Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho mu ikipe ikinamo kizigenza wa ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru agezweho mu ikipe ikinamo kizigenza wa ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Al Nassr ikinamo kizigenza muri ruhago, Cristiano Ronaldo, igiye kubona umutoza mushya, ari we Stefano Pioli watoje amakipe akomeye mu Butaliyani arimo AC Milan, bivugwa ko uyu rutahizamu w’umunyaduhigo ari na we wasabye ko uyu mutoza ari we uza muri iyi kipe.

Stefano Pioli, Umutaliyani w’imyaka 58, watoje amakipe akomeye yo mu Butaliyani nka Bologna, Lazio, Inter Milan, Fiorentina na AC Milan, ari hafi kugirwa umutoza mushya w’ikipe ya Al Nassr yo muri Arabie Saudite.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Fabrizio Romano, Umutaliyani w’inzobere mu gutangaza amakuru ajyanye no guhinduranya amakipe ku bakinnyi no ku batoza, aremeza ko byamaze kurangira, ndetse ko vuba cyane Stefano Pioli ari buze gutangazwa nk’umutoza mushya wa Al Nassr, nyuma yuko iyi kipe yirukanye uwari umutoza wayo, Umunya-Portugal Luis Castro ku ya 17 Nzeri 2024.

Nk’uko Fabrizio Romano abitangaza, Stefano Pioli, arafata indege yerekeza muri Arabie Saudite kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko aza kuba amaze gusesa amasezerano yari agifitanye n’ikipe ya AC Milan yatoje kuva ku ya 9 Ukwakira muri 2019 kugeza mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2024-2025, dore ko ku ya 24 Gicurasi muri 2024, ikipe ya AC Milan yari yatangaje ko izatandukana na we.

Stefano Pioli, wasimbuwe n’umutoza Paulo Fonseca muri AC Milan, mu buzima bwe nk’umutoza, yatwaye igikombe kimwe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani “Serie A” mu mwaka w’imikino wa 2021-2022, aho icyo gihe yanatwaye ibihembo 2 by’umutoza mwiza w’umwaka muri iyo Shampiyona, ari byo Serie A Coach of the Season 2021-2022 ndetse na Serie A Coach of the Year 2022.

Kujya muri Al Nassr kwa Stefano Pioli, bivuze ko agiye gutoza abakinnyi bakomeye barimo Aymeric Laporte, Marcelo Brozovic, Otávio da Silva Monteiro, Anderson Talisca, Sadio Mané ndetse na Kabuhariwe Cristiano Ronaldo bivugwa ko ari n’umwe mu bahisemo ko iyi kipe yazana uyu mutoza, Stefano Pioli.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 7 =

Previous Post

Muhanga: Igikekwa ku mugabo wateye icyuma undi nyuma yo kumusanga mu kabari bareba umupira

Next Post

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Undi mutwe wateguje Israel ko igiye kubona akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.