Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho mu ikipe ikinamo kizigenza wa ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho mu ikipe ikinamo kizigenza wa ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Al Nassr ikinamo kizigenza muri ruhago, Cristiano Ronaldo, igiye kubona umutoza mushya, ari we Stefano Pioli watoje amakipe akomeye mu Butaliyani arimo AC Milan, bivugwa ko uyu rutahizamu w’umunyaduhigo ari na we wasabye ko uyu mutoza ari we uza muri iyi kipe.

Stefano Pioli, Umutaliyani w’imyaka 58, watoje amakipe akomeye yo mu Butaliyani nka Bologna, Lazio, Inter Milan, Fiorentina na AC Milan, ari hafi kugirwa umutoza mushya w’ikipe ya Al Nassr yo muri Arabie Saudite.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Fabrizio Romano, Umutaliyani w’inzobere mu gutangaza amakuru ajyanye no guhinduranya amakipe ku bakinnyi no ku batoza, aremeza ko byamaze kurangira, ndetse ko vuba cyane Stefano Pioli ari buze gutangazwa nk’umutoza mushya wa Al Nassr, nyuma yuko iyi kipe yirukanye uwari umutoza wayo, Umunya-Portugal Luis Castro ku ya 17 Nzeri 2024.

Nk’uko Fabrizio Romano abitangaza, Stefano Pioli, arafata indege yerekeza muri Arabie Saudite kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko aza kuba amaze gusesa amasezerano yari agifitanye n’ikipe ya AC Milan yatoje kuva ku ya 9 Ukwakira muri 2019 kugeza mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2024-2025, dore ko ku ya 24 Gicurasi muri 2024, ikipe ya AC Milan yari yatangaje ko izatandukana na we.

Stefano Pioli, wasimbuwe n’umutoza Paulo Fonseca muri AC Milan, mu buzima bwe nk’umutoza, yatwaye igikombe kimwe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani “Serie A” mu mwaka w’imikino wa 2021-2022, aho icyo gihe yanatwaye ibihembo 2 by’umutoza mwiza w’umwaka muri iyo Shampiyona, ari byo Serie A Coach of the Season 2021-2022 ndetse na Serie A Coach of the Year 2022.

Kujya muri Al Nassr kwa Stefano Pioli, bivuze ko agiye gutoza abakinnyi bakomeye barimo Aymeric Laporte, Marcelo Brozovic, Otávio da Silva Monteiro, Anderson Talisca, Sadio Mané ndetse na Kabuhariwe Cristiano Ronaldo bivugwa ko ari n’umwe mu bahisemo ko iyi kipe yazana uyu mutoza, Stefano Pioli.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Muhanga: Igikekwa ku mugabo wateye icyuma undi nyuma yo kumusanga mu kabari bareba umupira

Next Post

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.