Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy’indege zitagira abapilote z’uruhande rwa FARDC ruhanganye n’iri huriro.
Amakuru y’urupfu rw’uyu musirikare uri mu bafite amazina akomeye muri AFC/M23 yatangiye kuvugwa mu masaaha ya mbere ya saa sita yo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare 2026.
Ikinyamakuru Bwiza gikunze gukurikirana amakuru y’urugamba ruhanganishije AFC/M23 na FARDC n’impande zifasha iki gisirikare cya Leta, kiri mu ba mbere batangaje aya makuru, cyavuze ko uyu musirikare yarasiwe mu bitero by’indege za FARDC.
Iki kinyamakuru cyavugaga ko “Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Lt. Col. Willy Ngoma, biravugwa ko yarashwe n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko uyu musirikare yarasiwe mu bitero bya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zagabye mu gace ka Rubaya.”
Amakuru kandi avugwa n’abanyamakuru bo muri DRC barimo uwitwa Daniel Michombero ukunze gutangaza inkuru zibogamiye kuri leta ya Congo, avuga ko uyu musirikare yishwe arashwe.
Uyu munyamakuru yavuze ko “Willy Ngoma, umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe w’inyeshyamba za AFC/M23, yishwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’ingabo za FARDC ku wa Kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026, ahagana saa munani n’iminota mirongo ine za mu gitondo, mu mujyi ucukurwamo amabuye y’agaciro wa Rubaya, muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru, nk’uko amakuru yo muri ako gace abivuga.”
Uyu munyamakuru yatangaje kandi hari n’abarwanyi babiri b’abacancuro b’abazungu na bo bishwe muri icyo gitero, ndetse aha biciwe hakaba hagaragaye imirambo icyenda yabonetse mu bisigazwa by’inzu.
Nanone kandi amakuru avuga ko Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, na we yakomerekejwe n’ibi bitero by’indege zitagira abapilote za FARDC.
Ikinyamakuru cyitwa Igihe na cyo cyemeje amakuru y’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, aho cyatangaje ko “Umuvugizi wa AFC/M23 ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yiciwe mu gitero cyagabwe muri santere ya Rubaya muri Teritwari ya Masisi, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri.”

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, nta ruhande na rumwe; yaba AFC/M23 na FARDC, rwari rwagira icyo rutangaza kuri aya makuru akomeje gucicikana. Igihe cyose hagira igitangazwa kiramenyeshwa abasomyi b’urubuga rwa RADIOTV10.
Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero byinshi mu bice byose by’imirwano, ibintu bigaragaza ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere imirwano.
RADIOTV10










