Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara, yamushyikirije ubutumwa bwihariye yahawe n’Umukuru w’u Rwanda.
Ni nyuma y’ibirori by’irahira rya Alassane Ouattara byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 08 Ukuboza 2025, byanitabiriwe n’abandi banyacyubahiro, barimo Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.
Nk’uko tubikesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu Rwanda mu makuru byatangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Ukuboza 2025, Minisitiri w’Intebe yakiriwe na Alassane Ouattara.
Ibiro bya Minisitiri byatangaje ko “Nyuma y’umuhango w’irahira rya Perezida wa Côte d’Ivoire, Minisitiri w’Intebe yahuye na Perezida Alassane Ouattara, amushyikiriza ubutumwa bwihariye yagenewe na Perezida Kagame.”
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Nsengiyumva yakiriwe na Alassane Ouattara mu biro bye, aherekejwe n’Uhagarariye u Rwanda mu Bihugu birimo Côte d’Ivoire na Benin, Rosemary Mbabazi.
Alassane Ouattara w’imyaka 83 yongeye gutorerwa kuyobora Côte d’Ivoire muri manda ye ya Kane, nyuma yo kujya ku butegetsi kuva muri 2011.



RADIOTV10










