Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
UPDATE: Amakuru agezweho nyuma y’urupfu rw’Umuyobozi wa Hamas rushinjwa Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikirenga muri Iran, Ayatollah Ali Khamenei yatanze itegeko ryo gutangiza ibitero kuri Israel, nyuma y’urupfu rwa Ismael Haniyeh wari Umuyobozi wa Hamas bikekwa ko yishwe na Israel. Yari yabanje no kuvuga ko iki Gihugu cyamwivuganye kizabihanirwa.

Ni nyuma y’uko Haniyeh yiciwe i Tehran ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Iran. Iki Gihugu yiciwemo gisanzwe ari inshuti y’akadasohoka ya nyakwigendera, cyavuze ko kwihorera ku rupfu rwe ari inshingano zabo.

Mu masaha macye ashize kandi, amakuru ava mu Binyamakuru mpuzamahanga, aravuga ko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yatanze itegeko ryo gutera Israel, aho iri tegeko yaritangiye mu nama y’ikirenga y’umutekano yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Ni amakuru yemejwe na batatu bo mu nzego za gisirikare zo hejuru muri Iran, batifuje ko amazina yabo ajya hanze kuko batigeze bahabwa uburenganzira bwo gutangaza aya makuru.

Mu gihe Abanya-Iran bahise batangira gukora imyigaragambyo yamagana iyicwa rya Ismael Haniyeh, Abanya-Palestine bo muri West Bank, na bo bahise bahamagaze imyigaragambyo yo kwamaganga ubu bwicanyi.

Ibi byo kuzihorera kandi byashimangiwe n’umwe mu bayobozi bakomeye muri Hamas, wavuze ko urupfu rwa mugenzi wabo ruzasobanurwa.

Israel ntacyo irabivugaho, icyakora ibiro bishinzwe gutanga amakuru byasohoye ifoto ya nyakwigendera Haniyeh n’amagambo ugenekereje mu Kinyarwanda avuga ngo “gukurwaho”, cyangwa “guhanagura” nyuma y’amasaha macye habaye igitero yaguyemo.

Mu kwezi kw’Ukwakira 2023 ni bwo hatangiye intambara hagati ya Israel na Hamas imaze guhitana Abanya-Palestine barenga ibihumbi 39, mu gihe abandi barenga ibihumbi 91 bakomeretse.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Intandaro y’urufaya rw’amasasu rwumvikanye ku rugo rw’uwabaye Perezida wa Congo yamenyekanye

Next Post

Gisagara: Impungenge ni zose kubera agatsiko k’amabandi kadashaka ko hagira ugatunga urutoki

Related Posts

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

IZIHERUKA

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura
Uncategorized

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Impungenge ni zose kubera agatsiko k’amabandi kadashaka ko hagira ugatunga urutoki

Gisagara: Impungenge ni zose kubera agatsiko k'amabandi kadashaka ko hagira ugatunga urutoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.