Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari mu Mujyi wa Goma, nyuma yuko ufashwe na M23, bahungiye mu Rwanda, bishyikiriza Ingabo z’u Rwanda, zibambura intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Izi ngabo zakiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, nk’uko tubikesha abanyamakuru bari mu Karere ka Rubavu, aho aba basirikare ba Congo, banyuze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière.

Aba basirikare ba Congo, bageze mu Rwanda mu Karere ka Rubavu, bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, bakazishyikiriza intwaro barwanishaga mu rugamba bamazemo igihe.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zakiriye aba basirikare ba Congo, ziri kubashyira ahantu hamwe ari na ko zibambura intwaro zose, ndetse zikanabasaka ko nta bindi bishobora guhungabanya umutekano bafite.

Aba basirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda nyuma yuko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Umutwe wa M23 utangaje ko wamaze gufata Umujyi wa Goma, wari umaze uri kurwanirwa hagati yawo na FARDC.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’uyu mutwe wa M23, wari wasabye abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari muri uyu Mujyi wa Goma, gushyikiriza intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye-MONUSCO, barangiza bagahita bajya kwikusanyiriza muri Stade de l’Unité, ndetse bamwe barabyubahiriza, aho bakiriwe n’ingabo za Uruguay ziri muri ubu butumwa bwa LONI.

Mu ijoro ryacyeye kandi, Guverinoma y’u Rwanda yari yasohoye itangazo, ivuga ko itewe impungenge n’umurindi w’imirwano ikomeje kuba mu nkengero z’Umujyi wa Goma, ndetse inavuga ko kubera ibi bibazo bikomeje gushyira mu kaga umutekano w’iki Gihugu, cyarushijeho gukaza umutekano.

Abari mu Karere ka Rubavu, baravuga ko n’ubundi bagikomeje kumva urusaku rw’amasasu, aho bivugwa ko hari ibice byo mu mujyi wa Goma, biri kuberamo imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

Haravugwa inkuru itari nziza mu mubano wa ‘Couple’ y’ibyamamare yakundwaga na benshi

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.