Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira

radiotv10by radiotv10
14/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amakuru arambuye ku nkingo za Marburg u Rwanda rumaze kwakira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko u Rwanda rwakiriye izindi doze 1 000 z’inkingo za Marburg zaje zisanga izindi ruherutse kwakira zitangwa n’Ikigo cy’Abanyamerika ‘Sabin Vaccine Institute’.

Izi nkingo zakiriwe n’u Rwanda mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda.

MINISANTE ivuga ko izi nkingo zakiriwe mu rwego rwo gukomeza gufasha u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 14.

Minisiteri y’Ubuzima igira iti “Iki cyiciro cya kabiri, cyaje gikurikira izindi doze 700 zatanzwe mbere tariki 05 Ukwakira 2024, nyuma y’icyumweru kimwe hatangajwe iyi ndwara tariki 27 Nzeri.”

Kuva izi nkingo zakwakirwa, hatangiye ibikorwa byo gukinigira, byatangiriye ku bari ku ruhembe mu rugamba rwo guhangana n’iyi ndwara ya Marburg yahitanye abiganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Minisiteri igakomeza igira iti “Kugeza ku wa Gatandatu, doze 620 zo mu cyiciro cya mbere, zamaze gutangwa.”

Imibare igaragaza uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 13 Ukwakira 2024, igaragaza ko hatanzwe izindi nkingo 49 kuri uwo munsi, aho kugeza ubu hamaze gukingirwa abantu 669.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko Ikigo Sabin Institute kiri guha inkingo u Rwanda, hagendewe ku mabwiriza n’amategeko y’ubuyobozi bwarwo.

Ivuga kandi ko iki kigo cya ‘Sabin Vaccine Institute’ gikomeje gufasha mu bikorwa by’inkingo z’icyorezo cya Marburg, kandi ko kiri kugira uruhare mu guhangana n’iyi ndwara.

MINISANTE iti “Izi nkingo zoherejwe ndetse n’izindi ngamba zo gukingira, birashimangira intambwe zikomeje guterwa n’u Rwanda mu guhangana na Virusi ya Marburg.”

Igikorwa cyo gutanga inkingo cyatangiriye ku bari ku ruhembe mu rugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Marburg, nk’abakora mu Bitaro no mu mavuriro, biteganywa ko kizakomereza ku bandi bo mu bindi byiciro na byo bishobora kugira ibyago byo kuba bakwandura iyi ndwara.

U Rwanda rukomeje kwakira Inkingo za Marburg
U Rwanda rwakiriye izindi nkingo 1 000

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Menya abahanzi Nyarwanda bahatanye mu bihembo birimo n’abandi b’ibirangirire muri Afurika

Next Post

Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n’agasembuye yagafatiye icyemezo

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n’agasembuye yagafatiye icyemezo

Umuhanzikazi Cardi B. nyuma yo gutamazwa n'agasembuye yagafatiye icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.