Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko u Rwanda rwakiriye izindi doze 1 000 z’inkingo za Marburg zaje zisanga izindi ruherutse kwakira zitangwa n’Ikigo cy’Abanyamerika ‘Sabin Vaccine Institute’.

Izi nkingo zakiriwe n’u Rwanda mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda.

MINISANTE ivuga ko izi nkingo zakiriwe mu rwego rwo gukomeza gufasha u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 14.

Minisiteri y’Ubuzima igira iti “Iki cyiciro cya kabiri, cyaje gikurikira izindi doze 700 zatanzwe mbere tariki 05 Ukwakira 2024, nyuma y’icyumweru kimwe hatangajwe iyi ndwara tariki 27 Nzeri.”

Kuva izi nkingo zakwakirwa, hatangiye ibikorwa byo gukinigira, byatangiriye ku bari ku ruhembe mu rugamba rwo guhangana n’iyi ndwara ya Marburg yahitanye abiganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Minisiteri igakomeza igira iti “Kugeza ku wa Gatandatu, doze 620 zo mu cyiciro cya mbere, zamaze gutangwa.”

Imibare igaragaza uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 13 Ukwakira 2024, igaragaza ko hatanzwe izindi nkingo 49 kuri uwo munsi, aho kugeza ubu hamaze gukingirwa abantu 669.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko Ikigo Sabin Institute kiri guha inkingo u Rwanda, hagendewe ku mabwiriza n’amategeko y’ubuyobozi bwarwo.

Ivuga kandi ko iki kigo cya ‘Sabin Vaccine Institute’ gikomeje gufasha mu bikorwa by’inkingo z’icyorezo cya Marburg, kandi ko kiri kugira uruhare mu guhangana n’iyi ndwara.

MINISANTE iti “Izi nkingo zoherejwe ndetse n’izindi ngamba zo gukingira, birashimangira intambwe zikomeje guterwa n’u Rwanda mu guhangana na Virusi ya Marburg.”

Igikorwa cyo gutanga inkingo cyatangiriye ku bari ku ruhembe mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Marburg, nk’abakora mu Bitaro no mu mavuriro, biteganywa ko kizakomereza ku bandi bo mu bindi byiciro na byo bishobora kugira ibyago byo kuba bakwandura iyi ndwara.

U Rwanda rukomeje kwakira Inkingo za Marburg
U Rwanda rwakiriye izindi nkingo 1 000

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Menya abahanzi Nyarwanda bahatanye mu bihembo birimo n’abandi b’ibirangirire muri Afurika

Next Post

Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n’agasembuye yagafatiye icyemezo

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n’agasembuye yagafatiye icyemezo

Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n'agasembuye yagafatiye icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.