Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru arambuye ku bahanutse mu igorofa ubwo bishimiraga kureba Perezida

radiotv10by radiotv10
13/05/2023
in MU RWANDA
0
Amakuru arambuye ku bahanutse mu igorofa ubwo bishimiraga kureba Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwihanganishije abantu 12 bahanutse mu igorofa iri i Nyabugogo ubwo bishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu ubwo yatambukaga akabasuhuza. Babiri mu bakomereye muri iyi mpanuka barwariye muri CHUK kuko barembye cyane.

Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023 ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yari ahinduye avuye gusura bamwe mu baturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ubwo Perezida Paul Kagame yatambukaga mu gace ka Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge, yasanze abaturage bamutegereje ari benshi bifuza kumusuhuza, na we ntiyabatenguha arahagarara, yururuka mu modoka arabaramutsa.

Abaturage bamugaragarije urugwiro n’urukundo byinshi nkuko bisanzwe, ariko bamwe kubera umubyigano wo kuba buri wese yifuzaga kwihera ijisho Umukuru w’Igihugu, byatumye baremerera ibyuma biba ku igorofa imwe y’i Nyabugogo, bituma bicika, bikubita hasi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasohoye itangazo ryo kwihanganisha abagizweho ingaruka n’iyi mpanuka.

Mu itangazo ryasohotse mu ijoro ryacyeye, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatangiye bugira buti “Umujyi wa Kigali wamenye inkuru ibabaje y’abaturage bakoze impanuka ubwo bahanukaga mu igorofa kubera umubyigano mu gihe bishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu watambukaga asuhuza abaturage mu gace ka Nyabugogo, mu Karere ka Nyarugenge.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko muri iyi mpanuka hakomereyemo abantu 12, barimo abagore (4) bane n’abagabo umunani (8).

Bugakomeza bugira buti “Babiri bararembye cyane, bakaba barimo kwitabwaho mu bitaro bya CHUK.”

Ubu buyobozi busoza buvuga ko bukomeza kuba hafi aba bantu bakomerekeye muri iyi mpanuka yatewe n’umubyigano w’abishimiraga kureba Umukuru w’Igihugu.

Perezida Paul Kagame ukunze gutungura abaturage akabaramutsa dore ko na bo baba bamukumbuye bifuza kumubona amaso ku yandi, yari yanasuhuje abaturage bo mu Karere ka Musanze, ubwo yari avuye mu Karere ka Rubavu, guhumuriza abagizweho ingaruka n’ibiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

Undi mukinnyi wari ukomeye mu ikipe y’Igihugu cy’i Burayi yasezeye ku mugaragaro

Next Post

Salima Mukansanga yongeye gukora Amateka 

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Salima Mukansanga yongeye gukora Amateka 

Salima Mukansanga yongeye gukora Amateka 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.