Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru arambuye ku bahanutse mu igorofa ubwo bishimiraga kureba Perezida

radiotv10by radiotv10
13/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru arambuye ku bahanutse mu igorofa ubwo bishimiraga kureba Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwihanganishije abantu 12 bahanutse mu igorofa iri i Nyabugogo ubwo bishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu ubwo yatambukaga akabasuhuza. Babiri mu bakomereye muri iyi mpanuka barwariye muri CHUK kuko barembye cyane.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023 ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yari ahinduye avuye gusura bamwe mu baturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ubwo Perezida Paul Kagame yatambukaga mu gace ka Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge, yasanze abaturage bamutegereje ari benshi bifuza kumusuhuza, na we ntiyabatenguha arahagarara, yururuka mu modoka arabaramutsa.

Abaturage bamugaragarije urugwiro n’urukundo byinshi nkuko bisanzwe, ariko bamwe kubera umubyigano wo kuba buri wese yifuzaga kwihera ijisho Umukuru w’Igihugu, byatumye baremerera ibyuma biba ku igorofa imwe y’i Nyabugogo, bituma bicika, bikubita hasi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasohoye itangazo ryo kwihanganisha abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka.

Mu itangazo ryasohotse mu ijoro ryacyeye, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatangiye bugira buti “Umujyi wa Kigali wamenye inkuru ibabaje y’abaturage bakoze impanuka ubwo bahanukaga mu igorofa kubera umubyigano mu gihe bishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu watambukaga asuhuza abaturage mu gace ka Nyabugogo, mu Karere ka Nyarugenge.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko muri iyi mpanuka hakomereyemo abantu 12, barimo abagore (4) bane n’abagabo umunani (8).

Bugakomeza bugira buti “Babiri bararembye cyane, bakaba barimo kwitabwaho mu bitaro bya CHUK.”

Ubu buyobozi busoza buvuga ko bukomeza kuba hafi aba bantu bakomerekeye muri iyi mpanuka yatewe n’umubyigano w’abishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu.

Perezida Paul Kagame ukunze gutungura abaturage akabaramutsa dore ko na bo baba bamukumbuye bifuza kumubona amaso ku yandi, yari yanasuhuje abaturage bo mu Karere ka Musanze, ubwo yari avuye mu Karere ka Rubavu, guhumuriza abagizweho ingaruka n’ibiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 5 =

Previous Post

Undi mukinnyi wari ukomeye mu ikipe y’Igihugu cy’i Burayi yasezeye ku mugaragaro

Next Post

Salima Mukansanga yongeye gukora Amateka 

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Salima Mukansanga yongeye gukora Amateka 

Salima Mukansanga yongeye gukora Amateka 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.