Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho ku wari Gitifu weguye avuga ko atagendana n’umuvuduko w’Igihugu

radiotv10by radiotv10
30/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yeguye avuga ko adashoboye kujyana n’umuvuduko w’Iterambere ry’Igihugu, yatawe muri yombi, hanamenyekana n’ibyo akekwaho.

Mbarushimana Ildephonse watawe muri yombi, ari mu bayobozi batandatu bo mu Karere ka Ngoma, baherutse kwandikira Komite Nyobozi y’Akarere ka Ngoma, basezera ku nshingano zabo.

Uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutenderi, yasezeye avuga ko adafite ubushobozi bwo kugendera ku muvuduko w’iterambere ry’Igihugu.

Amakuru ahari ubu, avuga ko kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, Mbarushimana Ildephonse yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rumukekaho ibyaha binyuranye, birimo kunyereza amafaranga yari agenewe abaturage.

Ibi byaha bikekwa kuri uyu wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Mutenderi, bivugwa ko akekwaho kuba yarabikoze ubwo yari umuyobozi w’Umurenge wa Zaza.

Bivugwa ko mu mafaranga akekwaho kunyereza, harimo miliyoni 1,4 Frw yagombaga guhabwa imiryango irindwi yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itifashije, yo mu bikorwa by’imishinga yo kubateza imbere.

Ni amafaranga bivugwa ko yari yashyizwe kuri konyi y’Umurenge ngo ashyikirizwe aba baturage mu rwego rwo kubafasha, ariko ntiyabageraho ahubwo uyu muyobozi arayitwarira.

Aya makuru yo guta muri yombi uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Mutenderi, yanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, wagize ati “Yatawe muri yombi ku nyungu z’abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Next Post

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yahaye impano y’imodoka umuntu w’ingenzi kuri we

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yahaye impano y’imodoka umuntu w’ingenzi kuri we

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yahaye impano y’imodoka umuntu w’ingenzi kuri we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.