, barangiza bagahita bajya kwikusanyiriza muri Stade de l’Unité, ndetse bamwe barabyubahiriza, aho bakiriwe n’ingabo za Uruguay ziri muri ubu butumwa bwa LONI.

Mu ijoro ryacyeye kandi, Guverinoma y’u Rwanda yari yasohoye itangazo, ivuga ko itewe impungenge n’umurindi w’imirwano ikomeje kuba mu nkengero z’Umujyi wa Goma, ndetse inavuga ko kubera ibi bibazo bikomeje gushyira mu kaga umutekano w’iki Gihugu, cyarushijeho gukaza umutekano.

Abari mu Karere ka Rubavu, baravuga ko n’ubundi bagikomeje kumva urusaku rw’amasasu, aho bivugwa ko hari ibice byo mu mujyi wa Goma, biri kuberamo imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 6 =

Previous Post

Haravugwa inkuru itari nziza mu mubano wa ‘Couple’ y’ibyamamare yakundwaga na benshi

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.