Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli
Share on FacebookShare on Twitter

Uwagejeje ikibazo kuri Perezida Paul Kagame, ko hari umusirikare wamwambuye hoteli iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umukuru w’u Rwanda akamwizeza ko ikibazo cye kizakurikiranwa, yamaze guhabwa uyu mutungo we.

Ni ikibazo cyari cyagejejwe kuri Perezida Paul Kagame ubwo yaganiraga n’Urubyiruko rurenga ibihumbi bibiri rwari ruteraniye mu nyubako ya Intare Arena i Rusororo, ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 10 ya Youth Connekt, mu birori byabaye tariki 23 Kanama 2023.

Musinguzi Frank watangiye ashimira Perezida Paul Kagame ku miyoborere myiza, yatumye uyu musore yitinyuka agatangira ubucuruzi akiri muto, na we akaba yarizihizaga imyaka 10 amaze mu bucuruzi, yanavuze ko hari Umusirikare witwa Col (Rtd) Mabano Joseph wamwambuye Hoteli ye yari yaraguze miliyoni 210 Frw iteganye n’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu Mujyi wa Kigali.

Musinguzi Frank wavugaga ko aya mafaranga yari inguzanyo yari yafashe muri Banki, yavuze ko iyo hoteli yari yayiguze na Col (Rtd) Mabano Joseph, ati “Ariko n’uyu munsi ni we ukiyibyaza umusaruro kuva mu kwezi kwa Gatatu.”

Uyu musore yavuze ko iki kibazo yakigejeje mu nzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’ibanze kugeza ku Karere, ndetse no mu buyobozi bw’Inkeragutaraba.

Umukuru w’u Rwanda yahise asaba inzego bireba gukurikirana iki kibazo mu buryo bwihuse, ku buryo uyu musore arenganurwa mu gihe yaba yararenganye.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Niba ari byo, ibyo bizakurikiranwa, sinzi impamvu byagorana. Hari inzego z’umwuga za gisirikare ariko hari n’abashinzwe ubutabera cyangwa abashinzwe iby’amahoteli ndetse n’Akarere.”

Perezida Kagame yahise asaba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo “Ukuri kumenyekane, ikibazo kive mu nzira nta mpamvu […] Mubikurikirane mubirangize.”

Amakuru ahari ubu, aremeza ko Musinguzi Frank yamaze gusubizwa uyu mutungo we w’ubucuruzi bwakira abantu, ahazwi nko kuri Best Inn Motel.

Musinguzi yemeye aya makuru ko kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nzeri 2023, yararanye ibyangombwa cy’umutungo we, ubu akaba ari mu byishimo byinshi kandi anashimira Umukuru w’u Rwanda.

Yagize ati “Nabihawe [ibyangombwa], ndashimira Umukuru w’Igihugu Paul Kagame kuko ni we mbikesha. Ni umubyeyi uharanira iterambere ry’urubyiruko.”

Musinguzi Frank yari yagejeje ikibazo kuri Perezida Kagame
Hoteli ye yamaze kuyisubizwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 15 =

Previous Post

Abaturanyi ba Kazungu ukekwaho ibyateye benshi ikikango bahishuye ibindi byabaye mbere

Next Post

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.