Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho mu ikipe ikinamo kizigenza wa ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho mu ikipe ikinamo kizigenza wa ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Al Nassr ikinamo kizigenza muri ruhago, Cristiano Ronaldo, igiye kubona umutoza mushya, ari we Stefano Pioli watoje amakipe akomeye mu Butaliyani arimo AC Milan, bivugwa ko uyu rutahizamu w’umunyaduhigo ari na we wasabye ko uyu mutoza ari we uza muri iyi kipe.

Stefano Pioli, Umutaliyani w’imyaka 58, watoje amakipe akomeye yo mu Butaliyani nka Bologna, Lazio, Inter Milan, Fiorentina na AC Milan, ari hafi kugirwa umutoza mushya w’ikipe ya Al Nassr yo muri Arabie Saudite.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Fabrizio Romano, Umutaliyani w’inzobere mu gutangaza amakuru ajyanye no guhinduranya amakipe ku bakinnyi no ku batoza, aremeza ko byamaze kurangira, ndetse ko vuba cyane Stefano Pioli ari buze gutangazwa nk’umutoza mushya wa Al Nassr, nyuma yuko iyi kipe yirukanye uwari umutoza wayo, Umunya-Portugal Luis Castro ku ya 17 Nzeri 2024.

Nk’uko Fabrizio Romano abitangaza, Stefano Pioli, arafata indege yerekeza muri Arabie Saudite kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko aza kuba amaze gusesa amasezerano yari agifitanye n’ikipe ya AC Milan yatoje kuva ku ya 9 Ukwakira muri 2019 kugeza mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2024-2025, dore ko ku ya 24 Gicurasi muri 2024, ikipe ya AC Milan yari yatangaje ko izatandukana na we.

Stefano Pioli, wasimbuwe n’umutoza Paulo Fonseca muri AC Milan, mu buzima bwe nk’umutoza, yatwaye igikombe kimwe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani “Serie A” mu mwaka w’imikino wa 2021-2022, aho icyo gihe yanatwaye ibihembo 2 by’umutoza mwiza w’umwaka muri iyo Shampiyona, ari byo Serie A Coach of the Season 2021-2022 ndetse na Serie A Coach of the Year 2022.

Kujya muri Al Nassr kwa Stefano Pioli, bivuze ko agiye gutoza abakinnyi bakomeye barimo Aymeric Laporte, Marcelo Brozovic, Otávio da Silva Monteiro, Anderson Talisca, Sadio Mané ndetse na Kabuhariwe Cristiano Ronaldo bivugwa ko ari n’umwe mu bahisemo ko iyi kipe yazana uyu mutoza, Stefano Pioli.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Muhanga: Igikekwa ku mugabo wateye icyuma undi nyuma yo kumusanga mu kabari bareba umupira

Next Post

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Related Posts

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye bamwe mu bakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi mu mupira w’amaguru, bagirana ibiganiro byibanze mu bufatanye...

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya APR FC izakira umukino uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports, yatangaje ibiciro byo kuwinjiramo, aho itike ya macye...

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

IZIHERUKA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka
AMAHANGA

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.