Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikirenga muri Iran, Ayatollah Ali Khamenei yatanze itegeko ryo gutangiza ibitero kuri Israel, nyuma y’urupfu rwa Ismael Haniyeh wari Umuyobozi wa Hamas bikekwa ko yishwe na Israel. Yari yabanje no kuvuga ko iki Gihugu cyamwivuganye kizabihanirwa.

Ni nyuma y’uko Haniyeh yiciwe i Tehran ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Iran. Iki Gihugu yiciwemo gisanzwe ari inshuti y’akadasohoka ya nyakwigendera, cyavuze ko kwihorera ku rupfu rwe ari inshingano zabo.

Mu masaha macye ashize kandi, amakuru ava mu Binyamakuru mpuzamahanga, aravuga ko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yatanze itegeko ryo gutera Israel, aho iri tegeko yaritangiye mu nama y’ikirenga y’umutekano yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Ni amakuru yemejwe na batatu bo mu nzego za gisirikare zo hejuru muri Iran, batifuje ko amazina yabo ajya hanze kuko batigeze bahabwa uburenganzira bwo gutangaza aya makuru.

Mu gihe Abanya-Iran bahise batangira gukora imyigaragambyo yamagana iyicwa rya Ismael Haniyeh, Abanya-Palestine bo muri West Bank, na bo bahise bahamagaze imyigaragambyo yo kwamaganga ubu bwicanyi.

Ibi byo kuzihorera kandi byashimangiwe n’umwe mu bayobozi bakomeye muri Hamas, wavuze ko urupfu rwa mugenzi wabo ruzasobanurwa.

Israel ntacyo irabivugaho, icyakora ibiro bishinzwe gutanga amakuru byasohoye ifoto ya nyakwigendera Haniyeh n’amagambo ugenekereje mu Kinyarwanda avuga ngo “gukurwaho”, cyangwa “guhanagura” nyuma y’amasaha macye habaye igitero yaguyemo.

Mu kwezi kw’Ukwakira 2023 ni bwo hatangiye intambara hagati ya Israel na Hamas imaze guhitana Abanya-Palestine barenga ibihumbi 39, mu gihe abandi barenga ibihumbi 91 bakomeretse.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Intandaro y’urufaya rw’amasasu rwumvikanye ku rugo rw’uwabaye Perezida wa Congo yamenyekanye

Next Post

Gisagara: Impungenge ni zose kubera agatsiko k’amabandi kadashaka ko hagira ugatunga urutoki

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Impungenge ni zose kubera agatsiko k’amabandi kadashaka ko hagira ugatunga urutoki

Gisagara: Impungenge ni zose kubera agatsiko k'amabandi kadashaka ko hagira ugatunga urutoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.