Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru agezweho ku musore wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo cy’umusirikare wamunyanganyije hoteli
Share on FacebookShare on Twitter

Uwagejeje ikibazo kuri Perezida Paul Kagame, ko hari umusirikare wamwambuye hoteli iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umukuru w’u Rwanda akamwizeza ko ikibazo cye kizakurikiranwa, yamaze guhabwa uyu mutungo we.

Ni ikibazo cyari cyagejejwe kuri Perezida Paul Kagame ubwo yaganiraga n’Urubyiruko rurenga ibihumbi bibiri rwari ruteraniye mu nyubako ya Intare Arena i Rusororo, ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 10 ya Youth Connekt, mu birori byabaye tariki 23 Kanama 2023.

Musinguzi Frank watangiye ashimira Perezida Paul Kagame ku miyoborere myiza, yatumye uyu musore yitinyuka agatangira ubucuruzi akiri muto, na we akaba yarizihizaga imyaka 10 amaze mu bucuruzi, yanavuze ko hari Umusirikare witwa Col (Rtd) Mabano Joseph wamwambuye Hoteli ye yari yaraguze miliyoni 210 Frw iteganye n’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu Mujyi wa Kigali.

Musinguzi Frank wavugaga ko aya mafaranga yari inguzanyo yari yafashe muri Banki, yavuze ko iyo hoteli yari yayiguze na Col (Rtd) Mabano Joseph, ati “Ariko n’uyu munsi ni we ukiyibyaza umusaruro kuva mu kwezi kwa Gatatu.”

Uyu musore yavuze ko iki kibazo yakigejeje mu nzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’ibanze kugeza ku Karere, ndetse no mu buyobozi bw’Inkeragutaraba.

Umukuru w’u Rwanda yahise asaba inzego bireba gukurikirana iki kibazo mu buryo bwihuse, ku buryo uyu musore arenganurwa mu gihe yaba yararenganye.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Niba ari byo, ibyo bizakurikiranwa, sinzi impamvu byagorana. Hari inzego z’umwuga za gisirikare ariko hari n’abashinzwe ubutabera cyangwa abashinzwe iby’amahoteli ndetse n’Akarere.”

Perezida Kagame yahise asaba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo “Ukuri kumenyekane, ikibazo kive mu nzira nta mpamvu […] Mubikurikirane mubirangize.”

Amakuru ahari ubu, aremeza ko Musinguzi Frank yamaze gusubizwa uyu mutungo we w’ubucuruzi bwakira abantu, ahazwi nko kuri Best Inn Motel.

Musinguzi yemeye aya makuru ko kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nzeri 2023, yararanye ibyangombwa cy’umutungo we, ubu akaba ari mu byishimo byinshi kandi anashimira Umukuru w’u Rwanda.

Yagize ati “Nabihawe [ibyangombwa], ndashimira Umukuru w’Igihugu Paul Kagame kuko ni we mbikesha. Ni umubyeyi uharanira iterambere ry’urubyiruko.”

Musinguzi Frank yari yagejeje ikibazo kuri Perezida Kagame
Hoteli ye yamaze kuyisubizwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Abaturanyi ba Kazungu ukekwaho ibyateye benshi ikikango bahishuye ibindi byabaye mbere

Next Post

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.